• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

  • Kwihambira kuri FDLR ni Umwaku mu yindi   |   17 Aug 2026

  • Amakipe ya AS Kigali mu Bagabo n’Abagore yahinduriwe izina yitwa Kigali FC na Kigali WFC    |   16 Aug 2026

  • Perezida Kagame yakurikiye umukino wa UEFA Super Cup wahuje amakipe ya PSG na Aston Villa yamamaza u Rwanda   |   12 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Ubwanditsi 27 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI, UBUREZI

Nyuma y’aho muri Kigali hatahuriwe inzu y’imyidagaduro ibyinamo abakobwa bambaye ubusa bubiburi, ndetse bagatabwa muri yombi bakurikiranyweho ibyaha by’urukozasoni, hari abagerageje koroshya ayo mahano, berekana ko abayafatiwemo babitewe n’ubukene, ngo kuko “nta yandi mahitamo” ababeshaho bafite.

Uko niko n’umunyamakuru Jean Baptiste Karegeya abibona, ndetse we akemeza ko ikosa ari irya Leta ituma bamwe bacura abandi ku byiza by’Igihugu.

Icyambere, abakene bose mu Rwanda siko biyandarika ngo babone amaramuko. Tuzi ba “ntahonikora” bahitamo guca incuro no kubira icyuya, ariko bagatunga imiryango.

Niba bakubujije kubunza agataro nk’uko Bwana Karegeya abivuga, ariko bakakubakira isoko, wabura igishoro ukorohereza kubona inguzanyo, kuki wahitamo kwiyahura mu byaha, aho ” gushabika” ko hari benshi byahiriye? Erega kwihanganira no guhangana n’ubukene , ariko utandavuye, nabyo ni indangagaciro!

Icya kabiri, twese tuzi gahunda Leta ishyiraho zigamije kuvana abaturage mu bukene. Birumvikana intego ntiragerwaho uko byifuzwa, kuko izo gahunda zinajyana n’ubushobzi bw’igihugu, ariko kwirengagije ubwo bushake bwa politiki, byaba ari uguhata Leta ibicumuro no kuyitemeraho itaka, ku mpamvu twe tutazi.

Ntawe ushobora guhakana ko mu Rwanda hari abigwizaho imitungo mu buryo bufifitse. Abo nibo twumva mu manza kubera ruswa no kunyereza ibya rubanda. Kubirengaho rero ugashinja Leta kubuza rubanda amahitamo, kugeza ubwo hari abasigarana gusa ayo kwishora mu buzererezi, byaba ari ugushakira ibyo byaha inyoroshyo no kubitiza umurindi.

Ese Bwana Karegeya yaba yaraperereje agasanga koko bariya bakobwa bava mu miryango ikennye, ku buryo “nta yandi mahitamo”, uretse gushakira ubuzima mu bibushyira ahubwo mu kaga?

Twebwe nka Rushyashya twaraperereje, dusanga harimo abana bava mu miryango idasaba umunyu, ahubwo ari abahisemo ubwomanzi kubera uburere buke.

Ese mwari muzi ko abana bafatirwa mu biyobyabwenge, mu buraya, no mu zindi ngeso mbi, harimo n’abava mu miryango y’abategetsi, abacuruzi, n’abandi batabuze rwose ibyo bareresha abana? Muzasure Iwawa n’ibndi bigo ngororamuco, muzasanga ikibazo ari uburere kurusha uko ari ubukene.

Mu bihugu twita ko byakataje mu bukungu naho uhasanga imyitwarire iteye isoni n’agahinda, nk’iyi yo kwambara ubusa mu tubyiniro. Ibyo se nabyo twabirebera mu ndorerwamo y’ubukene, no kubura andi “mahitamo”?

Nta gihe mu Rwanda hatabaye ubukene, yewe bunakabije kurusha ubwo dufite ubu, ariko habagaho kwiyubaa no kwanga umugayo.

Ikibazo rero ntawe ukitaye ku ndangagaciro. Ababyeyi ntibagiha umwanya uburere bw’abana, barabaretse bahinduka “iyizimiza ikishaka”.

Ikoranabuhanga mu itumanaho riradufasha,ariko riranatwangiriza. Abana bayorerera ibyo babonye ku mbuga nkoranyambaga, bakamira bunguri bibwira ko aribwo busirimu.

Tureke kwitana ba mwana rero. Buri wese mu muryango nyarwanda yikubite agashyi, dutabare umuco wacu utaraducika. Naho gufata buri kibazo tukagihindura icya politiki ngo tubone uwo dusiga icyasha, byaba ari ukwihunza inshingano zacu twese, zo kurerera igihugu.

2024-08-27
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Isesengura: Kayumba Nyamwasa mu bihe bibi nk’ibyo mu minsi ya nyuma ya Juvenal Habyarimana

Ubwanditsi 31 Oct 2019
Imikino y’umunsi wa mbere mu gikombe cya Afurika yasojwe Mali itsinze Tunisie mu mukino umusifuzi yasoje habura iminota 4 ngo urangire

Imikino y’umunsi wa mbere mu gikombe cya Afurika yasojwe Mali itsinze Tunisie mu mukino umusifuzi yasoje habura iminota 4 ngo urangire

Ubwanditsi 13 Jan 2022
INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

INGINGO Z’INGENZI Z’IMPAMVU YO GUSABA GUHINDUZA AMAZINA

Ubwanditsi 20 Jan 2023
Rubavu : Umusirikare  utaramenyekana yarasiwe ku mupaka  w’u Rwanda na Congo

Rubavu : Umusirikare utaramenyekana yarasiwe ku mupaka w’u Rwanda na Congo

Ubwanditsi 18 Jun 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

As Kigali igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Police FC ku bitego 3-2 mu mikino yombi
Amakuru

As Kigali igeze ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro isezereye Police FC ku bitego 3-2 mu mikino yombi

Ubwanditsi 18 May 2022
Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu
Amakuru

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Ubwanditsi 10 Jan 2021
Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange
INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 16 Mata 1994: Abatutsi barenga 2000 basenyeweho Kiliziya ya Nyange

Ubwanditsi 16 Apr 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru