• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Imyanzuro 7 yavuye mu nama y’ubuyobozi ya Mukura VS, irimo gutangaza abakinnyi bashya iyi kipe yahaye amasezerano ndetse yemeje ko ikipe y’abato yongera kwitabwaho

Editorial 31 Aug 2021 Amakuru, IMIKINO, Mu Rwanda

Kuri iki cyumweru tariki ya 29 Kanama 2021, habaye inama y’ubuyobozi y’ikipe ya Mukura Victory Sport et Loisir yari igamije gusuzuma aho imyiteguro ya shampiyona igeze ndetse n’ibirimo gukorwa byose kugirango uyu mwaka w’imikino ugiye gutangira uzagende neza.

Nk’uko ubuyobozi bwa Mukura Victory Sport bwabitanagaje muri iki gitondo cyo kuri uyu wa kabiri, haashyizwe hanze imyanzuro irindwi yavuye muri iyo namaa harimo no kuzamura abana bakiri bato b’iyi kipe ndetse banaboneraho gutangaza abakinnyi bashya bamaze guha amasezeranp.

Nyuma yo kungurana ibitekerezo inama yameje ibi bikurikira:

1. Inama yahaye ikaze kandi yemeza abakinnyi bashya bamaze gusinya amasezerano aribo: Ngirimana Alexis, Habamahoro Vincent, Kubwimana Cedrick, Mwiseneza Daniel , Patrick Mugisha , Na Muhoza Tresor, Inama kandi yasabye ko iki gikorwa cyihutishwa kugirango n’abandi basigaye bamaze kuganirizwa basinye amasezerano ndetse n’ abagomba gukora igerageza bazaritangire hakiri kare.

2. Inama yasabye ko ikipe ya Mukura VS igomba gutangira imyitozo mu cyumweru cyambere cya Nzeri 2021.

3. Inama yasabye ko hagomba gutegurwa inama rusange y”abanyamuryango mbere y’uko shampiyona itangira.

4. Inama yasabye ko ikipe y’abato ya Mukura VS yakongera kwitabwaho kandi ikongererwa ingufu kugirango yunganire ikipe nkuru kandi hanjye hitabwaho abakinnyi bakomoka mukarere ka Huye ndetse n’utundi turere.

5. Hemejwe ko hakomeza gushakwa abafatanyabikorwa bafasha MUKURA ariko n’banyamuryango bose bagakangurirwa kuzuza inshingano z’umunyamuryango.

6. Inama yashimiye abafatanyabikorwa ndetse na fan clubs zafashije mu mwaka ushize w’imikino kandi bashishikarizwa kuzongera gukoranga na Mukura VSL muri uyu mwaka mushya.

7. Inama yasabye ko hakorwa ibishoboka byose kugirango hongerwe ingufu muguha amakuru abanyamuryango ndetse n’abafana kugirango bajye babasha gukurikirana ibikorwa byose bya Mukura VSL kandi bayabonere kugihe.

2021-08-31
Editorial

IZINDI NKURU

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Editorial 19 Oct 2024
Nyuma yo gutera penaliti 22, ikipe ya Villareal yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Europa League itsinze Manchester United.

Nyuma yo gutera penaliti 22, ikipe ya Villareal yo muri Esipanye yegukanye igikombe cya UEFA Europa League itsinze Manchester United.

Editorial 27 May 2021
Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Polisi y’u Rwanda yeretse itangazamakuru abantu 30 bakekwaho guha abapolisi ruswa

Editorial 27 Feb 2017
Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Abanyarwanda batandatu bigaga muri Kampala International University baguye mu mpanuka y’imodoka

Editorial 05 Nov 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu
Mu Mahanga

Kirehe: Bane bafunzwe bazira kwiba mu mazu

Editorial 25 Aug 2016
Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa
UBUKUNGU

Abikorera batuye Minisitiri w’Intebe ikibazo cy’ibikorerwa mu Rwanda bisoreshwa, ibiva hanze bigasonerwa

Editorial 15 Aug 2018
Bosenibamwe yahawe kuyobora ikigo gifasha abafite imyitwarire ibangamira abandi
Mu Rwanda

Bosenibamwe yahawe kuyobora ikigo gifasha abafite imyitwarire ibangamira abandi

Editorial 01 Jul 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru