• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»INKURU ZAKUNZWE CYANE»Umucamanza Theodor Meron arasabwa kwitondera gufungura Ngeze Hassan na bagenzi be

Umucamanza Theodor Meron arasabwa kwitondera gufungura Ngeze Hassan na bagenzi be

Ubwanditsi 07 Jun 2018 INKURU ZAKUNZWE CYANE

Urukiko Mpuzamahanga rurateganya kwemeza irekurwa rya Ngeze Hassan, umwe mu bagize uruhare mu gutegura Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 mu Rwanda, hirengagijwe ibitangazwa n’abashinjacyaha bavuga ko ibi bishobora kugira ingaruka ku rugamba mpuzamahanga rwo kurwanya ubuhezanguni.

Guverinoma y’u Rwanda ikaba yaramaganye icyo isobanura nk’umugambi w’ibanga ushobora gutuma Ngeze Hassan afungurwa kimwe n’abandi bagize uruhare mu bwicanyi bwatwaye ubuzima bw’Abanyarwanda basaga miliyoni.

Uyu Ngeze Hassan yahoze ari umwanditsi w’Ikinyamakuru Kangura cyaranzwe no kwambura ubumuntu abantu ndetse kigashishikariza abandi kwica Abatutsi, ndetse akaba yari umwe mu bashinze ishyaka ry’abahezanguni b’Abahutu bagize uruhare mu bwicanyi ndengakamere.

Ngeze yahamagariye abantu kwica Abatutsi, aha intwaro abicanyi ndetse agira uruhare mu gukora intonde z’abantu bagombaga kwicwa. Yahamijwe ibyaha byinshi bifitanye isano na jenoside n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabya rwa Arusha (ICTR)ndetse no gushyigikira itsembabwoko nk’icyaha cyibasiye inyokomuntu.

Urukiko rukaba rwaremeje ko Ngeze Hassan yakoresheje ikinyamakuru Kangura mu kubiba urwango, mu gutera icyoba mu bantu ndetse no gushishikariza gukora jenoside.

Kuri ubu, nyuma yo kurangiza 2/3 by’igihano cy’imyaka 35 yakatiwe, Ngeze Hassan yasabye ko yafungurwa. Abanyamategeko bakaba bateganya ko ashobora kurekurwa mu mpera z’uku kwezi n’umucamanza Theodor Meron, Umunyamerika ukuriye Urukiko Mpuzamhanga rwahawe inshingano zo kurangiza imanza zitarangijwe na ICTR .

Guverinoma y’u Rwanda yakunze kunenga uyu mucamanza Meron imushinja kugabanya ibihano no gufungura abantu benshi bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi. Guverinoma y’u Rwanda ikavuga ko ntaho mu mahame ya ICTR hasaba kurekura imfungwa nyuma yo kurangiza 2/3 by’igihano zahawe kandi ko ibi byatangiye gukorwa u Rwanda rutabajijwe.

U Rwanda rukaba ruhangayikishijwe n’uko na Theoneste Bagosora, wacuze umugambi wo kurimbura Abatutsi, ashobora kurekurwa nawe mu mpera z’uyu mwaka, mu kintu kitazarakaza u Rwanda gusa ahubwo gishobora no kurakaza u Bubiligi kubera uruhare rwa Bagosora mu iyicwa ry’abasirikare 10 b’Ababibiligi bari mu ngabo za Loni biciwe I Kigali jenoside ikimara gutangira mu 1994.

Ni muri urwo rwego umwe mu bashinjacyaha mpuzamahanga wari mu rubanza rwa Ngeze, Simone Monasebian, yandikiye umucamanza, Theodor Meron, asobanura Ngeze nk’umwe mu bantu bateguye jenoside, ndetse asaba ko atafungurwa.

Simone Monasebian

Umushinjacyaha Monasebian avuga ko ibyaha Ngeze yahamijwe byakomerekeje umutimanama wa muntu nk’uko abivuga mu ibaruwa ye, aho agira ati; “Ikinyamakuru cyabo na radio byakongeje jenoside kandi byarushaga imbaraga n’ubukana amasasu n’imipanga”

Ngeze yagize uruhare mu gutangaza ‘Amategeko 10 y’Abahutu’ yavugaga ko Abagabo b’Abahutu bashakanye cyangwa bakaba inshuti n’Abatutsi ari abagambanyi, ko Abatutsi atari abizerwa muri business ahubwo baba barajwe inshinga n’uko ubwoko bwabo buruta andi moko kandi Abahutu ari bo bakwiye gutegeka no kuyobora.

Simone Monasebian, kuri ubu uyoboye ibiro bya Loni bishinzwe kurwanya ibiyobyabwenge  n’ibyaha muri New York, avuga ko Ngeze na bagenzi be  n’ubu bataragaragaza kwicuza ku ruhare bagize mu bwicanyi.

Ati: “Na n’uyu munsi, banze kwemera ko yari jenoside yakorerwaga Abatutsi. Kugeza uyu munsi banze kwemera uruhare urwo ari rwo rwose mu bikorwa byabo. Ni Abahezanguni b’ababagizi banabi batagira kwicuza.”

Undi mucamanza wari mu rubanza rwa Ngeze na Bagenzi be, asobanura ifungurwa rya Ngeze nk’ikintu giteye agahinda mu gihe Umuryango w’Abibumbye n’Umuryango Mpuzamahanga biri kugerageza kurwanya ubuhezanguni.

Charity Kagwi- Ndungu

“Ni ubuhe butumwa buzahabwa, abataragizweho ingaruka na jenoside gusa, ahubwo n’Isi muri rusange igihe umuntu ufatwa nk’umuhezanguni w’umugizi wa nabi ndetse wanakoreshejwe mu gushumika u Rwanda mu 1994 yaba afunguwe mu gihe ibyangijwe n’ibikorwa by’ubuhezanguni bye bigihari?”, uwo ni Charity Kagwi-Ndungu mu ibaruwa yagenewe urukiko ruyobowe na Meron.

Irekurwa rya Ngeze nk’uko amakuru akomeje kuvuga rishobora kujyana n’ifungurwa ry’abandi bantu babiri nabo bahamijwe uruhare muri jenoside, ari bo; Aloys Simba, wari Lt Col muri Ex-FAR, wagize uruhare mu gutegura ubwicanyi ndengakamere bwabaye mu majyepfo y’igihugu, na Dominique Ntawukuriryayo, wari umuyobozi w’ibanze agashora Abatutsi mu rupfu abizeza kubarinda, akabaha Interahamwe ngo bicwe.

Minisitiri w’ubutabera w’u Rwanda akaba n’intumwa nkuru ya leta, Johnston Busingye, akaba yarandikiye Meron asaba ko aba bantu uko ari batatu batarekurwa muri iki gihe kuko bishobora gushengura abarokotse kandi bikaba byagira ingaruka ku mikorere y’ubutabera mpuzamahanga.

2018-06-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda

Impamvu y’uruzinduko rwa Sam Kutesa mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Oct 2018
‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

‘Patrick Karegeya si Khashoggi, ni Osama Bin Laden w’u Rwanda’

Ubwanditsi 17 Jan 2019
Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ntwali John William: Mpemuke, Ndamuke mu kwangiza isura y’igihugu ukwirakwiza ibihuha wunguka iki?

Ubwanditsi 24 Jul 2019
DRC: Umugore witwa NZIGIRA Aimerance wari ugemuriye Amasasu Inyeshyamba za FPP zifashwa na Uganda yatawe muri yombi

DRC: Umugore witwa NZIGIRA Aimerance wari ugemuriye Amasasu Inyeshyamba za FPP zifashwa na Uganda yatawe muri yombi

Ubwanditsi 07 Nov 2019

2 Ibitekerezo

  1. Ukuli
    June 7, 201812:51 pm -

    Ariko habura iki ngo urwanda rizagire abasore nka MOSSAD ? Ya Israël yahanaguyeho aba NAZI bose ndetse n’a bamwe bahinduye imyirondoro yabo?
    Jye nturanye nabo europe, iyo mbabonye bishongora, nifuza imyitozo ya Mossad. …
    Tuzahora turibwaribwa nitutihorera kuliyi misega ihora yigamba . Ubu noneho erega basigaye bavuga bemye ngo ni FPR yakoze genocide. Ibi byose nitwe twabiteye …. kuvanaho cya gihano kibakwiriye

    Subiza
    • Intareyakanwa
      June 8, 20184:27 pm -

      Erega u Rwanda turangaje imbere ni u Rwanda rwiyunga kdi rukanababarira kuko kuba banafungiye hanze nabyo nta nyungu byaduha keretse twe tubifitiye!

      So muvandimwe wiyise UKULI rekeraho kugera ikirenge mu cyabo kuko nibaza ko wamaze kubonako guhora ari ukw’Imana

      Subiza

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF
ITOHOZA

Minisitiri Mushikiwabo yerekeje muri Arménie ahazafatirwa umwanzuro ku hazaza ha OIF

Ubwanditsi 22 Aug 2018
Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima
ITOHOZA

Rubavu: Abantu bitwaje intwaro bateye mu Murenge wa Busasamana, bane bahasiga ubuzima

Ubwanditsi 10 Dec 2018
Kinshasa: Impanuka y’indege ya gisirikare yahitanye abagera kuri 30
Mu Mahanga

Kinshasa: Impanuka y’indege ya gisirikare yahitanye abagera kuri 30

Ubwanditsi 01 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru