• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Mu mikino ya CECAFA Kagame Cup 2026, APR FC izatangira ihura na Gor Mahia, Rayon Sports izisobanura na KVZ SC yo muri Zanzibar   |   11 Jul 2026

  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

 
You are at :Home»IMIKINO»Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze

Areruya Joseph ni we wegukanye agace ka Rubavu- Musanze

Ubwanditsi 15 Nov 2017 IMIKINO

Areruya Joseph Umunyarwanda ukinira ikipe ya Dimention Data, niwe wegukanye agace ka gatatu ka Tour du Rwanda kavaga mu Mujyi wa Rubavu kagana i Musanze, ku birometero 97.1 .

N’ubwo yegukanye ako gace ka Rubavu Musanze ntabashije kwambura umupira w’umuhondo Simon Pellaud wegukanye agace ka Nyanza-Rubavu akamurusha umunota umwe ku rutonde rusange rw’iri rushanwa.

Urutonde rusange rukomeje nk’uko rwari rumeze ku munsi w’ejo aho kugeza ubu, Pellaud Simon ukinira ikipe ya Illuminate yo muri Leta zunze ubumwe za Amerika, ari we uza ku mwanya wa mbere, akaba amaze gukoresha amasaha 10, iminota 13 n’amasegonda 47 (10h13’47″).

Akurikirwa na Areruya Joseph ukinira Dimension Data umaze gukoresha amasaha 10,iminota 14 n’amasegonda 47 (10H14’47″), hamwe na Valens Ndayisenga ukinira ikipe ya Tirol Cycling Team, umaze gukoresha 10H15’04″.

Abakinnyi 68 ni bo batangiye isiganwa babanza kuzenguruka Umujyi wa Rubavu inshuro enye.

Inshuro ya mbere iza kurangira imbere hari abakinnyi bane bayoboye barimo Mugisha Samuel, barangiza n’izi nshuro ari bo bari imbere, maze bahita bafata umuhanda wa Musanze.

Nyuma y’aho, imbere haje kuza igikundi cy’abantu 8 biganjemo aba Dimension Data barimo Areruya Joseph, Mugisha Samuel, Main Kent, Stefan de Bod, Munyaneza Didier, Nebratom, Gidei Kibrom.

Basatira Sashwara, Mugisha Samuel yaje gusubira mu gikundi, abandi bari kumwe bakomeza kuyobora isiganwa.

Bageze ku Mukamira igikundi cyatangiye gusatira abakinnyi bari bagiye imbere, igihe bari babasize kiza no kugabanuka kugera ku masegonda 20 ubwo haburaga ibirometero 20 ngo basoze.

Habura ibirometero 10 , igikundi cyaje gushyikira ab’imbere, ariko Areruya Joseph ahita yongera kujya imbere, ashyiramo amasegonda atanu, ariko barongera baramushikira bagerana mu mujyi wa Musanze, ariko abatanga kurenga umurongo.

Uko bakurikiranye mu gace Rubavu Musanze

1. Areruya Joseph (Dimension Data For Qhubeka): 2:23:25
2. Avilae Dwin Team Illuminate : 2:23:25
3. Ukiniwabo Jean Paul Rene Rwanda : 2:23:25
4. Pellaud Simon Team Illuminate : 2:23:25
5. Eyob Metkel Dimension Data For Qhubeka : 2:23:25
6. Goudinvalentin Team Haute Savoie – Auvergne Rhône Alpes : 2:23:25
7. Mebrahtom Natnael Eritrea : 2:23:25
8. Holler Nikodemus Bike Aid : 2:23:25
9. Tuyishimire Ephrem Club Les Amis Sportifs De Rwamagana : 2:23:25
10. Debretsion Aron Eritrea : 2:23:25

Uko bakurikirana muri rusange

1. Pellaud Simon (Team Illuminate) 10:13:47
2. Areruya Joseph Dimension Data For Qhubeka +1:00
3. Ndayisenga Valens Tirol Cycling Team +1:17
4. Kangangi Suleiman Bike Aid +1:21
5. Byukusenge Patrick Rwanda +1:25
6. Okubamariam Tesfom Eritrea +1:29
7. Munyaneza Didier Rwanda +1’ :29’’
8. Jeannes Matthieu Team Haute Savoie – Auvergne Rhône Alpes +1:30
9. Eyob Metkel Dimension Data For Qhubeka +1:38
10. Nsengimana Jean Bosco (Team Rwanda +2:15)

2017-11-15
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Amafoto – Kiyovu SC yerekanye abakinnyi 7 bashya izakoresha mu mwaka w’imikino wa 2023-2024

Ubwanditsi 26 Jul 2023
Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Umugabo wa Celine Dion yapfuye

Ubwanditsi 15 Jan 2016
Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021

Umutoza wa Team Rwanda Sempoma Félix yahamagaye abakinnyi 15 bazavamo abazitabira Tour du Rwanda 2021 itegerejwe muri Gicurasi 2021

Ubwanditsi 18 Mar 2021
Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Nyuma y’imyaka itatu atoza ikipe ya Manchester United, kuri iki cyumweru umutoza Ole Gunnar Solskjær yatandukanye nayo

Ubwanditsi 21 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza
Amakuru

Leceister City yatsinze Manchester City itwara igikombe cya Community shield kibanziriza itangira rya shampiyona y’u Bwongereza

Ubwanditsi 08 Aug 2021
Nta terambere rishoboka bikozwe n’umuntu umwe kabone nubwo yaba Perezida-Kagame
POLITIKI

Nta terambere rishoboka bikozwe n’umuntu umwe kabone nubwo yaba Perezida-Kagame

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Kigali : Urukiko rusubitse urubanza ruregwamo Diane Rwigara  [ AMAFOTO ]
Mu Rwanda

Kigali : Urukiko rusubitse urubanza ruregwamo Diane Rwigara [ AMAFOTO ]

Ubwanditsi 06 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru