• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»René Mugenzi yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri azira kwiba amaturo ya Kiliziya, ibi bibaye nyuma yuko we na Ally Yussuf Mugenzi wa BBC bacucuye impunzi ngo barabashakira ibyangombwa

René Mugenzi yakatiwe igifungo cy’imyaka ibiri azira kwiba amaturo ya Kiliziya, ibi bibaye nyuma yuko we na Ally Yussuf Mugenzi wa BBC bacucuye impunzi ngo barabashakira ibyangombwa

Editorial 24 Oct 2020 INKURU NYAMUKURU

Kuva mu mwaka wa 2000, Rene Mugenzi na Ally Yussuf bakiriye imivumo myinshi iturutse ku bantu bashakaga ibyangombwa byo gutura mu gihugu cy’Ubwongereza kubera kubarya amafaranga menshi. Ibi babikoreye cyane cyane abana b’abakobwa aho abagerageje kubishyuza bavugaga ko ari intasi za Leta y’u Rwanda zishaka Kubica. Rene Mugenzi, Jonathan Musonera na Ally Yussuf Mugenzi, bazwiho ubwambuzi bushingiye gushukana, kugeza naho bamwe mu mpunzi bafashije iyo bahinduye umwirondoro babaka amafaranga babatera ubwoba ko bazabarega mu biro by’abinjira n’abasohoka. Ubu abenshi barashima Imana ko Rene Mugenzi yakatiwe imyaka ibiri kubera kwiba amaturo.
Mugenzi w’imyaka 44 yashinjwe ko yagiye kuri konti za Cathédrale ya Mutagatifu Batisita yarangiza agakuraho ayo mafaranga akayohereza kuri konti ye nyuma akayashora mu bikorwa by’imikino y’urusimbi yari yarihebeye.Ibikorwa by’urusimbi kandi byiyongera kukuba Rene Mugenzi akunda indaya kubi dore ko zinakosha muri icyo gihugu. Ubuzima bwa Rene Mugenzi ni ubwambuzi, kwiba, urusimbi n’indaya; maze BBC igatumira ngo ni umuntu uharanira uburenganzira bwa muntu.

Rene Mugenzi muri 2011 yatekeye umutwe inzego z’umutekano z’u Bwongereza, azibeshya ko Leta y’u Rwanda iri kumuhiga bukware ngo kuko atavuga rumwe nayo. Iki kinyoma cyageze no mu rukiko ku buryo ibinyamakuru byari byarabujijwe gutangaza amakuru ku cyaha cyo kwiba yahamijwe ngo kuko asanzwe ari umuntu utarebwa neza. Umubare munini w’ayo mafaranga yibye, yari yaratanzwe n’abakirisitu nk’ituro rigenewe ibikorwa by’ubugiraneza. Ni ituro ryatangwaga nyuma ya misa.

Urukiko rwa Norwich Crown Court ku wa Gatanu w’iki Cyumweru nibwo rwasomye umwanzuro kuri iki krego ndetse rugifataho umwanzuro. Ayo mafaranga yavuye kuri konti y’iyi cathédrale hagati ya Werurwe 2016 na Gicurasi 2018. Umushinjacyaha Chris Youell yavuze ko nta buryo bwari buriho icyo gihe bwashoboraga kubuza Mugenzi kwiyoherereza ayo mafaranga, ndetse ko yageze aho akibagirwa umubare w’ayo amaze gukura kuri konti z’iyo kiliziya.

Ibi bikorwa by’uyu mugabo byagaragaye nyuma y’uko iyi cathédrale yagenzuraga ibijyanye n’umutungo wayo imaze kunanirwa kwishyura ibikenewe mu mirimo yayo ya buri munsi. Musenyeri w’iyi Cathédrale, David Paul, yatangaje ko imyitwarire ya Mugenzi yatumye agorwa no kongera kwizera abantu. Mu 2018 ni bwo byagaragaye ko amafaranga yibwe kandi Mugenzi yahise abyemerera Polisi ataruhanyije ndetse ageze no mu rukiko muri Nyakanga uyu mwaka yemera icyaha.

Mugenzi ni umwe mu banyarwanda badahwema guharabika igihugu no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi. Mu mwaka ushize yagaragaye kuri televiziyo ya Aljazeera avuga ko yarokotse Jenoside mu gihe Se Joseph Mugenzi akekwaho uruhare muri Jenoside ndetse yahunze ubutabera, aho bikekwa ko yihishe mu Buholandi.

Ariya mafaranga Mugenzi yibye, ngo yayashoye mu mikino y’urusimbi kuko ngo arufata nk’ikiyobyabwenge kuri we kimufasha guhangana n’ibibazo byo mu mutwe. Mu rukiko havugiwemo ko Mugenzi yagerageje gushaka ubufasha kugira ngo acike ku rusimbi, ndetse ko yiyambaje abajyanama mu mitekerereze inshuro zirenga 20.

Ikindi ni uko ubu bujura bwatumye ahura n’ibibazo byinshi mu muryango, aho umwunganizi we yavuze ko umucamanza akwiye gusubika igihano cye ku buryo atajya muri gereza, dore ko ngo ubwo byatahurwaga, yahise yemerera polisi ko yibye ako kayabo.

Gusa umucamanza yabitesheje agaciro avuga ko agomba gufungirwa muri gereza mu gihe cy’amezi 27 kuko ibyo yakoze ari ugutesha agaciro icyizere yari yaragiriwe.

Umucamanza Katharine Moore yavuze ko nubwo yemeye icyaha ako kanya, igihamya ko ari umuntu w’umuhanga kandi w’imyitwarire myiza nk’uko byavuzwe n’umwunganira, kizagaragazwa n’uko azaba arangije igihano cye muri gereza.

Iyi Cathédrale yibyemo, yasabye imbabazi abakirisitu bayo ku bwo gukoresha nabi amaturo, inabamenyesha ko yashyizeho ingamba zikomeye zigamije kwirinda ko iki kintu cyazongera kubaho mu gihe kiri imbere.

Iminsi y’umujura ni 40 gusa. Hasigaye ko abo bafatanyije muri ibyo bikorwa aribo Ally Yusuf Mugenzi na Musonera nabo bashikirizwa ubutabera.

2020-10-24
Editorial

IZINDI NKURU

Burundi: Abanyamakuru bigenga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashinja LONI ubugambanyi kubera inkunga “FNUAP” yateye igitangazamakuru cy’umugore wa perezida nkurunziza

Burundi: Abanyamakuru bigenga n’abatavuga rumwe n’ubutegetsi barashinja LONI ubugambanyi kubera inkunga “FNUAP” yateye igitangazamakuru cy’umugore wa perezida nkurunziza

Editorial 09 Feb 2018
Philemon Mateke yahamagajwe mu rubanza rwa Bazeye Laforges na Nsekanabo ba FDLR

Philemon Mateke yahamagajwe mu rubanza rwa Bazeye Laforges na Nsekanabo ba FDLR

Editorial 12 Mar 2020
Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Gabiro : Perezida Kagame yaburiye abayobozi barangwa n’imikorere mibi kwitegura ibyemezo bikarishye

Editorial 20 Feb 2020
Kampala: Ahaburanira abashinjwa gushimuta Joel Mutabazi hagaragaye  iterabwoba n’uburinzi budasanzwe

Kampala: Ahaburanira abashinjwa gushimuta Joel Mutabazi hagaragaye iterabwoba n’uburinzi budasanzwe

Editorial 21 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame, yagereranije ubwimvikane buke hagati y’u Rwanda na Uganda nk’ amakimbirane ari mu muryango
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame, yagereranije ubwimvikane buke hagati y’u Rwanda na Uganda nk’ amakimbirane ari mu muryango

Editorial 16 Dec 2019
Polisi yakoze ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri
Mu Rwanda

Polisi yakoze ubukangurambaga bwo kurwanya ibyaha mu mashuri

Editorial 03 Mar 2017
Perezida Kagame yashimye uruhare rwa NBA mu guteza imbere impano z’Abanyafurika
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yashimye uruhare rwa NBA mu guteza imbere impano z’Abanyafurika

Editorial 24 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru