• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Editorial 02 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Umuganura ntibivuze kwishimira no gusangira umusaruro w’ibiribwa n’ibinyobwa gusa.

Umuganura ni n’ikimenyetso cy’ubusabane, kwifurizanya amahoro, no gusigasira ubumwe bwacu, duharanira kongera ibyiza mu bindi.

Umuganura w’uyu mwaka wa 2024 wo uje ushimangira umunezero w’Abanyarwanda, kuko usanze tukiri mu birori byo kwishimira amahitamo meza, nyuma yo guhamya igihango dufitanye na Perezida Paul Kagame, twongeye gusaba ngo akomeze aturangaze imbere mu cyerekezo kiduha agaciro.

Ibyo kwishimira ni byinshi, ariko ikiruta byose ni amahoro n’umutekano, kuko aribyo shingiro ry’uburumbuke muri byose.

Ni muri urwo rwego, mu midugudu hirya no hino mu Rwanda, abaturage basangira amata, amarwa n’umutsima, bakesha politiki ishyize imbere umurimo, ubufatanye n’imibarine myiza hagati y’Abanyarwanda.

Mu bihugu binyuranye kandi hari Abanyarwanda bahuriye mu birori byo kwifatanya n’abari mu gihugu, bagaragaza ko bagikomeye kuri gakondo n’umuco nyarwanda. Nta cyiza nko kugira igihugu kigukunda, nawe ukagihesha ishema aho uri hose.

Uyu muganura usanze ariko hakiri Abanyarwanda bakifuza kutuvutsa ibi byiza. Abo ni abajenosideri n’ibigarasha, bihora biterwa ipfunwe na buri ntambwe yacu igana imbere. Kuri bo umuganura ukwiye gusimburwa n’intugunda, amarira n’imiborogo. Ibyo ni inzozi zabo ku Rwanda, ariko batazigera bakabya.HARABAYE NTIHAKABE!

Abo ni nka Ingabire Victoire na FDU/FDLR ye, rwa rubyaro rw’abahekuye uRwanda rwo muri Jambo asbl, ba Paul Rusesabagina, ba Kayumba Nyamwasa n’abo basigaranye muri cya gipampara ngo RNC , ba Dr Charles Kambanda, David Himbara, Théogène Rudasingwa, Nahimana Thomas n’izindi ndindagire, ba mpemuke ndamuke, abagaragu ba mpatsibihugu.

Abo bavandimwe barabunza akarago aho banzwe, kandi uRwanda ruhora rubategeye yombi, ngo baze basangire n’abandi amata y’iterambere, umusaruro w’ ubumwe n’ubwiyunge.

Babaye intumva. Inabi n’umwiryane byabagize imbata, bahitamo kwangara, kugambana, amaherezo yabo akazaba kugwa igihugu igicuri.

Birababaje ariko. Ni agahinda kubona nyuma y’imyaka 30 bingingirwa kuva ibuzimu kakajya ibuntu, hari abahisemo kwimika igisebo, gusahura no gusabiriza, kandi iwabo bejeje.

Birumvikana ko mu Rwanda umusaruro utaragera ku kigero twifuzwa, ari nayo mpamvu umuganura utubera n’umwanya wo gufata ingamba, ahakiri hasi tukahazamura.

Ikindi, baca umugani ngo” aho umwaga utari urukwavu rwisasira batanu”. Ibihari uko byaba bingana kose, tubisangira mu mahoro, kurusha bya bindi abagome bita byinshi kandi ari iby’abandi, ndetse bakabirya babitamo amarira.

Umuganura mwiza ku Banyarwanda twese, yemwe namwe abakiraraguza, mukwiza amagambo iw’abandi, nimuve ku izima, muze dusangire AMAHORE N’AMAHORO.

Muhumure rwose ntawe uzabannyega ngo mwaratinze, kuko ubugabo butisubiraho nibwo bubi, kuko bubyara ububwa.

2024-08-02
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’u Rwanda, Sudani y’Amajyepfo nayo irashinja Uganda gucumbikira no gutoza abarwanya icyo gihugu

Nyuma y’u Rwanda, Sudani y’Amajyepfo nayo irashinja Uganda gucumbikira no gutoza abarwanya icyo gihugu

Editorial 22 Jul 2019
U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

U Rwanda runganyije na Cameron rubura amahirwe yo gukina imikino ya nyuma y’igikombe cy’Afurika 2021 kizakinwa muri Mutarama 2022.

Editorial 30 Mar 2021
Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.

Ikibazo cy’isuku nke ,umwanda ,ubwishingizi ku bakozi  mu ruganda Kigali Leather Ltd cyaburiwe umuti.

Editorial 07 Feb 2018
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Editorial 20 Nov 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe
Amakuru

Ingabire Victoire Umuhoza yafatiwe mu buriganya bwo kwiyandikishaho ubutaka butari ubwe

Editorial 28 Sep 2022
Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano
INKURU NYAMUKURU

Abaturage ba Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bamenyeshejwe ko u Rwanda ruri mu bihugu Umunyamerika ashobora kujyamo yizeye umutekano

Editorial 27 Dec 2018
Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye
ITOHOZA

Isomwa ry’urubanza rw’abo kwa Rwigara ryasubitswe mu buryo butunguranye

Editorial 20 Oct 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru