• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?

Kwiyita impirimbanyi za demukarasi, kwigira abasazi no kwiyicisha inzara byafasha iki abanyabyaha bari mu maboko y’ubutabera?

Editorial 19 Sep 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Bimaze kuba akamenyero ko umunyabyaha wese ufashwe ngo aryozwe amahano ye, ashakisha amayeri yatuma acika ubutabera: Kwigira umusazi, kwanga kurya no kwiyita umunyapolitiki uzira gukosora Leta. Ese ko babonye ko ntacyo bibafasha, babiretse bakaburana bagaragaza ingingo zibagira abere, cyangwa bakagira ubutwari bwo gusaba imbabazi?

Paul Rusesabagina aregwa ibyaha bikomeye by’iterabwoba. Amacuti ye yabonye”umunywanyi” ageze mu kaga, ati arazira kuba impirimbanyi ya demokarasi n’uburenganzira bwa muntu. Rusesabagina nawe abonye asumbirijwe ati ntabwo naburanira mu Rwanda kuko ndi “Umubiligi” nubwo nkomoka i Murama. Ntabonye aya matakirangoyi ananiranye, ahitamo kwivana mu rubanza, aho kuburana yerekana ko ari umwere nk’uko abamubeshya ko bamushyigikiye babivuga. Uko gutaratamba ntacyo byamumariye, kuko urubanza rwe rwabaye, ndetse rukazasomwa ejobundi tariki 20 Nzeri 2021.

Aimable Karasira yarafashwe aregwa ibyaha birimo gupfobya no guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi, abonye ageze mu y’abagabo ati burya ndwara mu mutwe!Ntacyo byamufashuije kuko urubanza rwe ruzaba nta kabuzam,agasobanura igituma akomeretsa imitima y’Abanyarwanda n’ikimutera kubateranya n’ubuyobozi.

Ubu uvugwa cyane ni Dr Chistopher Kayumba umaze kuba nk’urugi kubera gufungwa no gufungurwa bya hato na hato. Atangira kugaragara nk’ikibazo mu muryango nyarwanda, yarabanje arwanya abashinzwe umutekano ubwo bamubazaga ikimutera gutwara imodoka yasinze. Yarabifungiwe, ariko nyuma y’igihe gito ararekurwa. Ntibiteye kabiri, aba ateje imvururu ku kibuga cy’indege cya Kanombe, binamuviramo gufungwa umwaka wose.

Ubu Dr Kayumba yasubiye mu maboko y’inzego z’ubutabera bumukurikiranyeho gusambanya umugore ku ngufu. Amaze kubona ko ikirego kiremereye, hakaba hari ibimenyetso bimuhamya icyaha, yatangiye kwiyicisha inzara akanongeraho ko azira kuba yarashinze ishyaka rya politiki.

Icya mbere, incuro 2 za mbere yafunzwe, yari ataragira ayo mashyaka ye ya politiki. Yazize imyitwarire igayitse, ku muntu w’umwarimu, wagombye kuba ari umuturage ufite indangagaciro.

Icya kabiri, abafite amashyaka ya politiki mu Rwanda siko bose bafunze. Iyo ushinze ishyaka rya politiki rikemerwa, nyiraryo ahabwa rugari, agatanga ibitekerezo byubaka. Aho gufungwa abenshi tuzi ko bari mu myanya ifata ibyemezo nko mu Nteko Ishinga Amategeko n’ahandi. Hari n’abafite ibyo bita imitwe ya politiki itemewe, kandi baridegembya. Ingabire Victoire na Ntaganda Benard batanga ubuhamya.

Icya gatatu, kwiyicisha inzara ni si ibya none kuri Christopher Kayumba, kuko no mu buzima busanzwe ahitamo agasembuye kurusha ibyo kurya. Gutera ubwoba inzego zimufunze ngo azicwa n’inzara rero, byo nashaka abireke kuko ntawe utazi ko iyo gahunda yo kutarya cyangwa kurya gake gashoboka ayimaranye igihe.

Icya kane, mu nyandiko aherutse gushyira hanze, Dr Kayumba ntahakana ko ibyo aregwa bitabaye, ahubwo avuga ko aregwa icyaha cyabaye mu mwaka wa 2017.

Inama ya kigabo rero, yareka iyi mitwe, ahubwo akiga neza uko aziregura, yabona bitemera agasaba imbabazi.
Muri rusange, aba banyabyaha bigira abanyapolitiki, mbere yo kwishora mu mahano bagombye kujya babanza gutekereza ku ngaruka zayo, zirimo no gufungwa. Umutekano n’umudendezo dufite uyu munsi tubikomeyeho. Abashaka kubituvutsa rero bamenye ko bazishyura ikiguzi kiremereye.

2021-09-19
Editorial

IZINDI NKURU

Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse

Padiri Mudahinyuka waririmbye “u Rwanda rw’ejo” yatabarutse

Editorial 27 Jan 2018
Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Editorial 07 Aug 2020
Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Amashirakinyoma ku impamvu y’isubikwa ry’inama ya Perezida Kagame na Tshisekedi

Editorial 16 Dec 2024
Abaturage ba Ruheru muri Nyaruguru bati: Nibyo koko Imvugo ni yo ngiro

Abaturage ba Ruheru muri Nyaruguru bati: Nibyo koko Imvugo ni yo ngiro

Editorial 06 Aug 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya
INKURU NYAMUKURU

Perezida Paul Kagame yiyemeje gutanga umusanzu mu kubaka Katederali nshya

Editorial 27 Jan 2019
CHAN 2016:Congo ibaye ikipe ya kabiri ubonye itike ya 1/4
IMIKINO

CHAN 2016:Congo ibaye ikipe ya kabiri ubonye itike ya 1/4

Editorial 22 Jan 2016
Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame yagarutse ku kamaro ko guha abaturage ijambo mu bibakorerwa

Editorial 18 Jun 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru