• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Igihugu cya Suwede cyanze kuba indiri y’interahamwe, Jean Paul Micomyiza nawe agiye koherezwa

Igihugu cya Suwede cyanze kuba indiri y’interahamwe, Jean Paul Micomyiza nawe agiye koherezwa

Editorial 01 Apr 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Ku mugabane w’iburayi, Suwede izwiho kuba igihugu kitajenjekera Interahamwe ngo zibe ku butaka bwazo. Tariki ya 21 Ukuboza 2021, Urukiko rukuru muri Suwede rwemeje ko Jean Paul Micomyiza ukekwaho uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi yoherezwa mu Rwanda. Jean Paul Micomyiza yafashwe tariki ya 17 Ugushyingo 2020.
Jean Paul Micomyiza yabaga mu mugi wa Gothenburg  umwe mu mijyi minini muri Suwede mu gihe cy’imyaka 15, ubu akaba amaze umwaka n’amezi atanu afashwe agafungwa by’agateganyo, ni nyuma y’uko u Rwanda rwohereje inyandiko zisaba ko yakoherezwa kuburanishirizwa mu Rwanda, aho akekwaho kuba yaragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Micomyiza ngo yanditse asaba kuba yahabwa ubwenegihugu bwa Suwede, ariko ntiyabubona kuko n’ubu ngo agikora ibya politiki nk’uko bigaragara muri raporo yaturutse muri Suwede, ubu ahasigaye ni aha Guverinoma y’icyo gihugu kwemeza niba uwo Munyarwanda yakoherezwa mu Rwanda cyangwa se niba atakoherezwa.
Mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, Micomyiza yari umunyeshuri muri Kaminuza y’u Rwanda, yiga mu mwaka wa kabiri mu ishami rya Siyansi, ni mu gihe kandi ngo yari no mu bagize icyitwaga ‘Comité de Crise’ iyo Komite ikaba yaragize uruhare rukomeye mu gukora Jenoside.
Amakuru ajyanye n’ibyavuye mu iperereza avuga ko Micomyiza yagize uruhare mu byaha byakorewe mu cyahoze ari Komini ya Ngoma, Perefegitura ya Butare, ubu ni mu Karere ka Huye, mu Ntara y’Amajyepfo, cyane cyane muri Kaminuza y’u Rwanda no mu nkengero zaho.
Micomyiza akekwaho kuba yaragize uruhare muri Jenoside, yica abantu bo mu bwoko bw’Abatutsi, akaba ashinjwa n’ibindi byaha byibasiye inyoko muntu, harimo gufata abagore n’abakobwa ku ngufu.
Igihugu cya Suwede kandi gicumbikiye abandi Banyarwanda bagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, harimo uwitwa Rukeratabaro Théodore wahanishijwe igihano cyo gufungwa burundu mu 2018, kubera uruhare rwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Hari kandi Berinkindi Claver, na we wahanishijwe igihano cyo gufungwa burundu ku itariki 15 Gashyantare 2017, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya Jenoside yakoreye mu cyahoze ari Perefegitura ya Butare, ariko akaza kujuririra icyo cyemezo cy’urukiko, ndetse na Mbanenande Stanislas na we wahanishijwe igihano cyo gufungwa burundu ku itariki 20 Kamena 2013.
Tubibutse ko mu rubanza rwa Theodore Rukeratabaro, David Himbara yamutangiraga ubuhamya ko arengana.
2022-04-01
Editorial

IZINDI NKURU

‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe

‘Natty Dread’ yafatanywe ibiyobyabwenge ku kibuga cy’indege i Kigali, Uganda ihwihwisa ko yashimuswe

Editorial 20 Mar 2020
Kiyovu SC yerekanye Niyonkuru Vladmir nk’umutoza mushya w’abanyezamu ndetse iha ikaze Ndayishimiye Thierry wakinaga muri Marines FC

Kiyovu SC yerekanye Niyonkuru Vladmir nk’umutoza mushya w’abanyezamu ndetse iha ikaze Ndayishimiye Thierry wakinaga muri Marines FC

Editorial 14 Sep 2021
Guverineri Munyantwali yagiriye uruzinduko rw’akazi I Bukavu muri Kongo mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola

Guverineri Munyantwali yagiriye uruzinduko rw’akazi I Bukavu muri Kongo mu rwego rwo gukumira icyorezo cya Ebola

Editorial 22 Aug 2019
U Burundi buragana he? Ibiganiro bimaze ibyumweru bibiri birangiye nta masezerano ashyizweho umukono

U Burundi buragana he? Ibiganiro bimaze ibyumweru bibiri birangiye nta masezerano ashyizweho umukono

Editorial 08 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Gushinjanya inda nini n’ubugambanyi bitumye muri RNC bamarana,  ubwicanyi hagati yabo, Uganda nayo ikabwegeka kuri Leta y’u Rwanda.
Uncategorized

Gushinjanya inda nini n’ubugambanyi bitumye muri RNC bamarana,  ubwicanyi hagati yabo, Uganda nayo ikabwegeka kuri Leta y’u Rwanda.

Editorial 24 Feb 2021
Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe  cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka
Mu Mahanga

Polisi iributsa abatwara abantu n’ibintu kutarenza igihe cyo gushyira utugabanyamuvuduko mu modoka

Editorial 29 Jan 2016
Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend
HIRYA NO HINO

Udushya n’Udukoryo Twaranze Weekend

Editorial 25 Feb 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru