• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Bugesera FC yatsinze Rayon Sports 2-1, APR FC ifata umwanya wa mbere w’agateganyo wa Rwanda Premier League   |   21 May 2025

  • Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete   |   21 May 2025

  • I Bugesera hatashywe ikibuga cya Basketball cyubatswe ku bufatanye bwa NBA Africa na Opportunity International   |   20 May 2025

  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Urugendo rugoye rwo kugeza imbere y’ubutabera umwicanyi Vincent Murekezi,wari utunze intwaro mu gihugu cya Malawi anashyigikiwe n’abategetsi bo muri icyo gihugu

Editorial 12 May 2023 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Hari ku wambere tariki ya 28 Mutarama 2019, ubwo urwego rushinzwe amagereza muri Malawi rwashyikirizaga urwego rushinzwe amagereza mu Rwanda uwitwa Vincent Murekezi kugirango arangize igihano yari yarakatiwe n’inkiko zo muri icyo gihugu.

Murekezi yahamwe n’ibyaha birimo ruswa, kunyereza imisoro ndetse no gukoresha impapuro mpimbano. Ibi byabaye nyuma yuko mu mwaka wa 2017 u Rwanda na Malawi basinye amasezerano yo guhererekanya abanyabyaha.

Izina Vincent Murekezi ariko ryibutsa Aanyarwanda cyane cyane abakomoka mu majyepfo mu mugi wa Huye ibihe bitari byiza kuko yari umwicanyi ruharwa mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Murekezi kimwe n’abandi banyarwanda bahunze ubutabera abenshi bahiriwe n’ubucuruzi muri icyo gihugu, bityo bibafasha kwiyegereza abantu bo mu nzego zitandukanye muri icyo gihugu. Kuvuga izina Murekezi muri Malawi byari ikizira kubera imbaraga yari afite.
Ibinyamakuru bibiri byo muri icyo gihugu byagerageje kwandika kuri uyu mu gabo byararezwe n’abunganizi mu mategeko ba Murekezi mu mwaka wa 2016.

Ibi binyamakuru byavugaga ko yabonye pasiporo mu buryo butemewe n’amategeko ndetse yiyita umutanzaniya kandi ari umunyarwanda ushakishwa n’ubutabera kubera ibyaha bya Jenoside yasize akoze mu Rwanda. Abandikaga iyi nkuru ntibashyizeho amazina yabo kubera gutinya imbaraga za Murekezi.
Nubwo Murekezi yakingirwaga ikibaba n’inzego z’umutekano ndetse akagira inshuti zikomeye harimo uwari Minisitiri w’umutekano Uladi Mussa ndetse n’umupolisi ukomeye ACP Emmanuel Soko igitutu cyabaye cyinshi maze arafatwa arafungwa kubera kubona pasiporo yicyo gihugu akoresheje ruswa n’impapuro mpimbano.

Uwari Minisitiri Uladi Mussa nawe yarafashwe arafungwa akatirwa imyaka itandatu kubera guha pasiporo Murekezi akanamuhindurira irangamimerere.
Murekezi yari afite pasiporo ifite numero MA0788171 yabonye mu mwaka wa 2011 ku mazina ya Banda Vincent igaragaza ko yavukiye Tanzaniya. Ubwo Murekezi yamenyaga ko ibye byagiye hanze, yagiye mu gihugu cy’Afurika y’Epfo amarayo imyaka igera kuri itatu agaruka muri 2016 nibwo yahise afatwa ariko arekurwa nyuma y’iminsi itatu amaze gutanga ruswa y’amadorali ibihumbi bitatu. Murekezi nubwo yari yarasabye uruhushya rwo gutunga imbunda, ntarwemerwe byaje kumenyekana ko yari atunze imbunda. Ibya Murekezi byakomeje kuba agatereranzamba kuko yarafatwaga akongera akarekurwa kubera gukoresha ruswa ariko tariki ya 6 Werurwe 2017 yakatiwe igihano cyo gufungwa imyaka itanu ahamwe n’ibyaha bya ruswa no kunyereza imisoro yakoze guhera mu mwaka wa 2008.

Icyo gihano nicyo Murekezi ari gukora akaba ategereje ko kirangira mu gihe ategerejwe kuburana ku byaha bya Jenoside dore ko Gacaca yo yamukatiye imyaka 19 adahari. Niba warageze ahitwa « Kuri Ruliba » mu mudugudu wa Nyarurembo, akagari ka Gitwa, umurenge wa Tumba mu karere ka Huye waba warageze ku rugo rwa Vincent Murekezi kuko niwe wabashije kubakisha urugo rwe amatafari ya Ruliba yakoreshwaga na bake mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi.

Murekezi avugwa mu bwicanyi bwibasiye Abatutsi muri Butare aho yakoranaga hafi na hafi na Major Cyriaque Habyarabatuma, Dr. Sosthene Munyemana na Dr. Eugene Rwamucyo. Ashinjwa gushuka Abatutsi ko azabakiza akabajyana iwe akabaka amafaranga ubundi akabagabiza interahamwe.
Murugo rwe harimo igiti cy’umunyinya. Aha niho inama zaberaga zo kwica abatutsi ndetse nimugoroba akagurira interahamwe inzoga azishimira akazi keza zakoze.

Murekezi amaze kubona ibyaha yakoze ndetse no kumenya amakuru ko ingabo za RPF Inkotanyi zikomeje gufata uduce twinshi, yahunze mu bambere dore ko yambutse umupaka wa Rusizi muri Kamena 1994 yambukana n’ikamyo itwaye ibicuruzwa.

Nyuma yo kuba mu mutwe wa FDLR, Murekezi yerekeje muri Afurika y’Epfo akaba yarabaye n’umunyamuryango wa RNC umutwe w’iterabwoba washinzwe na Kayumba Nyamwasa. Murekezi yagaragaye kenshi mu myigaragambyo yateguwe na RNC yiyita umunyapolitiki ndetse no mu nama zayo.

Ibi byo kwihisha inyuma ya politiki bikorwa n’abajenosideri benshi batandukanye. Jean Paul Micomyiza uherutse koherezwa n’ubutabera bwo muri Suwede, yasuwe na Televiziyo yo muricyo gihugu yitwa TV4 maze ayibwira ko impamvu ubushinjacyaha bwo mu Rwanda bumushaka ari uko aba mu ishyaka ritavuga rumwe na leta rya FDU Inkingi ryashinzwe na Victoire Ingabire.

Ntabwo ariwe wenyine mwicanyi ubarizwa muri iryo shyaka kuko na Marcel Sebatware wishe abatutsi mu Bugarama nawe yihisha inyuma ya politiki ahunga ubutabera. Urutonde ni rurerure muri FDU Inkingi.

Muri Malawi ntabwo Murekezi yari umuntu usanzwe. Ruswa no kunyereza imisoro yabikoze guhera 2006 ariko ntakinyamakuru cyangwa umuryango utegamiye kuri Leta washoboraga kuba wabishyira hanze kubera gutinya kuba bagirirwa nabi bitewe n’abantu bakomeye bari baziranye na Murekezi. Ntabwo ariwe wenyine kuko amakuru menshi avuga ko muri Zambiya na Malawi, abasize bahekuye u Rwanda bageze muri ibyo bihugu bakorana ingufu bidasanzwe bitandukanye n’abenegihugu bityo bakagira ubushuti budasanzwe n’abari mu nzego z’umutekano n’abandi bayobozi batandukanye kubera kugira amafaranga.

Ibya Murekezi muri Malawi ninki bya Kabuga Felecien muri Kenya. Bakoresheje imitungo yabo ngo babashe gucika ubutabera igihe kirekire bagaha ruswa abayobozi batandukanye ndetse nabo mu nzego z’umutekano bakaburirwa mbere igihe bashakishwa. Aha ni mu bihugu byo muri Afurika birangwamo ruswa.

Mu bihugu by’uburayi n’Amerika, abajenosideri bihisha inyuma ya politiki, imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ndetse n’itangazamakuru.

Imyaka hafi 30 irashize Jenoside yakorewe Abatutsi ihagaritswe, kuvuga ko bitazongera ukundi ni ukubanza ugahana abayikoze nkuko byemezwa n’imyanzuro y’Umuryango w’Abibumbye ndetse n’Umuryango w’Ubumwe bw’Afurika kuri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda.

2023-05-12
Editorial

IZINDI NKURU

Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda

Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda

Editorial 05 Mar 2022
Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Editorial 28 Feb 2022
Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Editorial 07 Feb 2018
Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Editorial 22 Mar 2022
Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda

Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda

Editorial 05 Mar 2022
Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Editorial 28 Feb 2022
Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Abakora ibyaha by’icuruzwa ry’abantu n’abakomisiyoneri baranga abakobwa b’ indaya mu mujyi wa kigali akabo kashobotse

Editorial 07 Feb 2018
Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Rayon Sports ntigikinnye umukino wa Gicuti na Le Messager Ngozi yo mu gihugu cy’u Burundi

Editorial 22 Mar 2022
Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda

Abakinnyi 10 ndetse n’umutoza w’ungirije wa Espoir FC ntabwo bagaragara ku munsi wa 20 wa Shampiyona y’u Rwanda

Editorial 05 Mar 2022
Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Amakipe 23 arimo 7 yo mu kiciro cya kabiri niyo yiyandikishije kuzitabira imikino y’igikombe cy’amahoro 2022 kizasozwa hagati mu kwezi kwa Gicurasi

Editorial 28 Feb 2022
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru