• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubutabera bwo mu Bufaransa bugiye kubyutsa urubanza rwa Sosthene Munyemana ushinjwa uruhare rukomeye muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Editorial 28 Dec 2021 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Uyu ni Umunyarwanda wahungiye mu Bufaransa kuva muri Nzeri 1994, akaba ari umuganga mu bitaro by’ahitwa ”Villeneuve-Sur-Lot”, mu majyepfo ashyira uburengerazuba bw’u Bufaransa.

Ubushinjacyaha bumukurikiranyeho kuba ari mu bayoboye ubwicanyi mu Mujyi wa Butare, dore ko mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi Dogiteri Sosthene Munyemana yari umuganga mu bitaro bya Kaminuza bya Butare. Ni umwe mu”bacurabwenge” bashyize umukono ku nyandiko ishyigikira ibikorwa bya guverinoma ya Yohani Kambanda, ubwo yari irimbanyije mu gutsembatsemba Abatutsi.

Inkiko gacaca mu Rwanda zamuburanishije adahari, ndetse zimukatira gufungwa burundu, ubutabera bw’u Bufaransa bukaba buvuga ko bugiye kubyutsa iyi dosiye imaze imyaka yarazinzitswe.

Mu mwaka w’2010 yigeze gutabwa muri yombi, aza kurekurwa amaze guhatwa ibibazo mu bushinjacyaha bwo mu mujyi wa Bordeaux, ndetse ategekwa kutarenga imbibi z’uBufaransa, kugeza igihe urubanza rwe ruzashyirwaho akadomo.

Alain Gauthier uyobora Impuzamashyirahamwe aharanira ubutabera n’inyungu z’Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi, CPCR, yabwiye itangazamakuru ko n’ubwo urubanza rwa Dogiteri Munyemana rwatinze, ariko bishimishije kuba ubutabera bwo mu Bufaransa bushyize bukiyemeza gutangira kuburanisha uyu ruharwa.

Itariki y’urubanza rwa Dogiteri Munyemana ntiratangazwa, uretse ko hari amakuru avuga ko rushobora gutangira tariki 15 Kamena umwaka utaha wa 2022. Icyifuzo cya Leta y’u Rwanda cy’uko yakoherezwa kuburanira aho yakoreye ibyaha cyakomeje kudahabwa agaciro, ariko noneho gishobora gusuzumwa, bigenze neza impeshyi y’umwaka utaha akazayirira mu Rwanda.

Sosthene Munyemana w’imyaka 63 y’amavuko, akomoka mu yahoze ari Perefegitura ya Gitarama, ubu ni mu Ntara y’Amajyepfo. Yari asanzwe azwiho ubuhezanguni n’ingengabitekerezo ya “giparmehutu”, akabigaragariza mu kwanga Umututsi aho ava akagera.

Uru ruzaba rubaye urubanza rwa 4 rw’abaregwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi ruburanishirijwe mu Bufaransa. Muri uku kwezi urukiko rw’i Paris rwahanishije Claude Muhayimana igifungo cy’imyaka 14 amaze guhamwa n’ibyaha bya jenoside yakoreye ku Kibuye ari naho akomoka.

Hari kandi Capt Pascal Simbikangwa wahanishijwe gufungwa imyaka 25, abandi bahoze ari ba burugumesitiri bahanishwa gufungwa burundu.

2021-12-28
Editorial

IZINDI NKURU

Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Amb. Gasana Eugène ntaritaba urukiko rumukurikiranyeho gusambanya umukobwa ku ngufu

Editorial 04 Mar 2020
Ikipe ya APR FC yanganyije na Mogadisciu City Club yo muri Somalia ubusa ku busa mu mukino wa mbere wa CAF Champions League 2021

Ikipe ya APR FC yanganyije na Mogadisciu City Club yo muri Somalia ubusa ku busa mu mukino wa mbere wa CAF Champions League 2021

Editorial 13 Sep 2021
Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Kwiga ku busabe bwa ICC bwo gufata Bashir byaba ari uguta igihe – Mushikiwabo

Editorial 16 Jul 2016
Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Shampiyona y’u Rwanda mu mikino yo kwishyura iratangira gukinwa Rayon Sports isura Mukura VS, Gasogi United yakira Marines FC naho Gorilla FC yakire Kiyovu SC

Editorial 12 Feb 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Umuvugizi wa FDLR yemeje ko Col Augustin Nshimiyimana yafatiwe mu rusengero
Amakuru

Umuvugizi wa FDLR yemeje ko Col Augustin Nshimiyimana yafatiwe mu rusengero

Editorial 09 Jun 2021
Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino irindwi idatsindwa inaboneraho gufata umwanya wa 1 wa shampiyona
Amakuru

Kiyovu SC yatsinze Rayon Sports yuzuza imikino irindwi idatsindwa inaboneraho gufata umwanya wa 1 wa shampiyona

Editorial 12 Nov 2022
Perezida wa  FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6
Amakuru

Perezida wa FERWAFA yasuye Amavubi U23 yamaze guhabwa Miliyoni 1 Frw, Police FC na Etincelles zirahura ku munsi wa 6

Editorial 21 Oct 2022

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru