• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Imyaka 20 y’ubutegetsi bwa CNDD FDD yoretse u Burundi mu manga ikomeye   |   06 Jun 2025

  • Ibyo Urubyiruko Rugomba Kumenya kuri Ingabire Victoire   |   04 Jun 2025

  • Ibihugu Umunani byo ku migabane itandukanye, bigiye guhurira mu Rwanda mu irushanwa ryo Kwibuka ku ncuro ya 31 Genocide yakorewe Abatutsi 1994   |   03 Jun 2025

  • Minisitiri Bizimana yakurugutuye Gustave Mbonyumutwa washakaga “kugira abatagatifu” abajenosideri barimo se Shingiro Mbonyumutwa na Ngirumpatse   |   03 Jun 2025

  • Amavubi yatangiye umwiherero muri Algeria, Manishimwe Djabel yangiwe kwinjira mu gihugu , Rafael York ntiyatanze impamvu yo kutitabira umwihero   |   02 Jun 2025

  • Niyigena Clément wa APR FC n’uwahoze ari umutoza we Darko Novic mu begukanye ibikombe by’abahize abandi muri Rwanda Premier League 2024-2025   |   31 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Tshisekedi yabaye iciro ry’imigani mu Burayi n’Amerika kubera guhuzagurika muri politiki ye y’ububanyi n’amahanga

Editorial 17 May 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Abakurikiranira hafi uko Perezida wa Kongo-Kinshasa, Félix Tshisekedi afatwa mu bihugu by’Uburayi n’Amerika, bemeza ko azwi nk’umwana muri politiki, kubera cyane cyane ihuzagurika rimuranga mu mibanire ye n’ibyo bihugu.

Ntawe utazi ko kugirana umubano wihariye n’Uburusiya bivuze gutera umugongo ibihugu bishyigikiye Ukraine, nk’Ubufaransa, Ubwongereza, Ubudage, Ubutaliyani, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, n’ibindi bigize umuryango ushingiye ku bufatanye mu bya gisirikari, OTAN.

Nubwo Tshisekedi ahora ategeye ibiganza Uburayi n’Amerika ngo bimugoboke mu bibazo by’ingutu afite, yarahindukiye asinyana amasezerano na Perezida Vladimir Putin, akubiyemo ko Uburusiya buzaha intwaro zigezweho n’imyitozo ikomeye igisirikari cya Kongo, cyane cyane mu ntambara gihanganyemo n’umutwe wa M23.

Ibi kandi arabikora, yibwira ko Uburusiya bwibagiwe ko Tshisekedi ari umwe mu bashyigikiye umwanzuro w’akanama ka Loni gashinzwe amahoro ku isi, wamagana intambara Perezida Putin yagabye muri Ukraine.

Kimwe n’abamubanjirije kandi, Tshisekedi akomeje gukatira Abashinwa itako ry’ubutware, dore ko Abashinwa basanganywe mu biganza igice kinini cyane cy’umutungo kamere wa Kongo. Ibyo nabyo ntibishimisha ibihugu byo mu burengerazuba bw’isi, bisanzwe bihangayikishijwe n’uko Ubushinwa burushaho kugira ijambo rinini ku bukungu bw’Afrika.

Icyateye Tshisekedi uko guhubuka nk’uko abasesengura politiki ye babisobanura, ngo yarakariye cyane Uburayi n’Amerika, nyuma y’uko byanze gushingira ku binyoma bye, ngo bifatire u Rwanda ibihano, dore ko amaze gukora ingendo zitabarika ajya gusabira uRwanda gucibwa umutwe.

Ubusesenguzi bw’impuguke dusanga ku rubuga “Politico. Cd”, buvuga ko ikindi cyashenguye umutima Tshisekedi, ari amasezerano uRwanda rwagiranye n’Umuryango w’Ubumwe bw’Ibihugu by’Uburayi, arebana n’ubucuruzi bw’amabuye y’agaciro.

Tshisekedi abifashijwemo na bamwe mu bategetsi cyane cyane bo mu Bubiligi, barwanyije aya masezerano, bashingiye kuri ya ndirimbo yaharurutswe ngo “uRwanda rucuruza amabuye rusahura muri Kongo”, nyamara uwo muryango w’abanyaburayi ntiwabiha agaciro, kuko uzi neza ko uRwanda rwifitiye ibirombe byarwo bwite.

Nk’uko “Politico.cd” ikomeza ibisobanura, iyi politiki y’indimi nyinshi yatangiye kugwa nabi Tshisekedi. Urugero ni uko ngo yasabye kwakirwa muri “White House”( perezidansi y’Amerika), ariko ngo amezi abaye menshi Perezida Joe Biden yaramwihireye.

Abonye rero bitangiye kumubana bibi, Tshisekedi yashatse gukeza abami babiri, maze yongoshyoshya Ukraine ngo nayo bagirane umubano. Ubu icyo gihugu cyafunguye ambasade i Kinshasa, ariko ni nko guhomera iyonkeje, kuko bigoye kubana na Ukraine, unafitanye ubucuti bwihariye n’Uburusiya.

Nguko rero uko Tshisekedi amahanga agenda amucishamo ijisho. Azagira ibibazo by’imbere mu gihugu se, yongereho no gutakaza icyizere mu ruhando mpuzamahanga, haba mu karere haba no hanze yako, amaherezo ntazata igihugu akisubirira guceza ndombolo i Matonge mu Bubiligi?

Tubitege amaso.

2024-05-17
Editorial

IZINDI NKURU

Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Editorial 07 Nov 2020
Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda

Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda

Editorial 13 Jan 2019
Ifoto y’umunsi

Ifoto y’umunsi

Editorial 13 Jan 2016
Byumvuhore: Ukunda iki?

Byumvuhore: Ukunda iki?

Editorial 22 Aug 2020
Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Editorial 07 Nov 2020
Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda

Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda

Editorial 13 Jan 2019
Ifoto y’umunsi

Ifoto y’umunsi

Editorial 13 Jan 2016
Byumvuhore: Ukunda iki?

Byumvuhore: Ukunda iki?

Editorial 22 Aug 2020
Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Iserukiramuco ryitwa “Hamwe Festival” rya Kaminuza yitwa University of Global Health Equity, rigiye kongera kubera mu Rwanda ku nshuro ya 2 harebwa cyane ubuzima bwo mu mutwe

Editorial 07 Nov 2020
Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda

Etienne Tshisekedi azwiho ko ari umuntu wabaniraga neza u Rwanda

Editorial 13 Jan 2019
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

21 May 2025
AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru