• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS

Umukinnyi w’umukino wo gusiganwa ku magare Uhiriwe Byiza Renus yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani aho yagiye gutangira gukinira ikipe ya Qhubeka ASSOS

Ubwanditsi 17 Mar 2021 Amakuru, IMIKINO

Uyu mukinnyi Uhiriwe Byiza Rénus wakinaga mu ikipe ya Benediction Ignite kuva mu myaka ine ishize, ari ku rutonde rw’abakinnyi bazakinira Ikipe ya Qhubeka Continental Feeder Team y’abari munsi y’imyaka 23, iyi kipe ni iyahoze yitwa MTN Qhubeka.

Byiza Renus wagiye agira ibihe byiza mu myakja ishize yerekeje mu gihugu cy’Ubutaliyani kuri uyu wa gatatu akaba agiye gukina muri iyi kipe ya Qhubeka mu gihe cy’amasezerano y’umwaka umwe yayisinyiye, ni ukuvuga aya masezerano yasinye azasozwa mu mwaka utaha wa 2022.

Muri iyi kipe Byiza yerekejemo ibarizwa mu gihugu cy’Ubutaliyani dore ko ihageze yarai isanzwe ibarizwa mu gihugu cy’Afurika y’Epfo dore ko yahavuye mu mwaka wa 2019, ikipe ya Qhubeka ubusanzwe igizwe n’abakinnyi batarengeje imyaka 23 ndetse kandi ikaba ibarwa nk’iya kabiri kuri NTT Pro Cycling iba mu Cyiciro cya mbere cy’amakipe 18 akomeye kurusha andi ku isi azwi nka ‘World Tour Teams’.

Kuba muri Qhubeka U-23 kwa Uhiriwe Byiza Rénus biramuha amahirwe yo kuzazamurwa mu ikipe nkuru ya NTT Pro Cycling, isanzwe ikina amarushanwa akomeye ku isi nka ‘Tour de France, La Vuelta Espãna na Giro D’ Italia’ itaritabirwa n’umunyarwanda na rimwe.

Uhiriwe Byiza Renus ukomoka mu karere ka Musanze, Ni umusore w’imyaka 20, mu mukino wo gusiganwa ku magare azwiho kuvuduka ahasoza (Sprint) ndetse no kugira imbaraga zo kugenda urugendo rurerure wenyine, mu bigwi ndetse n’ibihe byiza yagize mu mukino wo gusiganwa ku magare, uyu musore yegukanye Rwanda Cycling Cup y’umwaka wa 2019.

2021-03-17
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Patriots BBC yasubiriye GNBC imbere ya Perezida Kagame isoza irindi jonjora rya BAL idatsinzwe

Patriots BBC yasubiriye GNBC imbere ya Perezida Kagame isoza irindi jonjora rya BAL idatsinzwe

Ubwanditsi 23 Dec 2019
Basketball :  Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri  Zone V,  bihimuye ku ba Tanzania

Basketball : Abangavu b’u Rwanda babonye itsinzi ya mbere muri Zone V, bihimuye ku ba Tanzania

Ubwanditsi 14 Jun 2019
Areruya Joseph yegukanye ‘Tour de l’Espoir’ abona amahirwe yo kuzakina Tour de France U23

Areruya Joseph yegukanye ‘Tour de l’Espoir’ abona amahirwe yo kuzakina Tour de France U23

Ubwanditsi 05 Feb 2018
Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC

Uko byagenze ngo Byiringiro Lague wari wifujwe na Rayon Sports yerekeze muri Police FC

Ubwanditsi 07 Jan 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rugiye kwakira ibihugu 11 mu irushanwa rya Tennis ryiswe “Billie Jean Cup2023” mu Bagore
Amakuru

U Rwanda rugiye kwakira ibihugu 11 mu irushanwa rya Tennis ryiswe “Billie Jean Cup2023” mu Bagore

Ubwanditsi 02 Jun 2023
Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi  rwabohoye u Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Museveni yiyitiriye urugamba rw’Inkotanyi rwabohoye u Rwanda

Ubwanditsi 25 Jan 2018
Mu bizamini bisoza amashuli yisumbuye, ababarirwa kuri 82% nibo batsinze
Mu Mahanga

Mu bizamini bisoza amashuli yisumbuye, ababarirwa kuri 82% nibo batsinze

Ubwanditsi 18 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru