• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Sanchez Vergara Brayan Stiven yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2021 kavaga i Kigali kerekeza i Rwamagana, umunyarwanda wa hafi yabaye uwa 14.

Sanchez Vergara Brayan Stiven yegukanye agace ka mbere ka Tour du Rwanda 2021 kavaga i Kigali kerekeza i Rwamagana, umunyarwanda wa hafi yabaye uwa 14.

Ubwanditsi 02 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Guhera kuri iki Cyumweru tariki ya 2 kugeza ku ya 9 Gicurasi 2021, mu Rwanda hatangiye isiganwa rizenguruka igihugu “Tour du Rwanda” ririmo kuba ku nshuro yaryo ya 13 kuva ribaye mpuzamahanga, agace ka mbere kavaga i Kigalie kerekeza mu karere ka Rwamagana ku ntera y’ibilometero 115 na metero 600, aka gace kakaba kegukanywe n’umunya Columbia Sanchez Vergara Brayan Stiven.

Aka gace kahagurukiye kuri Kigali Arena ahagana mu masaha y’i saa yine nibwo abakinnyi baturutse mu makipe 15 yitabiriye iri siganwa bahagurutse, mu nzira bagenda bakaba bakomeje kugendana nk’igikundi cyagendaga cyigabanyamo ibice bitandukanye, gusa muri iyi nzira ikaba yihariwe cyane n’ikipe ya Medellin ihagarariye igihugu cya Columbia.

Abasiganwa bageze mu mujyi wa Rwamagana bakaba bagombaga kuzenguruka uyu mujyi incuro 10 zigongera ku ntera ya Kigali – Rwamagana, aba bakomeje n’ubundi kugendera mu gikundi kugeza ubwo bageze aho basoreza umugabo ukinira ikipe ya Medellin Sanchez Vergara Brayan Stiven ariwe wegukanye aka gace ka mbere n’ubwo abakinnyi 44 bakoresheje ibihe bingana.

Sanchez Vergara akaba yakoresheje igihe kingana n’amasaha abiri, iminota mirongo itatu n’itatu n’amasegonda mirongo ine n’itatu (2h33’43”), yakurikiwe kandi na Alex Hoehn ukinira ikipe ya Wildlife Generation Pro Cycling yo muri Leta z’Unze Ubumwe z’Amerika, ni mu gihe umwanya wa gatatu wo wegukanywe nanone n’umunya Columbia nawe ukinira ikipe ya Medellin Weimar Alfonso Roldán.

Ku bakinnyi b’abanyarwanda baje hafi, Hakizimana Seth ukinira ikipe ya Skol Adrien Cycling Academy, uyu akaba yje ku mwanya wa 13, Uhiriwe Byiza Renus ukinira Benediction Club yaje ku mwanya wa cumi na kane naho Byukusenge Patrick nawe bakinana muri Benediction yashoje ku mwanya wa mirongo itatu na gatatu.

Abakinnyi b’abanyarwanda barimo Mugisha Samuel, Nsengimana Jean Bosco batwaye Tour du Rwanda mu myaka ishize nabo bakaba bahagereye rimwe n’igikundi cyari kiyobowe na Sanchez Vergara.

Nyuma yo gusoreza i Rwamagana, abasiganwa bagomba kurara mu mujyi wa Kigali aho bitegura ko kuri uyu wa mbere tariki ya 3 Gicurasi 2021 bagomba guhagurukira ku nyubako ya MIC mu mujyi berekeza i Huye mu nta r’amajyepfo, abasiganwa bakaba bazakora urugendo rungana na Kilometero 120 na metero 500.

2021-05-02
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Champions League: FC Barcelone yasezereye Man Utd iyinyagiye, Juventus ikurwamo na Ajax (Amafoto)

Ubwanditsi 17 Apr 2019
Charlotte Mukankusi wirirwa akoronga ajya yibuka ko amaherezo agatsiko ke ka RNC kazabazwa urupfu rw’inzirakane zazize gerenade zabo?

Charlotte Mukankusi wirirwa akoronga ajya yibuka ko amaherezo agatsiko ke ka RNC kazabazwa urupfu rw’inzirakane zazize gerenade zabo?

Ubwanditsi 05 Oct 2020
Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Niba Tshisekedi adafitiye icyizere bagenzi be bo mu karere, nihe handi azakura ibisubizo?

Ubwanditsi 30 Nov 2024
Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Mpamo Thierry ‘Tigos’ yongeye gutorerwa kuyobora ishyirahamwe ry’Imikino y’abakozi mu Rwanda (ARPST) mu gihe cy’imyaka itatu iri imbere

Ubwanditsi 31 Jan 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou
Amakuru

Ikipe ya Bugesera FC yatangaje ko kubwumvikane bw’impande zombi yatandukanye n’uwari umutoza wayo Mbarushimana Abdou

Ubwanditsi 18 Jan 2022
Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside
Mu Mahanga

Booh-Booh n’iby’imyitozo y’Interahamwe, ARDHO yakomoje kuri Jenoside

Ubwanditsi 13 Apr 2016
Amafoto – Lionel Messi yegukanye igihembo cya Ballon d’Or 2021 aba uwa mbere ufite ugize nyinshi, aho kugeza ubu yujuje iya 7
Amakuru

Amafoto – Lionel Messi yegukanye igihembo cya Ballon d’Or 2021 aba uwa mbere ufite ugize nyinshi, aho kugeza ubu yujuje iya 7

Ubwanditsi 30 Nov 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru