• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Rwanda»Icyatumye Diamond Platnumz avuga imyato anashima Perezida Paul Kagame

Icyatumye Diamond Platnumz avuga imyato anashima Perezida Paul Kagame

Ubwanditsi 23 Jan 2018 Mu Rwanda

Umuhanzi w’icyamamare ukomoka muri Tanzania Naseeb Abdul Juma[Diamond Platnumz] aherutse kugirira  uruzinduko mu Rwanda aza guhishura ukuntu akunda byimazeyo Perezida w’u Rwanda Paul Kagame.

Uyu muhanzi yageze mu Rwanda mu gitondo cyo  kuwa gatanu tariki 19 Mutarama 2018, yari aje mu bikorwa bitandukanye birimo kumenyekanisha ibikorwa bye by’ubucuruzi ndetse no kurambagiza inzu azajya  aruhukiramo mu gihe aje mu Rwanda.

Ku ikubitiro akigera mu Rwanda yabanje kujya gusura ikigo kirererwamo abana bafite ubumuga bwo kutabona cya Jordan Foundation.

Yahavuye akora ikiganiro n’itangazamakuru ndetse kuwa gatandatu asura isoko rya Nyarugenge  n’abafana be baherereye i  Nyamirambo mu Karere ka Nyarugenge.

Ku cyumweru yasangiye n’abahanzi batandukanye bo mu Rwanda baganira ku cyakomeza gusunika muzika y’akarere dutuyemo k’Afurika y’i Burasirazuba.

Mu kiganiro uyu muhanzi Diamond Platnumz yagiranye n’itangazamakuru cyamaze igihe kigera ku isaha yaje guhishura ko ashimira Perezida Paul Kagame ndetse anahishura ko ari mu bakuru b’ibihugu bafite byinshi bakwigirwaho.

Bwa mbere yabanje kuvuga ukuntu mu Rwanda hari isuku idasanzwe yanabaye imwe mu ntandaro zatumye yifuza kugira urugo mu Rwanda ndetse akahagira n’ibikorwa by’ubucuruzi birimo studio, Radiyo na televiziyo, akahacururiza ubunyobwa bwe bwita Diamond karanga n’umubavu witwa Chibu Parfum.

Diamond yavuze ko ikindi kintu cyatumye yishimira byimazeyo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, ari uburyo hashyizweho ubwisungane mu kwivuza butuma na wa muturage udafite kirengera abasha kwivuza ntihagire abanyarwanda bicwa n’indwara kubera ikibazo cyo kubura uko bivuza.

Yagize ati ”Ndashimira byimazeyo Perezida wa Repubulika y’u Rwanda Paul Kagame ku kuba harashyizweho uburyo bw’ubwisungane mu kwivuza kuko hari bamwe mu baturage baba badafite ubushobozi bwo kwivuza ariko mu Rwanda ho siko bimeze kubera iyi gahunda.”
Ibi Diamond yabivuze akomoza ku bana 21 bafite ubumuga bwo kutabona bo mu kigo cya Jordan Fundation yemereye guha ubufasha mu gihe cy’umwaka kubera ko uburwayi bafite butavurizwa ku bwisungane kandi bakaba bakenera akayabo ngo ubuzima bwabo bubashe gukurikiranwa buri kwezi.

Iki   kigo cyarererwagamo  abana 23 bafite ubumuga bwo kutabona, ariko babiri muri bo baje gusubizwa mu miryango yabo nyuma y’aho bavujwe bagakira. Ibitunga abana bakibamo ndetse n’ibindi nkenerwa biva mu mitsi ya Vanessa Bahati washigishinze ndetse n’umugabo  we.

Gifite abakozi bane bahoraho kandi bahembwa ndetse n’umuzamu. Kirererwamo abana baturutse mu Ntara zitandukanye mu miryango itifashije.

Cyashinzwe nyuma y’aho Vanessa yabyaye umwana we wa gatatu witwa Jordan Hakiza, akavuka atabona ndetse bakanamuvuza mu Rwanda, Ubuhinde, Ububiligi no muri Amerika bikanga. Uyu mwana ubu afite imyaka itatu.

2018-01-23
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Amagaju na Etoile de l’Est mu makipe yatangiye neza urugendo rwo gukina ikiciro cya mbere 2021-2022

Amagaju na Etoile de l’Est mu makipe yatangiye neza urugendo rwo gukina ikiciro cya mbere 2021-2022

Ubwanditsi 19 Sep 2021
Umutoza w’ Amavubi yagaragaje aho akura icyizere cyo gutsinda Centrafrique

Umutoza w’ Amavubi yagaragaje aho akura icyizere cyo gutsinda Centrafrique

Ubwanditsi 09 Jun 2017
Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo

Bugesera: Polisi yafashe moto ebyiri zibwe zigiye kwambutswa, izishyikiriza ba nyirazo

Ubwanditsi 13 Mar 2017
Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame

Nyamasheke : Bernard Makuza yagaragaje ubudasa bwa Kagame

Ubwanditsi 29 Jul 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

#Kwibohora25 : Igwingira ry’imyumvire mu Rwanda

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro
HIRYA NO HINO

Perezida Tshisekedi yagaragaje ubushake bwo gufatanya n’abaturanyi mu kurandura imitwe yitwaje intwaro

Ubwanditsi 01 Jul 2019
Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika
POLITIKI

Perezida Kagame yababajwe n’urupfu rwa Prof. Juma waharaniye iterambere ry’uburezi muri Afurika

Ubwanditsi 16 Dec 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru