• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

“Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”. Iyo Idamande Yvonne na Aimable Karasira bumva impanuro, ntibaba bafunze”-Umusomyi wa Rushyashya

Editorial 02 Jun 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Rwanda

Umunyabwenge yaciye umugani ati:”Nyamwanga kumva ntiyanze no kubona”, yaciraga amarenga abigira intumva, ko amaherezo bumvishwa n’iminsi.

Yvonne Idamange na Aimable Karasira ubu bari mu maboko y’ubutabera, aho bakurikiranyweho guhakana no gupfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse n’imvugo zishishikariza abaturage kwigomeka ku butegetsi.

Yvonne Idamange we yamaze kugezwa imbere y’abacamanza akaba ategereje urubanza mu mizi yarwo, naho Aimable Karasira aracyari mu maboko y’ubugenzacyaha kuko idosiye ye igitunganywa ngo ishyikirize Ubushinjacyaha . Aba bavandimwe bombi bafashwe nyuma yo kwihanangirizwa kenshi, ariko bica amatwi.

Iyo urebye imyitwarire y’aba bantu bombi, kimwe n’abameze nkabo ariko bakidegembya, ukuramo amasomo atari make, yagufasha kumenya uko wabana neza n’amategeko, aho kuba “nyir’irikirimi kibi watanze umurozi gupfa”.

1.Ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo ntibivuze ubwigomeke. Nibyo, Itegeko Nshinga tugenderaho ryemerera buri wese ubwo bwisanzure, ariko abenshi ntibaha agaciro ingingo yaryo ya 34, ivuga ko ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo butagomba kubangamira ubw’abandi. Kubirengaho rero ni ukwiharurira inzira ikujyana i Mageragere n’ahandi hasa nka ho.

2. Bakoshya ko uri intwari rwamara kurema bakagutererana. Hari abantu bemera gushukwa, bibeshya ko amahanga, imiryango ”iharanira uburenganzira bwa muntu”, n’abandi ba gashozantambara bazabatabariza igihe ubutabera buzaba bukora akazi kabwo. Ifatwa rya Karasira na Idamange riratwereka ko ibyiza ari ukubaha amategeko y’Igihugu, kuko iyo byagukomeranye abakubeshyaga ko uri igitangaza, ntacyo baba bakikumariye.

3. Urebye umubare w’abaturage basabye inzego za Leta gukurikirana Yvonne Idamange, Aimable Karasira, n’ababaha urubuga mu bitangazamakuru ngo baroge rubanda, bikwereka ko Abanyarwanda bamaze kumenya gutandukanya ikibi n’icyiza. Ntibifuza icyabasubiza mu ntambara n’andi madidane, akuruwe n’abiyita abanyamakuru, impirimbanyi za demokarasi n’uburenganzira bwa muntu. Ni ikimenyetso cy’abaturage batifuza inyangabirama.

4. Inzego z’ubutabera mu Rwanda, cyane cyane Urwego rw’Igihugu Rushinzwe Ubugenzacyaha, zishyira imbere kwigisha no gufasha abaturage kwirinda guhanwa. Twese twabonye ko zidahutiraho mu guta muri yombi abitwaza ubwisanzure bwo gutanga ibitekerezo bagakora ibyaha, ahubwo zitanga umwanya wo kwikosora. Nka Karasira yarigishijwe, asabwa kureka gukwirakwiza uburozi, ariko arinangira. Idamange nawe yafashwe amaze gusohora video ebyiri zuzuyemo uvuvunderi busenya ubumwe bw’Abanyarwanda. Umwanya wo kwikosora ntibawukoresheje neza, none ingaruka zatangiye kubageraho.

5. Abatarafatwa bagombye guhindura ingendo, kuko byagaragaye ko kuba umunyamakuru cyangwa umunyapolitiki wo muri ”opozisiyo” bitaguha ubudahangarwa imbere y’amategeko. Abaturage banyuranye bamaze iminsi binubira ibikorwa by’abantu nka Agnès Uwimana, Niyonsenga Dieudonné, Ingabire Victoire, Ntaganda Bernard n’izindi nkozi z’ibibi. Aba bantu bigize indakoreka, kugeza n’aho ibimenyetso simusiga bigaragarije ko bakorana n’imitwe y’iterabwoba nka FDLR, FLN n’iyindi.

Umwanzuro.

Aya masomo rero n’andi menshi twavanye mu ifatwa rya Idamange Yvonne na Aimable Karasira, atwereka ko uRwanda rwarenze ibyo gutinya igitutu cy’abanyamahanga. Abibwira ko rukiri urwo kwa Kinani rwahabwaga amategeko y’imyitwarire, baradindiye mu myumvire. Nta rubuga rw’abangiza rukiri mu Rwanda, ahubwo buri muturage asabwa kuba itegeko, hagamijwe kubaka uRwanda twibonamo twese.

Rutagengwa Amin

Umusomyi wa Rushyashya

 

 

2021-06-02
Editorial

IZINDI NKURU

Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda

Iya 11 Gicurasi 1994: Akanama k’umutekano ka Loni kasabye Umunyamabanga Mukuru kohereza ingabo mu Rwanda

Editorial 11 May 2018
Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira  abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Paul Kagame yatorewe kuyobora u Rwanda indi myaka irindwi, ashimira abo bahatanaga ko ‘bagerageje’

Editorial 05 Aug 2017
Umuherwe Howard Buffet,   Sean Penn na Lupita Nyong’o mu bamaze kwemeza ko bazitabira Kwita Izina

Umuherwe Howard Buffet, Sean Penn na Lupita Nyong’o mu bamaze kwemeza ko bazitabira Kwita Izina

Editorial 30 Aug 2017
Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Gambia: Ingabo z’amahanga ziyemeje gukura Kungufu Yahya Jameh ku butegetsi adashaka kurekura

Editorial 19 Jan 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

CAF yahagaritse umutoza n’abakinnyi babiri ba Costa de Sol izakina na Rayon Sports
IMIKINO

CAF yahagaritse umutoza n’abakinnyi babiri ba Costa de Sol izakina na Rayon Sports

Editorial 05 Apr 2018
Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75
Amakuru

Mu mukino wakurikiwe na Perezida Paul Kagame, Tunisia yegukanye igikombe cya Afrobasket cyaberaga mu Rwanda, ni nyuma yo gutsinda ikipe ya Côte d’Ivoire amanota 78 kuri 75

Editorial 06 Sep 2021
Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya
UBUKUNGU

Ubujura bukoresheje ikoranabuhanga… Icyaha gishya cyo kumenya

Editorial 14 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru