• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ni iki kihishe inyuma yo gutinza urubanza rw’umujenosideri Kabuga Félicien?

Ni iki kihishe inyuma yo gutinza urubanza rw’umujenosideri Kabuga Félicien?

Ubwanditsi 07 Feb 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Abakurikiranira hafi imanza z’abakurikiranyweho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, cyane cyane abaregwa bari mu bihugu by’amahanga, bakomeje kwibaza impamvu imanza z’aba bagizi ba nabi zitwara umwanya munini ngo zitangire.

Rumwe mu ngero za hafi ni urubanza rwa Kabuga Félicien, ruharwa wafatiwe mu Bufaransa muri Gicurasi 2020, ariko n’ubu itariki urubanza rwe ruzatangiriraho ikaba itaratangazwa.

Dosiye ya Kabuga iravugwamo akagambane na ruswa ivuza ubuhuha!

Kuwa kane ushize, tariki 03 Gashyantare 2022, Urwego rwashyiriweho kurangiza imanza zasizwe n’Urukiko Mpuzamahanga Rwashyiriweho u Rwanda rwakoze inama ntegurarubanza, yabereye i La Haye mu Buholandi ari naho Kabuga afungiye.

Uregwa ntiyaje mu rukiko abamwunganira bagahamya ko afite imbaraga nke, zitatuma aza mu rukiko.

Yitabye Urukiko hifashishijwe ikoranabuhanga mu itumanaho, “video conference”.
Muri iyo nama ntegurarubanza, Umushinjacyaha yibukije umucamanza ko yamaze kwitegura kuburana ndetse akaba yaranamaze gutanga urutonde rw’abatangabuhamya bashinja Kabuga Félicien, akibaza impamvu itariki urubaza ruzatangiriraho idatangazwa.

Kabuga Félicien yagombye kuba afungiye Arusha, ariko yajyanywe i La Haye ngo kubera ko arwaye cyane, kandi akaba ashaje ku buryo atakora urugendo. Nyamara mu nama ntegurarubaza yo kuwa kane ushize, Kabuga yagaragaye nk’ udafite ikibazo cy’uburwayi, ndetse yavuze mu ijwi rizira amakaraza, ubwo yatangazaga ko atagishaka kunganirwa n’abanyamategeko asanganywe, ngo kuko batamuha raporo y’urubanza rwe uko bikwiye. Uku kwikoma umunyamategeko we nabyo abahanga babibonamo amayeri yo gutinza urubanza.

Amakuru ava i La Haye aravuga ko raporo z’abaganga basuzuma uburwayi bwa Kabuga zidasiba kwisukiranya mu biro by’Umwanditsi Mukuru w’urukiko kandi zivuguruzanya.

Ibizikubiyemo bikomeje kugirwa ubwiru, hatinywa ko Abanyarwanda n’isi yose bamenya ko nta kibazo cy’uburwayi cyagombye kubuza Kabuga kuryozwa ibyo yakoze

Ayo makuru kandi arahamya ko muri iki kibazo cya Kabuga Félicien hharimo ruswa n’akagambane, ari nayo mpamvu itariki y’urubanza rwe idashyirwa ahagaragara. Ikigamijwe nk’uko abasesenguzi babivuga , ngo umugambi ni ugukomeza gutinza urubanza, kugeza igihe Kabuga azapfira akiri “umwere”.

Magingo aya Kabuga Félicien afite imyaka 89 y’amavuko, akaba arimo gukoresha ibifaranga(dore ko ngo anatunze byinshi), agura bamwe mu bagombye kwihutisha dosiye ye, kugirango azavemo umwuka adahamijwe ibyaha ndengakamere aregwa ngo anabitangire indishyi.

Ibyo bifaranga kandi ni nabyo byamufashije kwihisha ubutabera imyaka 26, n’ubwo amaherezo y’inzira ari mu nzu!

Kabuga Félicien afatwa nk’umuterankunga wa Jenoside yakorewe Abatutsi, akaba umwe mu bashinze bakanayobora radiyo rutwitsi ya RTLM. Ararashya imigeri ngo acike ubutabera bwo ku isi, nyamara abemera Imana twemera ko atazatoroka ubutabera bukukuru bwo mu ijuru, kuko ho nta ruswa n’akagambane bihaba!

2022-02-07
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

‘Museveni w’uyu munsi ahuye n’uwo mu gihe cy’impinduramatwara bakozanyaho’-Jenerali Ulimwengu

Ubwanditsi 29 Aug 2018
Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Inkwenene ku bahakana Bakanapfobya Jenoside Yakorewe Abatutsi Bagerageje Gutagatifuza Paul Rusesabagina

Ubwanditsi 21 Sep 2020
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Seychelles

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we wa Seychelles

Ubwanditsi 13 Aug 2018
Umunyamategeko wa Gen. Kale Kayihura yavuze ku buzima bwe nyuma y’iminsi umunani avanywe iwe

Umunyamategeko wa Gen. Kale Kayihura yavuze ku buzima bwe nyuma y’iminsi umunani avanywe iwe

Ubwanditsi 21 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro: Polisi yataye muri yombi abakwirakwiza amafaranga y’amahimbano
Mu Rwanda

Kicukiro: Polisi yataye muri yombi abakwirakwiza amafaranga y’amahimbano

Ubwanditsi 20 Feb 2018
Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye
Mu Mahanga

Umunyeshuri wa UNILAK yasanzwe mu icumbi yapfuye

Ubwanditsi 14 Jul 2016
Baratengamaye! Ubuzima bw’Abanya-Uganda bishimira uko babayeho mu Rwanda
POLITIKI

Baratengamaye! Ubuzima bw’Abanya-Uganda bishimira uko babayeho mu Rwanda

Ubwanditsi 18 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru