• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Baker Byatsi yafungiwe ubujura imyaka ine afungurwa kuko yisiramuje nabi muri gereza bikamugwa nabi-Mushiki wa Byatsi byose yabivuze   |   28 May 2026

  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Agapfa kaburiwe ni impongo; Abagura Indaya bahawe imbuzi   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Uwunganira mu mategeko Nkunduwimye yavuze ko bashobora kurega Silas Majyambere wamwihakanye burundu

Ubwanditsi 06 Jun 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Umunyamategeko wa Nkunduwimye Emmanuel uri kuburanishirizwa mu Rukiko rwa Rubanda mu Bubiligi, Dimitri de Beco, yagaragaje ko batengushywe n’imyitwarire y’abatangabuhamya barimo na Silas Majyambere wihakanye muramu we, akavuga ko batakoranye mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ubwo uruhande rwa Nkunduwimye uzwi nka Bomboko rwireguraga ku byo umukiliya wabo akurikiranweho, Me Dimitri de Beco, yavuze ko abatangabuhamya Nkunduwimye yagiriye neza bamwe akabarokora, banze gutanga ubuhamya.

Yavuze kandi ko bababajwe n’uburyo Silas Majyambere, muramu wa Nkunduwimye yahakanye ko yamukoresheje mu maduka ye, anemeza ko nyuma y’uru rubanza bashobora kumurega kuko bafite n’amasezerano ashimangira ko Bomboko yakoreraga uwo mugabo.

Silas Majyambere yari yanze gutanga ubuhamya mu rubanza rwa Bomboko ariko nyuma aza kuva ku izima yemera kubutanga, avuga ko nta makuru yibuka kuko yavuye mu Rwanda mbere ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Nubwo bivugwa ko mbere y’uko Silas Majyambere ava mu Rwanda yakoranaga na Bomboko wari warashatse mushiki we, Majyambere yabihakaniye mu rukiko avuga ko batigeze bakorana.

Aho niho Me Dimitri de Beco yahereye agaragaza ko batumva neza ukuntu nka Majyambere uzi neza ko Nkunduwimye yari umukozi we, yaba yaravuze ko atamukoresheje.

Akomeza ati “Nyuma y’urubanza na we tuzamurega kuko dufite amasezerano agaragaza ko yamukoreraga.”

Yavuze ko abo yagiriye neza banamuzi neza bagiye banga kujya gutanga ubuhamya mu rukiko barimo na Paul Rusesabagina ahubwo bugatangwa n’abandi bataziranye na Nkunduwimye na we atazi.

Ku ruhande rwa Me Dimitri, yagaragaje ko umukiliya we nta muntu n’umwe yigeze yica ahubwo ko hari benshi yakijije ngo baticwa.

Yavuze ko uruhare rwe mu kugendana n’Interahamwe ari byo byamufashaga kumva no kumenya gahunda bafite bityo akabigenderaho akiza abantu, yemeza ko abo yajyanaga muri Mille colline bose bari baziranye kandi babona ko ari umuntu mwiza.

Ku rundi ruhande ariko abatanze ubuhamya bemeza ko Nkunduwimye yabajyanye muri Hotel de Milles Colline yabanzaga kubaca amafaranga ari hagati y’ibihumbi 600 Frw na 800 Frw.

Urubanza rwa Bomboko rugiye kumara amezi abiri kuko rwatangiye kuburanishwa mu ntangiriro za Mata 2024, rukazapfundikirwa mu ntangiriro za Kamena 2024.

(Ivomo:Igihe)

2024-06-06
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Perezida Nkurunziza yemerewe kuyobora u Burundi kugeza mu 2034, Agathon Rwasa arateganya kwitabaza inkiko

Ubwanditsi 22 May 2018
Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni

Ubwoba bw’ibihano kuri Kayumba na RNC nyuma ya raporo y’impuguke za Loni

Ubwanditsi 06 Jan 2019
Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Gatare na Tom Ndahiro bati “Hari Abanyamakuru b’ Abanazi, Ingabire Victoire akwiye gusaba imbabazi abanyarwanda

Ubwanditsi 13 Sep 2021
Ese  abacengezi baba bongeye gutera igihugu

Ese abacengezi baba bongeye gutera igihugu

Ubwanditsi 07 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye isabukuru y’imyaka 59 Madagascar ibonye ubwigenge
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye isabukuru y’imyaka 59 Madagascar ibonye ubwigenge

Ubwanditsi 26 Jun 2019
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 muri Volleyball yisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu gikombe cy’Isi.
Amakuru

Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abakobwa batarengeje imyaka 20 muri Volleyball yisanze mu itsinda rimwe na Brazil mu gikombe cy’Isi.

Ubwanditsi 14 Jun 2021
Perezida Kagame arasura Cote d’Ivoire muri iki cyumweru dutangiye
INKURU NYAMUKURU

Perezida Kagame arasura Cote d’Ivoire muri iki cyumweru dutangiye

Ubwanditsi 16 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru