• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 02 Jul 2020 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Uburenge bwageze mu ntara y’Uburasirazuba, aborozi barasabwa kwirinda ingendo z’amatungo kuko uburenge bwandura vuba cyane babasaba kandi  kugira isuku ku matungo yabo, kugira ngo abafite amatungo arwaye atanduza ayandi.

Ubuyobozi bw’Akarere burasaba aborozi bose kwitwararika kuko indwara y’uburenge yandura byihuse bityo bakaba basaba abafite inka zanduye kujya bihutira kwegera abaganga b’amatungo b’Imirenge batuyemo kugira ngo babafashe bityo  amatungo yabo atazicwa n’iyo ndwara, cyane ko uburenge bushobora nogufata andi matungo Atari inka nk’ihene intama n’ingurube.

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) irasaba aborozi bo mu Rwanda by’umwihariko abo mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Kirehe gutangira kwitwararika kubera indwara y’uburenge isanzwe yibasira amatungo yongeye kugaragara mu Mirenge itangukanye y’Akarere ka Kayonza

Indwara y’uburenge iherutse kugaragara mu Rwanda mu mwaka wa 2017 ubwo yibasiraga Intara y’Uburasirazuba, icyo gihe  bivugwa ko yahombeje Leta y’u Rwanda miliyoni zigera ku 10 z’Amadorari y’Amerika (arenga miriyari 9.5 z’amafaranga y’u Rwanda) mu gihe cy’amezi ane gusa.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), kivuga ko iyi ndwara y’uburenge ikunze kwibasira Intara y’Iburasirazuba kubera ikbazo cy’abakura inka zanduye mu Bihugu bya Tanzaniya na Uganda bakazizana bakoresheje inzira zitemewe n’amategeko cyane nk’ubu turi mugihe cya Covid 19, aho imipaka ifunze bakazinyuza mu mazi nko mu Kagera gahana imbibi na Tanzaniya,  ndetse n’umugezi w’icyambu, uhuza imbibi n’Intara ya Kabare yo muri Uganda.

Izi nka zabaga ziganjemo iziba zije gucuruzwa mu Rwanda ndetse no mu bihugu bituranyi nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC)  n’u Burundi, bituma  mu mwaka w’I 2000 hafatwa hanzurwa ko uwinjije inka mu gihugu agomba kuba afite icyemezo cyo muri Laboratwari ko zapimwe ku bintu bitandukanye birimo kuba mu gace zivuyemo nta burenge bwahagaragaye mu myaka 5 ishize.

Kuri ubu imipaka ifunzwe birakekwa ko iyi ndwara yazanywe n’imbogo esheshatu ziherutse kurenga uruzitiro rwa Pariki y’Akagera zikagera mu giturage.

MINAGRI yavuze ko “ko hagaragaye ibimenyetso by’indwara y’uburenge mu nka zororerwa mu Kagari ka Kahi, Umurenge wa Gahini no mu Kagari ka Kanyinya, Umurenge wa Ndego, Akarere ka Kayonza.’’

Mu rwego rwo kurwanya iyi ndwara, kuyikumira no kwirinda ikwirakwira ryayo, Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Mukeshimana Gerardine yasabye ko hakurikizwa amabwiriza mashya, cyane ko iyi ndwara yandura vuba cyane mu gihe cy’izuba.

Minisiteri y’ubuhinzi n’Ubworozi  MINAGRI yasabye aborozi guhagarika ingendo z’amatungo (inka, ingurube, ihene, n’intama) ku mpamvu iyo ariyo yose (kororwa, kugurishwa, kubagwa,) ayo mabwiriza areba imirenge ya   Gahini, Mwiri, Murundi na Ndego yo mu Karere ka Kayonza,  mu Mirenge ya Rwimbogo, Kabarore na Kiziguro yo mu Karere ka Gatsibo no mu Mirenge ya Nasho na Mpanga yo mu Karere ka Kirehe.

Aborozi bo mu ntara y’Uburasirazuba basabwe  gukingiza inka yose yujuje amezi atandatu no kuzamura muri iyo mirenge yavuzwe yo mu Turere twa  Kirehe, Gatsibo na Kayonza twagaragayemo amatungo arwaye kugirango bakomeze kwirinda, cyane ko indwara y’uburenge yandura byihuse, bityo dukomeze kurinda amatungo yanduye ataraba menshi ndetse no gukumira kutanduza amatungo y’utundi turere tugize intara.

Aborozi bafite amatungo yagaragaje cyangwa akekwaho ibimenyetso by’indwara y’uburenge basabwe guhita bahamagara umuganga w’amatungo, Kwambara uturindantoki n’agapfukamunwa igihe cyose umuntu agiye kureba no gusuzuma itungo rirwaye. abaganga b’amatungo barasabwa kwihutira kumenyekanisha muri RAB itungo rigaragaje ibimenyetso by’indwara y’uburenge kugira ngo rikurikiranirwe hafi.

Mu gihe haba hari ubonye itungo rigaragaje ibimenyetso by’indwara y’uburenge cyangwa itungo ritazwi inkomoko mu ishyo ry’umuturanyi, arasabwa kumenyesha ubuyobozi bumwegereye.

Bitabangamiye ibiteganywa n’andi mategeko ahana mu Rwanda, umuntu wese uzakora ibinyuranyije n’ibikubiye muri iri tangazo azahanishwa ibihano bikubiye mu nging ya 134 n’iya 159 zo mu itegeko Nomero 54/2008 ryo ku wa 10/09/2008 rigenga uburyo bwo kwirinda no kurwanya indwara zandura mu matungo.

 

2020-07-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Dr Frank Habineza  we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Dr Frank Habineza we yijeje abaturage kuzabakuriraho imisoro y’ubutaka

Ubwanditsi 19 Jul 2017
Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Gufotora mu ndege byaciwe! Urw’amenyo kuri Sosiyete y’indege muri Uganda kubera gutanga amatike yandikishijwe intoke, no kugabura agatogo mu ndege, bakayirukamo

Ubwanditsi 28 Aug 2019
Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Mugisha arashinjwa kwica umugore we wari Pasiteri

Ubwanditsi 05 Oct 2017
Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse

Mu Rwanda Hagiye Gutangizwa Ikigo Giteye nka ‘Iwawa’ kizakira abakobwa n’abagore bafite imyitwarire idahwitse

Ubwanditsi 10 May 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rugiye kwizihiza umunsi w’ubwigenge bwa Afurika hibandwa ku muco wo kwigira
POLITIKI

U Rwanda rugiye kwizihiza umunsi w’ubwigenge bwa Afurika hibandwa ku muco wo kwigira

Ubwanditsi 23 May 2018
Savio afashije Amavubi yabonye umutuku kunganya na Namibia
IMIKINO

Savio afashije Amavubi yabonye umutuku kunganya na Namibia

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.
INKURU NYAMUKURU

Birakekwa ko Gen.Wilson Irategeka wari umuyobozi wa CNRD-FLN yahungiye I Burundi.

Ubwanditsi 28 Dec 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru