• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • APR BBC yegukanye Igikombe cya Shampiyona ku nshuro ya kane yikurikiranya   |   25 Aug 2026

  • Rurageretse hagati y’ibigarasha Noble Marara na Jean Paul Turayishimye   |   24 Aug 2026

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yashyikirije ibendera ikipe y’u Rwanda y’Abagore yerekeje i Nairobi mu Gikombe cya Afurika   |   23 Aug 2026

  • Ubuyobe bw’Ubuhanuzi butuma FDLR Yitera Ikinya mu mashyamba ya DRC kugirango irebe ko yamara kabiri   |   22 Aug 2026

  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze

Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze

Ubwanditsi 15 Nov 2017 IMIKINO

Areruya Joseph Umunyarwanda ukinira ikipe ya Dimention Data, niwe wegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga mu Mujyi wa Rubavu kagana i Musanze, ku birometero 97.1 .

N’ubwo yegukanye ako gace ka Rubavu Musanze ntabashije kwambura umupira w’umuhondo Simon Pellaud wegukanye agace ka Nyanza-Rubavu akamurusha umunota umwe ku rutonde rusange rw’iri rushanwa.

Urutonde rusange rukomeje nk’uko rwari rumeze ku munsi w’ejo aho kugeza ubu, Pellaud Simon ukinira ikipe ya Illuminate yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, ari we uza ku mwanya wa mbere, akaba amaze gukoresha amasaha 10, iminota 13 n’amasegonda 47 (10h13’47″).

Akurikirwa na Areruya Joseph ukinira Dimension Data umaze gukoresha amasaha 10,iminota 14 n’amasegonda 47 (10H14’47″), hamwe na Valens Ndayisenga ukinira ikipe ya Tirol Cycling Team, umaze gukoresha 10H15’04″.

Abakinnyi 68 ni bo batangiye isiganwa babanza kuzenguruka Umujyi wa Rubavu inshuro enye.

Inshuro ya mbere iza kurangira imbere hari abakinnyi bane bayoboye barimo Mugisha Samuel, barangiza n’izi nshuro ari bo bari imbere, maze bahita bafata umuhanda wa Musanze.

Nyuma y’aho, imbere haje kuza igikundi cy’abantu 8 biganjemo aba Dimension Data barimo Areruya Joseph, Mugisha Samuel, Main Kent, Stefan de Bod, Munyaneza Didier, Nebratom, Gidei Kibrom.

Basatira Sashwara, Mugisha Samuel yaje gusubira mu gikundi, abandi bari kumwe bakomeza kuyobora isiganwa.

Bageze ku Mukamira igikundi cyatangiye gusatira abakinnyi bari bagiye imbere, igihe bari babasize kiza no kugabanuka kugera ku masegonda 20 ubwo haburaga ibirometero 20 ngo basoze.

Habura ibirometero 10 , igikundi cyaje gushyikira ab’imbere, ariko Areruya Joseph ahita yongera kujya imbere, ashyiramo amasegonda atanu, ariko barongera baramushikira bagerana mu mujyi wa Musanze, ariko abatanga kurenga umurongo.

Uko bakurikiranye mu gace Rubavu Musanze

1. Areruya Joseph (Dimension Data For Qhubeka): 2:23:25
2. Avilae Dwin Team Illuminate : 2:23:25
3. Ukiniwabo Jean Paul Rene Rwanda : 2:23:25
4. Pellaud Simon Team Illuminate : 2:23:25
5. Eyob Metkel Dimension Data For Qhubeka : 2:23:25
6. Goudinvalentin Team Haute Savoie – Auvergne Rhône Alpes : 2:23:25
7. Mebrahtom Natnael Eritrea : 2:23:25
8. Holler Nikodemus Bike Aid : 2:23:25
9. Tuyishimire Ephrem Club Les Amis Sportifs De Rwamagana : 2:23:25
10. Debretsion Aron Eritrea : 2:23:25

Uko bakurikirana muri rusange

1. Pellaud Simon (Team Illuminate) 10:13:47
2. Areruya Joseph Dimension Data For Qhubeka +1:00
3. Ndayisenga Valens Tirol Cycling Team +1:17
4. Kangangi Suleiman Bike Aid +1:21
5. Byukusenge Patrick Rwanda +1:25
6. Okubamariam Tesfom Eritrea +1:29
7. Munyaneza Didier Rwanda +1’ :29’’
8. Jeannes Matthieu Team Haute Savoie – Auvergne Rhône Alpes +1:30
9. Eyob Metkel Dimension Data For Qhubeka +1:38
10. Nsengimana Jean Bosco (Team Rwanda +2:15)

2017-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

APR FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 ishimangira umwanya wa mbere mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda

APR FC yatsinze Rutsiro FC ibitego 2-0 ishimangira umwanya wa mbere mu mikino ibanza ya shampiyona y’u Rwanda

Ubwanditsi 04 Feb 2022
De Gaulle ashobora guhagarikwa muri ruhago nyuma yo kwica amategeko nkana akagwatira muri hoteli abo yashakaga  ko bamutora

De Gaulle ashobora guhagarikwa muri ruhago nyuma yo kwica amategeko nkana akagwatira muri hoteli abo yashakaga ko bamutora

Ubwanditsi 01 Jan 2018
Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Mu isozwa rya CAVB Zone 5 Club Championship 2023 ryitabiriwe na Minisitiri Aurore Mimosa, Police VC na Pipeline WVC zegukanye ibikombe

Ubwanditsi 20 Nov 2023
Mu mukino uhuza abakinnyi b’intoranywa muri leta z’Unze Ubumwe za Amerika uzwi nka NBA All Stars2021, ikipe yariyobowe na LeBron James yatsinze iya Kevin Durant

Mu mukino uhuza abakinnyi b’intoranywa muri leta z’Unze Ubumwe za Amerika uzwi nka NBA All Stars2021, ikipe yariyobowe na LeBron James yatsinze iya Kevin Durant

Ubwanditsi 08 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya
IMIKINO

Teta yatunguwe no kubona “Velo” kuri NTV Kenya

Ubwanditsi 02 Feb 2016
Ubushinjacyaha bwasobanuye iby’ifatwa ry’ Umunyamakuru Eminente
Mu Mahanga

Ubushinjacyaha bwasobanuye iby’ifatwa ry’ Umunyamakuru Eminente

Ubwanditsi 05 Dec 2016
Umuhanda wa gari ya moshi Isaka – Kigali uratangira kubakwa uyu mwaka
INKURU NYAMUKURU

Umuhanda wa gari ya moshi Isaka – Kigali uratangira kubakwa uyu mwaka

Ubwanditsi 14 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru