• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Ikipe ya AS Muhanga yarwaje Koronavirusi abakozi bayo 12 barimo abakinnyi 10 , ni mu gihe habura iminsi itanu ngo hasubukurwe shampiyona y’u Rwanda.

Ubwanditsi 26 Apr 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Ikipe ya AS Muhanga yo mu ntara y’amajyepfo mu karere ka Muhanga yarwaje abakozi bayo 12 mu gihe hitegurwa isubukurwa rya shampiyona y’u Rwanda ya 2020-2021, ubu burwayi kandi bukaba bwatumye umukino wa gicuti bari bafite na Sunrise usubikwa.

Aya makuru yo kwandura kw’aba bakozi kwemejwe n’ushinzwe ubuzima bw’iyi kipe (Team Manager) Robert mu kiganiro yagiranye na Radio Flash FM mu gitondo cyo kuri uyu wa mbere mu kiganiro Porogaramu Umufana.

Robert yagize ati “nkuko mubizi bijyanye n’ibihe bidasanzwe iyo hagiye kuba umukino, mu mategeko dusabwa kubanza kwipimisha mbere ya match (umukino) byibuze y’amasaha atatu, natwe twarapimishije ejo ku isaha ya saa tatu, dusanga hari abakinnyi banduye, ni abakinnyi 10 ndetse naba Kit manager 2, ubwo bose hamwe bakaba 12.”

Abajijwe icyahise gikurikiraho uyu muyobozi yavuze ko abo basanze banduye bashyizwe mu kato ukwabo ndetse abandi bazima bo bakaba bagumye aho basanzwe babarizwa mu mwiherero.

Ubu bwandu bugaragaye muri AS Muhanga mu gihe habura iminsi mike ngo shampiyona ikinwe, gusa mu mategeko agenga iyi shampiyona hakaba harimo itegeko rivuga ko ikipe yagize abakinnyi banduye koronavirusi ariko ikaba ifite abakinnyi 16 barimo n’umunyezamu bemerewe gukina iri rushanwa.

Ku ruhande rw’iyi kipe ngo ntampungenge zihari z’uko bashobora kutazitabira iri rushanwa kuko bafite abakinnyi 29 bandikishije, ubwo bivuze ko mu gihe abo bakinnyi 10 banduye koronavirusi bataboneka iyi kipe yasigarana abakinnyi 19 izakoresha muri iyi shampiyona.

Ikipe ya AS Muhanga iri kwitegura isubukurwa rya shampiyona izakinwa guhera tariki ya 2 Gicurasi ikaba igomba gutangira ikina na Bugesera FC, mu itsinda rya mbere iherereyemo ikaba kandi iri kumwe na APR FC ifite igikombe cya shampiyona iheruka ndetse na Gorilla FC yazamutse mu cyiciro cya mbere uyu mwaka w’imikino wa 2020-2021.

2021-04-26
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Uko Umukino wahuzaga Amavubi na Sudani  wahagaritswe kubera imvururu mu kibuga

Uko Umukino wahuzaga Amavubi na Sudani wahagaritswe kubera imvururu mu kibuga

Ubwanditsi 07 Jan 2018
Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000

Ku wa 12 Mata 1994: Umunsi kuri Paruwasi ya Musha hiciwe Abatutsi basaga 6,000

Ubwanditsi 12 Apr 2018
Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Umunyamabanga wa Leta muri Minisiteri y’Urubyiruko n’Umuco Bamporiki Edouard yashimye inganzo ya Niyo Bosco wasohoye indirimbo nshya yitwa ‘Piyapuresha’

Ubwanditsi 14 Jul 2021
Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Ikipe ya Mukura VS yahagaritse abakinnyi batanu bakekwaho imyitwarire itari myiza inabasaba kuva mu mwiherero wayo.

Ubwanditsi 16 May 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Burundi: Haribazwa niba abagize ihuriro CNARED bahunze bagiye gutaha
Mu Mahanga

Burundi: Haribazwa niba abagize ihuriro CNARED bahunze bagiye gutaha

Ubwanditsi 08 Oct 2019
Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga
HIRYA NO HINO

Umusore washakaga guha Zari impano y’imodoka yahuriye n’akaga ku mbuga nkoranyambaga

Ubwanditsi 14 May 2018
Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we
Amakuru

Ibyo mutamenye ku buzima bwa Ingabire Victoire Umuhoza n’umuryango we

Ubwanditsi 07 Jun 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru