• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Abajenosideri 8 b’Abanyarwanda birukanwe ku butaka bwa Niger

Editorial 28 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ibaruwa yashyizweho umukono tariki 21 Ukuboza uyu mwaka wa 2021 na  Bwana HAMADOU  ADAMOU Soulay, Ministiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu muri Niger, iravuga ko mu minsi 7 uhereye igihe yasinyiwe, Abanyarwanda 8 bari bari mu gihugu cya Niger, bagomba kuba bahavuye, kandi bakaba batemerewe kugira ikindi gikorwa icyo aricyo cyose bakorera ku butaka bw’icyo gihugu. Ibyo  bivuze ko kuri uyu wa kabiri tariki 28 Ukuboza 2021, aribwo bose uko ari 8 bagomba kuba bazinze uturago, bitaba ibyo bagafatwa nk’abahari mu buryo bwa gicengezi.

Abo ni bamwe mu bahamwe n’uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, barangije ibihano babura aho berekeza. Abandi ni abagizwe abere mu buryo budasobanutse, nyuma y’urubanza babura ibihugu bibakira, maze bose bakomeza gukerakera mu mujyi wa Arusha muri Tanzaniya, ari naho urukiko rwababuranishije rwari rufite icyicaro.

Mu minsi ishize rero nibwo Niger yagiranye amasezerano n’urwego rwashinzwe kurangiza imirimo y’Urukiko Mpuzamahanga rwashyiriweho u Rwanda, maze Niger yemera kubakira mu buryo butavuzweho rumwe n’impande zose zirebwa n’iki kibazo. Ubuyobozi bwa Niger rero bwahisemo gukosora iryo kosa, maze ryirukana abo bajenosideri ku butaka bwayo.

Abo ni:

Protais Zigiranyirazo Alias Z (Zedi)
  • Protais Zigiranyirazo, muramu wa Yuvenali Habyarimana, akaba na musaza wa Agatha Kanziga. Yari umwe mu bagize “Akazu” kateguye kakanashyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.
  • Col François Nzuwonemeye, ni umwe mu basirikari bakuru bamamaye cyane muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
  • Col Anathole Nsengiyumva, wayoboye ubwicanyi mu zahoze ari perefegitura za Gisenyi na Kibuye.
André Ntagerura
  • André Ntagerura: Muri Minisiteri yo gutwara abantu n’ibintu, akaba umwe mu bashinze umutwe w’Interahamwe. Yakoresheje imodoka za Leta mu gushyira mu bikorwa Jenoside yakorewe Abatutsi.
  • Col Nteziryayo Uyu yagizwe Perefe wa Butare mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi. Mbere y’uko ashyirwaho na Leta y’abatabazi, Jenoside yagendaga biguruntege, maze amaze kuba perefe si ukwica Abatutsi yiva inyuma.
  • Capt Innocent Sagahutu. Uyu yari yungirije umuyobozi w’umutwe ukora ubutasi mbere yo gugaba ibitero(bataillon de reconnaissance). Avugwa mu bitero byishe abanyapolitiki batavugaga rumwe n’ ubutegetsi bwa Habyarimana. Niwe watanze itegeko maze ibimodoka bya bulende birasa Hotel Baobab I Nyamirambo, abari bayihungiyemo baratikira.
  • Prosper Mugiraneza, wari ministiri w’Abakozi ba Leta muri Leta y’Abatabazi.
  • Col Muvunyi Tharcisse. Uyu yategekaga ishuri ry’Aba ofisiye bato ry’I Butare, ESO. Niwe watanze amategeko maze abasirikari be bamara Abatutsi, barimo n’Umwamikazi Rozaliya Gicanda.

Mu minsi u Rwanda rwamenyesheje akanama ka Loni gashinzwe Amahoro ku Isi, ko rwatunguwe n’amakuru avuga ko hari abajenosideri boherejwe muri Niger, rutabimenyeshejwe. Rwasabye Loni n’umuryango mpuzamahanga muri rusange  gukurikiranira hafi iki kibazo, runasaba Niger kutazaha urwaho abo bantu, bakajya mu bikorwa bigambanira u Rwanda.

Nyuma yo gusuzumana ubushishozi impungenge z’u Rwanda rero, Niger ifashe icyemezo kinyuze mu mucyo, kuko itifuza gucumbikira abagome kabuhariwe. Amakuru y’aho bari bwerekeze turacyayakurikirana. Isi ikomeje kubana ntoya abajenosideri, nk’uko byagendekeye Gahini amaze kwica umuvandimwe we Abeli.

Amaraso arasama.

2021-12-28
Editorial

IZINDI NKURU

Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Uganda : Umuturage wa Congo [ RDC ], Steven Moïse yahohotewe n’inzego z’umutekano CMI, zimwitiranya n’Abanyarwanda.

Editorial 30 May 2019
Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 

Amashirakinyoma ku byabereye Kishishe, ukuri leta ya Kongo itashatse ko kujya hanze kwamenyekanye 

Editorial 01 Jan 2023
Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Umurambo wa Savimbi washyinguwe nyuma y’imyaka 17 yishwe

Editorial 03 Jun 2019
Afurika y’Epfo : Abanyarwanda  bakiranye urugwiro Perezida Kagame, RNC  [ Ibigarasha ] bikwira imishwaro

Afurika y’Epfo : Abanyarwanda bakiranye urugwiro Perezida Kagame, RNC [ Ibigarasha ] bikwira imishwaro

Editorial 27 Jul 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.
Amakuru

Tumenye umutekamutwe John SIMBABURANGA ubeshya ngo mu Rwanda nta mutekano uhari, kandi yaratorotse ubutabera kubera ubujura.

Editorial 27 Jul 2021
Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?
Mu Rwanda

Niyitegeka ugiye gusimbura Depite Mukayisenga witabye Imana ni muntu ki?

Editorial 24 Jun 2017
Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo
Mu Rwanda

Umugore wise Perezida Museveni ikibuno yangiwe kurekurwa by’agateganyo

Editorial 12 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru