• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Banyarwanda aho muri hose, nimuze dusangire umuganura w’amahore n’amahoro

Editorial 02 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda

Umuganura ntibivuze kwishimira no gusangira umusaruro w’ibiribwa n’ibinyobwa gusa.

Umuganura ni n’ikimenyetso cy’ubusabane, kwifurizanya amahoro, no gusigasira ubumwe bwacu, duharanira kongera ibyiza mu bindi.

Umuganura w’uyu mwaka wa 2024 wo uje ushimangira umunezero w’Abanyarwanda, kuko usanze tukiri mu birori byo kwishimira amahitamo meza, nyuma yo guhamya igihango dufitanye na Perezida Paul Kagame, twongeye gusaba ngo akomeze aturangaze imbere mu cyerekezo kiduha agaciro.

Ibyo kwishimira ni byinshi, ariko ikiruta byose ni amahoro n’umutekano, kuko aribyo shingiro ry’uburumbuke muri byose.

Ni muri urwo rwego, mu midugudu hirya no hino mu Rwanda, abaturage basangira amata, amarwa n’umutsima, bakesha politiki ishyize imbere umurimo, ubufatanye n’imibarine myiza hagati y’Abanyarwanda.

Mu bihugu binyuranye kandi hari Abanyarwanda bahuriye mu birori byo kwifatanya n’abari mu gihugu, bagaragaza ko bagikomeye kuri gakondo n’umuco nyarwanda. Nta cyiza nko kugira igihugu kigukunda, nawe ukagihesha ishema aho uri hose.

Uyu muganura usanze ariko hakiri Abanyarwanda bakifuza kutuvutsa ibi byiza. Abo ni abajenosideri n’ibigarasha, bihora biterwa ipfunwe na buri ntambwe yacu igana imbere. Kuri bo umuganura ukwiye gusimburwa n’intugunda, amarira n’imiborogo. Ibyo ni inzozi zabo ku Rwanda, ariko batazigera bakabya.HARABAYE NTIHAKABE!

Abo ni nka Ingabire Victoire na FDU/FDLR ye, rwa rubyaro rw’abahekuye uRwanda rwo muri Jambo asbl, ba Paul Rusesabagina, ba Kayumba Nyamwasa n’abo basigaranye muri cya gipampara ngo RNC , ba Dr Charles Kambanda, David Himbara, Théogène Rudasingwa, Nahimana Thomas n’izindi ndindagire, ba mpemuke ndamuke, abagaragu ba mpatsibihugu.

Abo bavandimwe barabunza akarago aho banzwe, kandi uRwanda ruhora rubategeye yombi, ngo baze basangire n’abandi amata y’iterambere, umusaruro w’ ubumwe n’ubwiyunge.

Babaye intumva. Inabi n’umwiryane byabagize imbata, bahitamo kwangara, kugambana, amaherezo yabo akazaba kugwa igihugu igicuri.

Birababaje ariko. Ni agahinda kubona nyuma y’imyaka 30 bingingirwa kuva ibuzimu kakajya ibuntu, hari abahisemo kwimika igisebo, gusahura no gusabiriza, kandi iwabo bejeje.

Birumvikana ko mu Rwanda umusaruro utaragera ku kigero twifuzwa, ari nayo mpamvu umuganura utubera n’umwanya wo gufata ingamba, ahakiri hasi tukahazamura.

Ikindi, baca umugani ngo” aho umwaga utari urukwavu rwisasira batanu”. Ibihari uko byaba bingana kose, tubisangira mu mahoro, kurusha bya bindi abagome bita byinshi kandi ari iby’abandi, ndetse bakabirya babitamo amarira.

Umuganura mwiza ku Banyarwanda twese, yemwe namwe abakiraraguza, mukwiza amagambo iw’abandi, nimuve ku izima, muze dusangire AMAHORE N’AMAHORO.

Muhumure rwose ntawe uzabannyega ngo mwaratinze, kuko ubugabo butisubiraho nibwo bubi, kuko bubyara ububwa.

2024-08-02
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu

Nyuma y’imyaka 7 akinira APR FC, Buregeya Prince yatandukanye n’ikipe y’Ingabo z’Igihugu

Editorial 14 Jun 2024
Abitwaje intwaro bateye mirenge ya Musanze na Kinigi mu majyaruguru y’u Rwanda bica abantu

Abitwaje intwaro bateye mirenge ya Musanze na Kinigi mu majyaruguru y’u Rwanda bica abantu

Editorial 05 Oct 2019
Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Ikipe ya Rayon Sports yashyizeho uburyo bwo kugura amatike ku bakunzi bayo nubwo batemerewe kwitabira imikino yayo.

Editorial 30 Apr 2021
Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Obed Katurebe mu gihome kubera ibikorwa bye byo guhungabanya umutekano w’u Rwanda afatanyije na Kayumba Nyamwasa

Editorial 07 Jul 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda
Amakuru

Mali yateye ikirenge mu cya Niger, igaragaza ko itifuza gucumbikira abajenosideri b’Abanyarwanda

Editorial 04 Feb 2022
Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5
Amakuru

Manishimwe Djabel yatandukanye na USM Khenchela yo muri Algeria yari amazemo amezi 5

Editorial 01 Feb 2024
Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru
POLITIKI

Minisitiri Kaboneka yakomoje ku mpinduramatwara mu kurwanya ubukene mu itangazamakuru

Editorial 21 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru