• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Abatekamutwe baragwira, Noneho Freeman Bikorwa ngo yavumbuye umuti wa Sida!

Ubwanditsi 30 Jun 2021 Amakuru, ITOHOZA, Mu Mahanga

Twari tumenyereye uyu murwayi wo mu mutwe, Freeman Bikorwa Singirankabo, mu mateshwa yo kwirirwa atuka uRwanda, ahakana anapfobya Jenoside yakorewe Abatutsi, ariko noneho aratwumije. Ubu arakwiza ku mbuga nkoranyambaga ko yavumbuye umuti wa Sida, akaba ngo akeneye abanyampuhwe bamufasha kuwugerageza, mbere yo kuwushyira ku isoko.

Abinyujije ku rubuga rwitwa”go fund me”, uyu mutekamutwe yatangije gusabiriza amafaranga ngo yo gukorera igerageza ry’umuti we ku bantu 4 bafite virusi itera Sida, umwe wo muri Canada, uwo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, uwo ku mugabane w’Uburayi n’uwo muri afrika. Magingo aya amaze kubona amadolari 600, ariko ngo akeneye ibihumbi 200 by’amadolari!

Twababwiye kenshi ko aba bantu birirwa basakuza ngo bararwanya uRwanda ari inkorabusa, abamamyi bishakira amaramuko binyuze mu buhemu, none dore Bikorwa Singirankabo arabishimangiye. Uretse kwishakira abadashishoza ngo bamuhe udufaranga twamusunika iminsi, yavumbuye umuti wa Sida abikomora ku buhe buhanga afite? Yakoranye n’ikihe kigo cy’ubushakashatsi cyangwa uwuhe muganga?

Birasekeje kubona hari abagishukwa n’abantu nka Freeman Bikorwa, bakabaha amafaranga nk’aba bamuhaye amadolari 600. Biranatangaje kandi kuko atari Freeman Bikorwa ugaragayeho ubusambo gusa. Mu minsi ishize mwumvise uwitwa René Mugenzi ufungiye mu Bwongereza, nyuma yo guhamwa n’ubujura yakoreye itorero yabeshyaga ko ari umukristu, n’impirimbanyi y’uburenganzira bwa muntu.

Ntiyatinze kwerekana ko ko ubunyangamugayo ntabwo yigeze.
Umutangabuhamya mu rubanza rwa Paul Rusesabagina yasobanuye uko Rusisibiranya yakusanyije amamiliyoni y’ amadolari, abeshya abagiraneza ko agiye gufasha imfubyi n’abapfakazi, yose agashirira mu gifu cye no mu bikorwa by’iterabwoba, bitanamuhiriye.
Abakoranye na Kayumba Nyamwasa muri cya kiryabarezi RNC, bamushinje kenshi kubaka amafaranga menshi ngo agiye gufata ubutegetsi mu Rwanda, yarangiza akiguriramo za rukururana, abo yohereje mu mashyamba ya Kongo bicira isazi mu jisho.

Ingero ni nyinshi zigaragaza ko abiyita ko bari muri “opozisiyo” ari ba mpemukendamuke, kuko politiki bakina ari iy’inda gusa. Ni ngombwa rero ko gukomeza kuburira Abanyarwanda, cyane cyane urubyiruko, bakima amatwi aba bashukanyi, kuko nta cyiza bateganyiriza u Rwanda.

Ni abanyoni butwi, babasahura imitungo, barangiza bakabashora mu ntambara bazi neza ko badashobora gutsinda,kuko nta mpamvu, nta n’ubushobozi bafite.

2021-06-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Habura iminsi 5 ngo inama y’intekorusange idasanzwe ya Rayon Sports ibe, Paul Muvunyi wari wayitumije yayisubitse

Habura iminsi 5 ngo inama y’intekorusange idasanzwe ya Rayon Sports ibe, Paul Muvunyi wari wayitumije yayisubitse

Ubwanditsi 17 Nov 2025
Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Perezida Kagame yitabiriye imurikwa ry’ikiganiro agaragaramo atembera ibice nyaburanga by’u Rwanda (Amafoto)

Ubwanditsi 24 Apr 2018
Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA

Mu mukino Mali yatsinzemo u Rwanda 3-0 ikabona na tike yo gukomeza mu kindi kiciro, kapiteni Haruna Niyonzima yashimwe na FERWAFA

Ubwanditsi 12 Nov 2021
Dr Sezibera Richard yatorewe gusimbura Senateri Mucyo

Dr Sezibera Richard yatorewe gusimbura Senateri Mucyo

Ubwanditsi 01 Dec 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakanguriye Abatuye Iburasirazuba gutinyuka gusohokera muri EPIC Hotel
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yakanguriye Abatuye Iburasirazuba gutinyuka gusohokera muri EPIC Hotel

Ubwanditsi 02 Mar 2018
U Rwanda mu nzira yo kwiyubaka rwagiye ruterwa amacumu atari make hirya no hino –Kagame   
UBUKUNGU

U Rwanda mu nzira yo kwiyubaka rwagiye ruterwa amacumu atari make hirya no hino –Kagame   

Ubwanditsi 06 Oct 2019
Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza
INKURU NYAMUKURU

Itangazamakuru rya Uganda mu kugoreka nkana ukuri ku iyicwa rya Camille Nkurunziza

Ubwanditsi 05 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru