• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • U Rwanda rwegukanye ibikombe bibiri bya Men’s IHF Trophy Africa/Zone 5 mu batarengeje imyaka 18 na 20   |   09 May 2026

  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Diane Rwigara agaruye kandi ubushotoranyi mu matora?

Ubwanditsi 10 May 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI

Diane Rwigara ni umukobwa wa nyakwigendera Assinapol Rwigara, umucuruzi wazize impanuka y’imodoka ariko umuryango we ukanga kwemera ibyabaye abantu bose bareba, ahubwo urupfu rwe ukarugereka ku buyobozi bw’u Rwanda.

Abakurikiranye ibyo kwa Rwigara, bibaza ikibatera kugereka amaraso ye kuri Leta, bazi neza ko yazize impanuka, ndetse bakaba barakiriye impozamarira bahawe na sosiyete Rwigara yari yarafashemo ubwishingizi bw’impanuka.

Impamvu yo gusebanya nibo bayizi, kimwe n’iyatumye Diane Rwigara nyina Adeline Mukangemanyi baba ibigarasha, ubuyobe basangiye na Tabitha Gwiza na Ben Rutabana bava inda imwe na
Mukangemanyi.

Diane Rwigara rero ahora yigamba ngo kuzahorera se Rwigara, ngo akazabigeraho ubwo azaba ari Perezida w’u Rwanda.

Mu matora yo mu mwaka wa 2017 yaranduranyije ngo arashaka kwiyamamariza kuba Umukuru w’Igihugu, kandi abizi neza ko atujuje ibisabwa ngo ahatanire uwo mwanya w’ikirenga.

Amategeko agenga aya matora asaba uwiyamamaza nk’umukandida wigenga, yerekana urutonde rw’abantu 600 bashyigikiye ukwiyamamaza kwe, kandi barimo 20 bo muri buri karere.

Ibi kubigeraho bisaba kuba Abanyarwanda basanzwe bakuziho ubuhanga n’ubushake bwo kubakorera, kandi waragaragaje indangagaciro zirimo kwiyubaha. Amafoto y’urukozasoni yagiye ku Karubanda uyu mukobwa yambaye ubusa butsinsima, ninde wayarengaho akamubonamo umuyobozi wiyubashye?

Diane Rwigara rero yabonye adashobora kubona abo bantu, ahimba imyirondoro n’imikono yabo. Komisiyo y’Amatora imaze gutahura ko ku rutonde rw’abantu Diane Rwigara yatanze hariho 3 bari bamaze igihe barapfuye, yanze kwakira kandidatire ye. Ni aho bamwe bahora bashakira u Rwanda ibyaha bahereye barasizora, ngo Kagame yatinye ko Rwigara amutsinda! Amenyo ni amabuye koko.

Mu gihe benshi ahubwo bakibaza impamvu ataryojwe ubwo buriganya buhanwa n’amategeko, ibisazi biraganguye mu mutwe wa Diane Rwigara n’abamwogeza!

Nyuma y’imyaka 7 yose atagaragara mu gikorwa nibura kimwe gifitiye Abanyarwanda akamaro, iyi nyigaguhuma muri politiki ibyukije ibyo kwiyamamaza mu matora ya Perezida wa Repubulika, ateganyijwe muri Nyakanga uyu mwaka wa 2024.

Si akumiro gusa, ni n’agasomborotso kuba yirengagije icyaha yakoze ubushize, yagombye no kuba yarahaniwe.

Ese agarukanye bwa bushotoranyi n’andi manyanga, ngo nibongera kumwangira kwiyamamaza, we n’ibigarasha bigenzi bye bazongere bavuze induru ngo mu Rwanda nta “rubuga rwa politiki” ruhari?

Ibigarasha, abajenosideri n’ababashyigikiye barakora ibishoboka byose ngo bazane kidobya mu matora ari imbere, dore ko bibarya cyane iyo babona nta mvururu zirangwa mu matora yo mu Rwanda.

Babonye Ingabire Victoire ubusembwa mu mategeko butamwemerera kwiyamamaza, bavumbura ko umutekamutwe Padiri Tomasi Nahimana n’ihabara rye Kansinge Nadine, bibereye mu ikinamico, bati uwashora Diane Rwigara yazana intugunda muri ariya matora.

Barabizi neza ko Diane Rwigara yiyamamaje atatorwa. Niyo mpamvu bazakora uko bashoboye bakamufasha kwica amategeko, kugirango Komisiyo y’Amatora yongere itere utwatsi kandidatire ye, maze induru bayihe umunwa nk’uko bamenyereye.

Abanyarwanda batahuye imigambi y’abatabashakira ineza, kandi ibuye ryagaragaye ntiriba rikishe isuka. Ntibazaha urwaho rero uwashaka kubasubiza inyuma.

Kwiyamamaza ni uburenganzira bwa buri Munyarwanda wujuje ibisabwa, ariko ni n’uburenganzira bw’ababishinzwe kurwanya icyateza impagarara cyose mu gihugu.

2024-05-10
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

#Umwiherero15: Ntimuva aha mutansubije – Perezida Kagame abwira abayobozi

#Umwiherero15: Ntimuva aha mutansubije – Perezida Kagame abwira abayobozi

Ubwanditsi 26 Feb 2018
Uko Nyakubahwa Perezida Kagame Paul Yagobotse Urugamba rwo Kubohora Igihugu no Guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi, Uburyo Yasezeye Amasomo n’Uko Umusozo w’Urugamba wagenze

Uko Nyakubahwa Perezida Kagame Paul Yagobotse Urugamba rwo Kubohora Igihugu no Guhagarika Jenoside yakorewe abatutsi, Uburyo Yasezeye Amasomo n’Uko Umusozo w’Urugamba wagenze

Ubwanditsi 02 Oct 2020
Kagame yihanganishije Abanyacuba nyuma yo kubura umukambwe Fidel Castro

Kagame yihanganishije Abanyacuba nyuma yo kubura umukambwe Fidel Castro

Ubwanditsi 28 Nov 2016
Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye

Ronald Koeman watozaga ikipe ya FC Barcelona yirukanywe nyuma yo gutsindwa na Rayo Vallecano mu mukino wa shampiyona yo muri Esipanye

Ubwanditsi 28 Oct 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya
POLITIKI

Perezida Kagame yakomoje ku bufatanye bwagejeje u Rwanda ku kwakira impunzi zizava muri Libya

Ubwanditsi 25 Sep 2019
Umutoza wa Young Africans yatangaje amagambo akomeye mbere yo guhura na Rayon Sports
IMIKINO

Umutoza wa Young Africans yatangaje amagambo akomeye mbere yo guhura na Rayon Sports

Ubwanditsi 16 May 2018
Icyo abanya Kigali bavuga kuri Coup d’ Etat yakorewe Kayumba muri RNC
ITOHOZA

Icyo abanya Kigali bavuga kuri Coup d’ Etat yakorewe Kayumba muri RNC

Ubwanditsi 07 Jul 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru