• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»HIRYA NO HINO»Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Indwara y’uburenge yongeye kugaragara mu Ntara y’Uburasirazuba

Ubwanditsi 02 Jul 2020 HIRYA NO HINO, Mu Rwanda

Uburenge bwageze mu ntara y’Uburasirazuba, aborozi barasabwa kwirinda ingendo z’amatungo kuko uburenge bwandura vuba cyane babasaba kandi  kugira isuku ku matungo yabo, kugira ngo abafite amatungo arwaye atanduza ayandi.

Ubuyobozi bw’Akarere burasaba aborozi bose kwitwararika kuko indwara y’uburenge yandura byihuse bityo bakaba basaba abafite inka zanduye kujya bihutira kwegera abaganga b’amatungo b’Imirenge batuyemo kugira ngo babafashe bityo  amatungo yabo atazicwa n’iyo ndwara, cyane ko uburenge bushobora nogufata andi matungo Atari inka nk’ihene intama n’ingurube.

Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) irasaba aborozi bo mu Rwanda by’umwihariko abo mu turere twa Gatsibo, Kayonza na Kirehe gutangira kwitwararika kubera indwara y’uburenge isanzwe yibasira amatungo yongeye kugaragara mu Mirenge itangukanye y’Akarere ka Kayonza

Indwara y’uburenge iherutse kugaragara mu Rwanda mu mwaka wa 2017 ubwo yibasiraga Intara y’Uburasirazuba, icyo gihe  bivugwa ko yahombeje Leta y’u Rwanda miliyoni zigera ku 10 z’Amadorari y’Amerika (arenga miriyari 9.5 z’amafaranga y’u Rwanda) mu gihe cy’amezi ane gusa.

Ikigo cy’igihugu gishinzwe guteza imbere ubuhinzi n’ubworozi (RAB), kivuga ko iyi ndwara y’uburenge ikunze kwibasira Intara y’Iburasirazuba kubera ikbazo cy’abakura inka zanduye mu Bihugu bya Tanzaniya na Uganda bakazizana bakoresheje inzira zitemewe n’amategeko cyane nk’ubu turi mugihe cya Covid 19, aho imipaka ifunze bakazinyuza mu mazi nko mu Kagera gahana imbibi na Tanzaniya,  ndetse n’umugezi w’icyambu, uhuza imbibi n’Intara ya Kabare yo muri Uganda.

Izi nka zabaga ziganjemo iziba zije gucuruzwa mu Rwanda ndetse no mu bihugu bituranyi nka Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC)  n’u Burundi, bituma  mu mwaka w’I 2000 hafatwa hanzurwa ko uwinjije inka mu gihugu agomba kuba afite icyemezo cyo muri Laboratwari ko zapimwe ku bintu bitandukanye birimo kuba mu gace zivuyemo nta burenge bwahagaragaye mu myaka 5 ishize.

Kuri ubu imipaka ifunzwe birakekwa ko iyi ndwara yazanywe n’imbogo esheshatu ziherutse kurenga uruzitiro rwa Pariki y’Akagera zikagera mu giturage.

MINAGRI yavuze ko “ko hagaragaye ibimenyetso by’indwara y’uburenge mu nka zororerwa mu Kagari ka Kahi, Umurenge wa Gahini no mu Kagari ka Kanyinya, Umurenge wa Ndego, Akarere ka Kayonza.’’

Mu rwego rwo kurwanya iyi ndwara, kuyikumira no kwirinda ikwirakwira ryayo, Minisitiri w’Ubuhinzi n’Ubworozi, Dr. Mukeshimana Gerardine yasabye ko hakurikizwa amabwiriza mashya, cyane ko iyi ndwara yandura vuba cyane mu gihe cy’izuba.

Minisiteri y’ubuhinzi n’Ubworozi  MINAGRI yasabye aborozi guhagarika ingendo z’amatungo (inka, ingurube, ihene, n’intama) ku mpamvu iyo ariyo yose (kororwa, kugurishwa, kubagwa,) ayo mabwiriza areba imirenge ya   Gahini, Mwiri, Murundi na Ndego yo mu Karere ka Kayonza,  mu Mirenge ya Rwimbogo, Kabarore na Kiziguro yo mu Karere ka Gatsibo no mu Mirenge ya Nasho na Mpanga yo mu Karere ka Kirehe.

Aborozi bo mu ntara y’Uburasirazuba basabwe  gukingiza inka yose yujuje amezi atandatu no kuzamura muri iyo mirenge yavuzwe yo mu Turere twa  Kirehe, Gatsibo na Kayonza twagaragayemo amatungo arwaye kugirango bakomeze kwirinda, cyane ko indwara y’uburenge yandura byihuse, bityo dukomeze kurinda amatungo yanduye ataraba menshi ndetse no gukumira kutanduza amatungo y’utundi turere tugize intara.

Aborozi bafite amatungo yagaragaje cyangwa akekwaho ibimenyetso by’indwara y’uburenge basabwe guhita bahamagara umuganga w’amatungo, Kwambara uturindantoki n’agapfukamunwa igihe cyose umuntu agiye kureba no gusuzuma itungo rirwaye. abaganga b’amatungo barasabwa kwihutira kumenyekanisha muri RAB itungo rigaragaje ibimenyetso by’indwara y’uburenge kugira ngo rikurikiranirwe hafi.

Mu gihe haba hari ubonye itungo rigaragaje ibimenyetso by’indwara y’uburenge cyangwa itungo ritazwi inkomoko mu ishyo ry’umuturanyi, arasabwa kumenyesha ubuyobozi bumwegereye.

Bitabangamiye ibiteganywa n’andi mategeko ahana mu Rwanda, umuntu wese uzakora ibinyuranyije n’ibikubiye muri iri tangazo azahanishwa ibihano bikubiye mu nging ya 134 n’iya 159 zo mu itegeko Nomero 54/2008 ryo ku wa 10/09/2008 rigenga uburyo bwo kwirinda no kurwanya indwara zandura mu matungo.

 

2020-07-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Ese kwihanganira abanyabyaha no kubaha ibihano bidakanganye sibyo byaba bituma abagizi ba nabi biyongera mu Rwanda?

Ubwanditsi 04 Oct 2021
Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Umubare w’abanduye Coronavirus mu Rwanda wageze kuri 60

Ubwanditsi 29 Mar 2020
RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu

RDC: Igitero Cyagabwe N’inyeshyamba Za ‘Twigwaneho Banyamulenge’ Cyaguyemo Batanu

Ubwanditsi 26 Jul 2018
Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’akarere ka Nyanza azamara igihe cy’imyaka 4

Ikipe ya Rayon Sports yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’akarere ka Nyanza azamara igihe cy’imyaka 4

Ubwanditsi 15 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu
INKURU NYAMUKURU

Village Urugwiro : Ibyemezo by’Inama y’Abaminisitiri idasanzwe yo kuri uyu wa Gatanu

Ubwanditsi 15 Sep 2018
Rutahizamu Tuyisenge Jacques yahakanye amakuru yavugwaga ko agiye kwerekeza mu ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania
Amakuru

Rutahizamu Tuyisenge Jacques yahakanye amakuru yavugwaga ko agiye kwerekeza mu ikipe ya Young Africans yo muri Tanzania

Ubwanditsi 04 Mar 2021
Musonera yirukanwe muri RNC ya Rudasingwa Theogene [ Harakekwa ubugambanyi ]
ITOHOZA

Musonera yirukanwe muri RNC ya Rudasingwa Theogene [ Harakekwa ubugambanyi ]

Ubwanditsi 06 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru