• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

  • Nyuma y’imyaka itatu Stade y’Akarere ka Gicumbi itangiye kuvugururwa, kuri ubu yemerewe kwakira imikino ya Shampiyona y’u Rwanda, BK Pro League   |   21 May 2026

  • Umutoza w’Amavubi Stephen Constantine asanga kwitwara neza k’u Rwanda bisaba gutsinda imikino yo mu rugo ngo yerekeze mu gikombe cya Afurika 2027   |   20 May 2026

  • Olivier Kwizera ari mu bakinnyi basubukuye imyitozo ya Rayon Sports yitegura guhura na APR FC ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro   |   19 May 2026

  • Rusesabagina nawe ubwe ni ikinyoma cyigendera   |   18 May 2026

  • AMAFOTO – Patriots BBC na APR WBBC begukanye igikombe cy’irushanwa ryo kwibuka mu bakina ari batatu kuri batatu   |   18 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AS Kigali yitegura umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro yasinyishije abakinnyi babiri bashya, Musanze FC yatandukanye n’abakinnyi batatu

AS Kigali yitegura umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro yasinyishije abakinnyi babiri bashya, Musanze FC yatandukanye n’abakinnyi batatu

Ubwanditsi 24 Jun 2022 Amakuru, IMIKINO

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 24 Kanama 2022, ubuyobozi bw’ikipe ya AS Kigali byamaze gutangaza ko bwagiranye amasezerano n’abakinnyi babiri bashya, abo bakinnyi ni Akayezu Jean De Dieu na Rucogoza Elias ukina mu kibuga hagati.

Binyuze ku rubuga rwayo rwa Twitter ndetse na Instagram nibwo batangaje ko bagiranye amasezerano na Akayezu Jean De Dieu wari usanzwe akinira ikipe ya Etincelles FC, ni mugihe Rucogoza Elias ukina mu kibuga hagati, yari asanzwe akina muri Bugesera FC.

Akayezu Jean De Dieu usanzwe akina ku ruhande rw’iburyo inyuma, yanyuze mu makipe atandukanye arimo ikipe ya Etincelles yari amazemo igihe, iyi yayigezemo nyuma yaho yanakiniye ikipe ya Police FC.

Rucogoza Elias we usanzwe akina mu kibuga hagati afasha abugarira mu ikipe ya Bugesera FC, yananyuze mu ikipe ya AS Muhanga yo mu majyepfo y’igihugu yanayirebe Kapiteni mbere y’uko yerekeza mu ikipe yatozwaga na Ndayiragije Etienne.

Kugeza ubu AS Kigali irimo kwiyubaka kuri aba bakinnyi babiri bahawe amasezerano y’imyaka ibiri bakinira ikipe ifashwa n’umujyi wa Kigali, irimo kwitegura gukina umukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro na APR FC.

Usibye AS Kigaki yo ikomeje kwiyubaka, ku ruhande rwa Musanze FC yo yamaze gutandukana n’abakinnyi batatu yari isanganywe, aba barimo Ndagijimana Ewing wasabye ko yatandukana na Musanze FC kubera ko atabona umwanya wo gukina.

Nyuma yo gusaba gutandana n’ubuyobozi bwa Musanze FC, Ewing wari usigaje amasezerano y’umwaka umwe yahise yemererwa n’ikipe ko amasezerano bayasesa akerekeza muyindi kipe ashaka ndetse azabonamo n’umwanya.

Abandi bakinnyi bamaze gutandukana na Musanze FC, abandi batakomezanyije n’iyo kipe ni Uzayisenga Maurice uzwi nka Jay ndetse na Niyonsenga Ibrahim uzwi ku izina rya Kibonge.

N’ubwo Musanze FC imaze gutandukana n’aba bakinnyi, hari abandi batangiye kugirana ibiganiro bari basoje amasezerano ngo barebe ko bagumana n’iyo kipe, abo bakinnyi ni Twagirimana Pacifique, Murangamirwa Serge, Habyarimana Eugene, Niyonkuru Vivien, Hategekimana Idrissa na Irokana Samason.

2022-06-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Nyuma yo gutangaza Addy Bukaraba nk’umutoza mushya wa Etoile de l’Est, yahise akoresha imyitozo bitegura kwakira Gicumbi FC

Nyuma yo gutangaza Addy Bukaraba nk’umutoza mushya wa Etoile de l’Est, yahise akoresha imyitozo bitegura kwakira Gicumbi FC

Ubwanditsi 15 Feb 2022
Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Lambert Dushimimana niwe wagizwe Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba

Ubwanditsi 05 Sep 2023
Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu

Amafoto: Rayon Sports yanganyije na Etincelles i Rubavu

Ubwanditsi 26 Apr 2018
FIilime I Bwiza Yamuritswe k’Umugaragaro Mu Nzu Mberabyombi ya  Canal Olympia

FIilime I Bwiza Yamuritswe k’Umugaragaro Mu Nzu Mberabyombi ya Canal Olympia

Ubwanditsi 16 Dec 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingingo z’Ingenzi z’Impamvu yo Gusaba Guhinduza Amazina
Uncategorized

Ingingo z’Ingenzi z’Impamvu yo Gusaba Guhinduza Amazina

Ubwanditsi 11 Apr 2021
Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2
ITOHOZA

Israel: Apotre Gitwaza yasenze hamanuka umuriro urimo abamalayika 2

Ubwanditsi 26 Sep 2016
Abakinnyi b’u Bwongereza bakoreshejwe imyitozo y’injyanamuntu n’ingabo zirwanira mu mazi.
ITOHOZA

Abakinnyi b’u Bwongereza bakoreshejwe imyitozo y’injyanamuntu n’ingabo zirwanira mu mazi.

Ubwanditsi 06 Jun 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru