• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Mu gihe habura iminsi 7 ngo irushanwa rya CECAFA U23 ribe, umwiherero w’Ikipe y’Igihugu wasojwe kubera ubwiyongere bwa koronavirusi

Editorial 10 Jul 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri uyu wa gatandatu hasojwe umwiherero w’Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 23 yagombaga kwitabira imikino ya CECAFA U23 yagombaga kubera mu gihugu cya Ethiopia.

Nyuma y’icyemezo cyo guhagarika imyiteguro y’amakipe yagombaga guhagararira u Rwanda mu mikino mpuzamahanga iteganyijwe muri uku kwezi aho Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 23 yagombaga kwitabira irushanwa rya CECAFA U23 rizabera muri Ethiopia guhera ku itariki ya 17 Nyakanga ndetse na Scandinavia WFC yagombaga guhagararira u Rwanda mu irushanwa ryo gushaka itike ya CAF WCL yagombaga kubera muri Kenya,
Perezida wa FERWAFA bwana MUGABO N. Olivier aherekejwe n’Umunyamabanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo bwana SHEMA MABOKO Didier bari kumwe na Visi Perezida wa FERWAFA bwana HABYARIMANA Marcel ndetse n’Umunyamabanga Mukuru wa FERWAFA bwana UWAYEZU François Régis basuye abari bagize umwiherero w’Ikipe y’Igihugu y’abatarengeje imyaka 23 wari uri kubera muri Hilltop Hotel.

Mu ijambo rye, Perezida wa FERWAFA yasabye abakinnyi kwihanganira iki kemezo ahubwo bagaharanira gukora cyane kandi bafite ubuzima bwiza kugirango bakomeze gutera imbere mu mwuga bahisemo wo gukina umupira w’amaguru cyane ko bose bakiri bato.

Yagize ati: ‘‘Ikifuzo cyacu mbere na mbere cyari icy’uko mujya guhatana mugatsinda kuko ubwo bushobozi tububabonamo. Kutitabira iri rushanwa birababaje ariko ubuzima bw’abantu nibwo buza imbere y’ibindi byose. Kutitabira irushanwa biratubabaje ariko ndabasaba ko mugira umuhate mugakora cyane kugirango ahazaza hanyu mu mupira w’amaguru habe heza. Mukomere cyane kandi mwihanganire izo mpinduka kandi mukomeze mwirinde aho mugiye mu miryango yanyu.’’

Umunyambanga Uhoraho muri Minisiteri ya Siporo, bwana SHEMA Maboko Didier nawe yagarutse ku mpamvu yo guhagarika uyu mwiherero aho yagize ati: ‘‘Twari kwishimira guhura namwe uyu munsi tubaha ibendera ry’Igihugu n‘impanuro zo kujyana mu irushanwa rya CECAFA ry’abatarengeje imyaka 23, ariko bitewe n’ibihe turimo bitoroshye twese tubabajwe no kuba mutazajya kugaragaza impano zanyu no kuzamura ibendera ry’Igihugu cyacu. By’umwihariko narabakurikiranye mu myitozo mwakoraga kandi bigaragara ko muri ahazaza h’Ikipe y’Igihugu nkuru. Leta rero mu bushishozi bwayo ihora yifuza kurinda ubuzima bw’abaturage bayo ari nayo mpamvu itumye urugendo rwo kujya muri CECAFA rusubikwa.’’

Manishimwe Djabel wavuze ahagarariye abakinnyi yashimiye abayobozi ndetse agaragaza ko bari biteguye guhatana bagatwara igikombe ariko ashimira ko impinduka zabaye ari mu nyungu z’ubuzima bwabo kandi bazakiriye.

Umutoza Mukuru, bwana HABIMANA Sosthène yagarutse ku myiteguro bari bamazemo iminsi ndetse asaba ko Ikipe yazakomeza gukurikiranwa cyane cyane amakipe yo mu byiciro byo hasi.

‘‘Mu by’ukuri Ikipe yari imaze iminsi mu mwiherero kandi turashima ku byakozwe byose kugirango tugeze uyu munsi twitegura. Imyiteguro iganisha ku ntego yo gutwara igikombe twari dufite yari igeze kure. Iyi ni Ikipe irimo impano zikomeye kandi zinatanga ikizere mu minsi iri imbere. Turabasaba ko aba bakinnyi mwakora ibishoboka bakajya babona imikino myinshi hakabaho no kuzirikana gushakira imikino amakipe yo mu byiciro by’abatarengeje imyaka 20 na 17.’’

Abakinnyi, abatoza n’ababafasha basubiye mu miryango yabo nyuma yo gusezererwa n’abayobozi ba FERWAFA na Minisiteri ya Siporo.

2021-07-10
Editorial

IZINDI NKURU

Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Amahoro muri Kongo aracyari kure nk’ukwezi: Aho gusenya FDLR imunga ayo mahoro,Tshisekedi arayishakira amaboko.

Editorial 16 Sep 2024
U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Liban mu mikino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

U Rwanda rwatangiye neza rutsinda Liban mu mikino wo gushaka itike y’igikombe cy’Isi 2026

Editorial 19 Aug 2024
Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Editorial 30 Apr 2021
Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda

Zanzibar ntizakinishe gukorera Hamad nk’ibyo Besigye akorerwa muri Uganda

Editorial 01 Sep 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umucamanza Theodor Meron arasabwa kwitondera gufungura Ngeze Hassan na bagenzi be
INKURU ZAKUNZWE CYANE

Umucamanza Theodor Meron arasabwa kwitondera gufungura Ngeze Hassan na bagenzi be

Editorial 07 Jun 2018
Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze
Amakuru

Abayobozi b’amadini n’amatorero basabwe ubufasha mu gukemura burundu ikibazo cy’ihohoterwa rikorerwa mu muryango, by’umwihariko iryibasira abagore n’abana, i Musanze

Editorial 02 May 2021
Umunyamabanga wa APR FC wagize ibyago agarutse i Kigali igitaraganya
IMIKINO

Umunyamabanga wa APR FC wagize ibyago agarutse i Kigali igitaraganya

Editorial 06 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru