• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ally Bizimungu wahawe gutoza Etincelles yatsinzwe umukino we wa mbere na As Kigali , Police yatsindiye Musanze iwayo – Uko imwe mu mikino y’umunsi wa gatatu yagenze.

Ubwanditsi 08 May 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatanu tariki ya 7 Gicurasi 2021 hakinwaga umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda, Primus National League, mu mikino yaraye ibaye ikipe ya AS Kigali ikomeje urugendo rwayo rwo kwitwara neza kuko kugeza ubu yujuje umukino wa gatatu itsinze, ni mu gihe kandi Police FC yo yagiye gutsindira Musanze iwayo.

Duhereye ku mukino wabereye mu mujyi wa Kigali kuri Sitade Amahoro i Remera, ikipe y’abanyamujyi yari yakiriye ikipe ya Etincelles yo mu karere ka Rubavu mu ntara y’i Burengerazuba, muri uyu mukino wo mu itsinda rya C ikipe ya As Kigali niyo yatangiye neza uyu mukino kuko ubwo hari ku munota wa 26 w’umukino rutahizamu wayo w’Umurundi Hussein Tchabalala nibwo yafunguye amazamu.

Iyi kipe yari mu rugo yakomeje kwitwara neza ndetse mu minota ine yakurikiyeho yahise itsinda ikindi gitego cya kabiri nacyo cyatsinzwe na Tchabalala wagaragaje urwego rwo hejuru muri uyu mukino nubwo yanyuzagamo agahusha bimwe mu bitego benshi barebaga uyu mukino bari baziko ashobora kubitsinda.

Igice cya mbere cy’uyu mukino cyarangiye ikipe ya AS Kigali iyoboye ku bitego bibiri ku busa, gusa bavuye ku ruhuka ubwo hari ku munota wa 64 rutahizamu wa Etincelles Ibrahim Hassan yatsinze igitego kimwe cyo kwishyura, ari nako umukino warangiye ari ibitego bibiri bya AS Kigali kuri kimwe cya Etincelles.

Gutsinda uyu mukino ku ikipe ya AS Kigali byatumye ikomeza kuyobora iri tsinda n’amanota 9 kuko imikino yayo yose yayitsinze uko ari itatu imaze gukina, naho ikipe ya Etincelles yo iheruka guhabwa umutoza Bizimungu Alli mu gihe cy’amezi abiri iri ku mwanya wa nyuma aho kugeza ubu nta nota na rimwe ifite ikaba irimo umwenda w’ibitego icyenda.

Muri iri tsinda rya C kandi ikipe ya Musanze FC itozwa na Seninga Innocent yaraye itsindiwe mu rugo n’ikipe ya Police FC igitego kimwe ku busa, iyi kipe itozwa na Harangingo Francis yo yatsindiwe na Harerimana Obed uzwi nka Drogba wakinaga n’ikipe yahozemo mbere y’uko aza muri Police FC.

Indi mikino yaraye ibaye ni iyo mu itsinda rya D, ikipe ya Marines FC yari yakiriye Mukura VS i Rubavu maze amakipe yombi anganye ubusa ku busa, ni mu gihe kandi i Nyagatare ikipe ya Sunrise FC yatsinze ikipe ya Espoir ibitego bibiri ku busa.

Kugeza ubu muri iri tsinda ikipe ya Espoir iyoboye n’amanota atandatu, Marines na Sunrise zinganya amanota ane naho ikipe ya Mukura VS yo ifite amanota abiri.

Kuri uyu wa gatandatu imikino y’umunsi wa gatatu wa shampiyona y’u Rwanda irakomeza aho imikino ikinwa mu buryo bukurikira:

Gasogi United Vs Kiyovu SC

Bugesera FC VS APR FC

Rutsiro FC VS Rayon Sports

Gorilla FC VS AS Muhanga

 

 

 

 

 

 

 

 

 

2021-05-08
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Umukobwa wa Peresida Museveni yasezeranye ku mugaragaro n’ umusore w’ umusirikare ushagawe n’ abarinzi benshi

Umukobwa wa Peresida Museveni yasezeranye ku mugaragaro n’ umusore w’ umusirikare ushagawe n’ abarinzi benshi

Ubwanditsi 30 May 2017
Ibitego 44 nibyo byabonetse ku munsi wa mbere w’imikino y’amatsinda ya UEFA Champions League

Ibitego 44 nibyo byabonetse ku munsi wa mbere w’imikino y’amatsinda ya UEFA Champions League

Ubwanditsi 16 Sep 2021
Imodoka ya Rayon Sports yabaye iciro ry’umugani yagaruwe mu muhanda igeze mu Nzove yakiranywa amashyi n’impundu

Imodoka ya Rayon Sports yabaye iciro ry’umugani yagaruwe mu muhanda igeze mu Nzove yakiranywa amashyi n’impundu

Ubwanditsi 19 Apr 2019
Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

Umuryango wa Col Ruhinda umeze neza mu Rwanda nyuma yuko ibigarasha bikwirakwije ibinyoma ko waburiwe irengero 

RUSHYASHYA 29 Oct 2025

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken
Amakuru

Imiryango y’abishwe na FLN n’abo yakoreye ubundi bugome bakwiye kugirana umubonano na Antony Blinken

Ubwanditsi 29 Jul 2022
Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside
Amakuru

Umwihariko w’umwicanyi rurangiranwa Jean Baptiste Gatete wise ubuhiri “nta mpongano y’umwanzi” bwamaze Abatutsi muri Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2022
U Burundi bwiyemeje kwiyegereza  abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare
INKURU NYAMUKURU

U Burundi bwiyemeje kwiyegereza abacanshuro bo mu Burusiya mu bijyanye n’imyitozo ya Gisilikare

Ubwanditsi 31 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru