• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Amakipe 14 yo mu bihugu 4 birimo U Rwanda, Uganda, Kenya na Benin agiye guhatanira irushanwa ryo Kwibuka muri Volleybal   |   18 Jun 2026

  • Ishimwe Christian watandukanye na Police FC yerekeje muri APR FC yigeze gukinira asimburana na Niyomugabo Claude utarongera amasezerano   |   17 Jun 2026

  • Salomon Kalonda yatangaje ko Tshisekedi ashaka kugundira ubutegetsi, yifashishije kamarampaka   |   16 Jun 2026

  • Abahanzi b’indirimbo zo kuramya no guhimbaza Imana, Vestine na Dorcas baheruka gutandukana na MIE, bamaze kwimukira muri Canada   |   15 Jun 2026

  • Ubushinjacyaha bwise Ingabire Mwene Dusabe b’i Butamwa; Umutesi   |   15 Jun 2026

  • Ben Rutabana akomeje kuba “umugati” w’ibigarasha ngo bibone icyo bitamira   |   15 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Ubwanditsi 13 Jan 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU

Mu itangazo ryasohowe na Ambasaderi wa Leta zunze ubumwe z’Amerika mu gihugu cya Uganda, Madamu Natalie Brown yavuzeko igihugu ahagarariye kitazakurikirana ibikorwa by’amatora ateganyijwe muri iki gihugu kuri uyu wakane tariki ya 14 Mutarama 2020.

Ambasaderi Brown yagize ati “Mbabajwe no kubamenyesha icyemezo kibabaje ko Ambasade y’Amerika muri Uganda itazakurikirana ibikorwa by’amatora ya Perezida w’Amerika kuberako Komisiyo ishinzwe amatora yimye uburenganzira bwo kuyakurikirana ku kigero cya 75% ku ndorerezi zari zavuye muri Amerika. Kuba baraduhaye 15%, ntabwo twabasha gukurikirana ayo matora ku kigero cyiza kandi mu gihugu hose”

Ambasaderi Brown yavuzeko bakomeje kubaza impamvu bimwe uburenganzira ariko Komisiyo ntiyatanga ibisobanuro ahubwo itangaza umwanzuro yafashe iminsi mike mbere yuko amatora aba. Yibukije kandi ko impamvu haba indorerezi mu matora ari ukugirango barebe ko yagenze neza ko zitivanga mu bikorwa bya politiki.
Ibintu bias n’ibikomeye mu gihugu cya Uganda aho kuri uyu wa kabiri ubuyobozi bwa Uganda kuri bwategetse ko imbuga nkoranyambaga zifungwa, habura amasaha make ngo kuri uyu wa Kane hakorwe amatora ya Perezida arimo guhangana gukomeye.

Ibiro Ntaramakuru by’Abafaransa, AFP byatangaje ko Komisiyo ishinzwe itumanaho muri icyo gihugu yategetse ibigo by’itumanaho guhagarika uburyo bwose bushobora gutuma imbuga nkoranyambaga zikora ndetse n’ubundi buryo bwo guhanahana ubutumwa.
Hari umwe mu batanze amakuru wavuze ko abayobora ibigo by’itumanaho babanje guhamagarwa kuri telefone, babwirwa mu gasuzuguro ko bagomba gufunga izo mbuga nkoranyambaga.
Iryo funga ry’imbuga nkoranyambaga ni ukwihimura cyane cyane kuri Facebook iherutse gusiba konti zifite aho zihuriye na Leta n’ishyaka riri ku butegetsi NRM, Zimwe mu mbuga nkoranyambaga zafunzwe harimo Facebook, Twitter, WhatsApp, Signal na Viber.

Ambasaderi Brown yibukije abayobozi b’igihugu cya Uganda ko Amerika nta ruhande na rumwe ibogamiyeho, ko gusa ishyigikira amatora anyuze mu mucyo no mumahoro. Mu matora ya Perezida wa Uganda muri 2016, Amerika yohereje indorerezi zisaga 88. Gusa ku matora yuyu mwaka, indorerezi z’Amerika zatanze ibyangombwa byuzuye ariko bahabwa igisubizo ko batemerewe kuba indorerezi uyu mwaka.
Ntabwo ari Amerika yimwe uburanganzira gusa muri aya matora, kuko n’imiryango myinshi itegamiye kuri Leta yimwe uburenganzira kandi ari abagande. Amerika yibukije ko kwima uburenganzira abanyagihugu bwo gukurikirana amatora bigaragaza ko amatora atazaba anyuze mu mucyo.

Perezida Museveni w’imyaka 73 ahanganye bikomeye na Bobi Wine w’imyaka 36 aho urubyiruko rwinshi rwavutse Perezida Museveni ari ku butegetsi rushyigikiye bikomeye Bobi Wine, bityo bikaba byarateye imvururu zikomeye aho abagera kuri 54 bishwe n’inzego z’umutekano.

2021-01-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi

Amavubi yitegura Benin yahamagawe atarimo Sahabo na York bazize imyitwarire mibi

Ubwanditsi 28 Sep 2024
Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Icyizere cy’uko Jenoside itazongera kubaho mu Rwanda, nticyivuze ko abayigizemo uruhare cyangwa ababashyigikiye, baretse umugambi wo kurimbura u Rwanda

Ubwanditsi 07 Apr 2025
Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Abanyamatiku n’ishyari bibasiye Umunyarwandakazi Louse Mushikiwabo

Ubwanditsi 06 Apr 2023
Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Muri 1994 RTLM iti “nitwe tuvuga ukuri twumvwa na benshi” muri 2021 Rashid na Cyuma bati nitwe tuvuga ukuri kandi tugira abadukurikira benshi

Ubwanditsi 27 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CNLG:  Haribazwa impamvu  hafunzwe umwe kandi imishahara ica mu bantu benshi?
Mu Mahanga

CNLG: Haribazwa impamvu hafunzwe umwe kandi imishahara ica mu bantu benshi?

Ubwanditsi 22 Aug 2016
Abayisilamu basabwe kwishimira ko basigaye bafite uburenganzira mu Rwanda
Mu Rwanda

Abayisilamu basabwe kwishimira ko basigaye bafite uburenganzira mu Rwanda

Ubwanditsi 25 Jun 2017
Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]
IMIKINO

Rwanda Cycling Cup 2018 iratangira hibukwa Byemayire Lambert [ Ingengabihe ]

Ubwanditsi 24 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru