• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Nyuma y’imyaka 12 y’ubufatanye, Amasezerano ya Rayon Sports na SKOL yageze ku musozo   |   09 Jun 2026

  • Bombori bombori muri RNC: Serge Ndayizeye nawe yeretswe umuryango   |   08 Jun 2026

  • Ku bw’impamvu z’umutekano, umwiherero w’ikipe y’igihugu, Amavubi wari kubera muri Morocco wimuriwe mu Misiri   |   03 Jun 2026

  • APR FC yatangaje ko itazakomezanya n’abakinnyi batatu barimo Aliou Souané, Mamadou Sy na Mahamadou Lamine Bah   |   03 Jun 2026

  • Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze   |   03 Jun 2026

  • Mozambique izatanga amafaranga yo gufasha Ingabo z’u Rwanda mu butumwa bw’i Cabo Delgado   |   02 Jun 2026

 
You are at :Home»POLITIKI»Radio France Inter irasaba imbabazi nyuma y’amagambo yatambukije yita Abatutsi bazize Jenoside ibigoryi

Radio France Inter irasaba imbabazi nyuma y’amagambo yatambukije yita Abatutsi bazize Jenoside ibigoryi

Ubwanditsi 24 Mar 2018 POLITIKI

Umuyobozi wa Radio Mpuzamahanga y’Abafaransa ,Radio France Inter, Laurence BLOCH yavuze ko nawe ubwe yahangayikishijwe cyane n’amagambo yatambutse kuri Radio akuriye, mu kiganiro cyari kiyobowe n’umunyamakuru Ali Baddou.

Ni mu rwandiko yasubije ibaruwa aherutse kwandikirwa n’umujyanama w’umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bufaransa, Maitre Richard Gisagara, nyuma y’amagambo yuzuye ubwirasi yavuzwe n’umunyamakuru Natacha Polony mu kiganiro cyari kiyobowe na Ali Baddou.

Umuyobozi w’iyi Radio yanditse avuga ko yababajwe cyane n’amagambo ya Natacha Polony yarasanzwe azi nk’umunyamakuru w’inyangamugayo.

Muri icyo kiganiro cyatambutse kuwa 18 Werurwe, Natacha Polony yavuze ko jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda ari ubushyamirane bwabaye hagati y’abantu b’ibigoryi bari basubiranyemo.

Laurence BLOCH, umuyobozi wa Radio France Inter mu rwandiko rwe, akomeza avuga ko yumva neza impamvu ayo magambo yababaje Abanyarwanda baba mu Bufaransa n’imiryango y’abishwe muri jenoside, kuko ari amagambo yuzuye ipfobya, ndetse ko bitumvikana ukuntu ayo magambo ashobora gutambuka kuri antene ya Radio Abereye umuyobozi bikemerwa.

Mu rwandiko rwa BOLOCH akomeza agira ati : « Ngira ngo kandi mwanumvise ko Natacha Polony yavuze inshuro ebyiri ko atagamije guhakana jenoside yakorewe Abatutsi. Ku bwanjye rero, nkurikije ibyo mwanditse mu ibaruwa yanyu, nsanga bidasemura neza icyo yashakaga kuvuga.

Ni yo mpamvu nemeranya na Natacha Polony na Ali Baddou, ko mu kiganiro cyo ku cyumweru bazagaruka ku kaga kagwiriye u Rwanda kandi ndizera ko ari umwanya wo gukuraho urwikekwe kuri Radio France Inter no kuri umwe mu banyamakuru bayo rwo guhakana jenoside.

Nkaba nifuzaga kubasaba ko mwangereza ubutumwa ku banyarwanda baba mu Bufaransa ukababwira ko nababajwe n’ibyabaye mbikuye ku mutima.”

2018-03-24
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Ubwanditsi 18 Jun 2024
Zimbabwe: Umukandida wa MDC yatangiye gushakisha amajwi yitwaje perezida Kagame

Zimbabwe: Umukandida wa MDC yatangiye gushakisha amajwi yitwaje perezida Kagame

Ubwanditsi 29 May 2018
Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Igitutu cyaba gikuye Tshisekedi ku izima akemera isenywa ry’umufatanyabikorwa we, FDLR?

Ubwanditsi 14 Oct 2024
Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi

Perezida Putin yahishuye uko yatanze itegeko ryo guhanura indege y’abagenzi

Ubwanditsi 12 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora
Mu Rwanda

Frank Habineza na we yemeye ibyavuye mu matora

Ubwanditsi 05 Aug 2017
Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame
UBUKUNGU

Inzego zitandukanye zirimo gutegura uburyo abatishoboye bafashwa – Perezida Kagame

Ubwanditsi 28 Mar 2020
Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga
INKURU NYAMUKURU

Abasenateri ba Amerika barasabira ibihano leta ya Uganda kubera kutubahiriza uburenganzira bwa muntu no kwica amasezerano mpuzamahanga

Ubwanditsi 17 Dec 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru