• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire yavuze ku mvururu zatumye umukino wa Bugesera na Rayon Sports uhagararira ku munota wa 52   |   17 May 2025

  • Rwanda Premier league igiye guhemba abahize abandi Muri shampiyona y’u Rwanda 2024-2025   |   16 May 2025

  • Gutwara igikombe cy’Amahoro atsinze Rayon Sports ku mukino wa nyuma, bimwe mubyo Darko Novic watandukanye na APR FC azibukirwaho   |   14 May 2025

  • Mu gihe gisaga icyumweru kimwe, I Kigali harabera BAL ya 5 izitabirwa n’amakipe arimo APR BBC yo mu Rwanda   |   13 May 2025

  • Ingabo za Afurika y’Epfo Zavanye Ipfunwe muri Congo mu Gikorwa cya SAMIDRC   |   12 May 2025

  • Amakipe ya Police WVC na APR VC yegukanye igikombe cya shampiyona y’u Rwanda muri Volleyball 2024-2025   |   12 May 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Kwishora mu bwomanzi si ubukene, ni ukubura indangagaciro zo kwiyubaha.

Editorial 27 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Rwanda, POLITIKI, UBUREZI

Nyuma y’aho muri Kigali hatahuriwe inzu y’imyidagaduro ibyinamo abakobwa bambaye ubusa bubiburi, ndetse bagatabwa muri yombi bakurikiranyweho ibyaha by’urukozasoni, hari abagerageje koroshya ayo mahano, berekana ko abayafatiwemo babitewe n’ubukene, ngo kuko “nta yandi mahitamo” ababeshaho bafite.

Uko niko n’umunyamakuru Jean Baptiste Karegeya abibona, ndetse we akemeza ko ikosa ari irya Leta ituma bamwe bacura abandi ku byiza by’Igihugu.

Icyambere, abakene bose mu Rwanda siko biyandarika ngo babone amaramuko. Tuzi ba “ntahonikora” bahitamo guca incuro no kubira icyuya, ariko bagatunga imiryango.

Niba bakubujije kubunza agataro nk’uko Bwana Karegeya abivuga, ariko bakakubakira isoko, wabura igishoro ukorohereza kubona inguzanyo, kuki wahitamo kwiyahura mu byaha, aho ” gushabika” ko hari benshi byahiriye? Erega kwihanganira no guhangana n’ubukene , ariko utandavuye, nabyo ni indangagaciro!

Icya kabiri, twese tuzi gahunda Leta ishyiraho zigamije kuvana abaturage mu bukene. Birumvikana intego ntiragerwaho uko byifuzwa, kuko izo gahunda zinajyana n’ubushobzi bw’igihugu, ariko kwirengagije ubwo bushake bwa politiki, byaba ari uguhata Leta ibicumuro no kuyitemeraho itaka, ku mpamvu twe tutazi.

Ntawe ushobora guhakana ko mu Rwanda hari abigwizaho imitungo mu buryo bufifitse. Abo nibo twumva mu manza kubera ruswa no kunyereza ibya rubanda. Kubirengaho rero ugashinja Leta kubuza rubanda amahitamo, kugeza ubwo hari abasigarana gusa ayo kwishora mu buzererezi, byaba ari ugushakira ibyo byaha inyoroshyo no kubitiza umurindi.

Ese Bwana Karegeya yaba yaraperereje agasanga koko bariya bakobwa bava mu miryango ikennye, ku buryo “nta yandi mahitamo”, uretse gushakira ubuzima mu bibushyira ahubwo mu kaga?

Twebwe nka Rushyashya twaraperereje, dusanga harimo abana bava mu miryango idasaba umunyu, ahubwo ari abahisemo ubwomanzi kubera uburere buke.

Ese mwari muzi ko abana bafatirwa mu biyobyabwenge, mu buraya, no mu zindi ngeso mbi, harimo n’abava mu miryango y’abategetsi, abacuruzi, n’abandi batabuze rwose ibyo bareresha abana? Muzasure Iwawa n’ibndi bigo ngororamuco, muzasanga ikibazo ari uburere kurusha uko ari ubukene.

Mu bihugu twita ko byakataje mu bukungu naho uhasanga imyitwarire iteye isoni n’agahinda, nk’iyi yo kwambara ubusa mu tubyiniro. Ibyo se nabyo twabirebera mu ndorerwamo y’ubukene, no kubura andi “mahitamo”?

Nta gihe mu Rwanda hatabaye ubukene, yewe bunakabije kurusha ubwo dufite ubu, ariko habagaho kwiyubaa no kwanga umugayo.

Ikibazo rero ntawe ukitaye ku ndangagaciro. Ababyeyi ntibagiha umwanya uburere bw’abana, barabaretse bahinduka “iyizimiza ikishaka”.

Ikoranabuhanga mu itumanaho riradufasha,ariko riranatwangiriza. Abana bayorerera ibyo babonye ku mbuga nkoranyambaga, bakamira bunguri bibwira ko aribwo busirimu.

Tureke kwitana ba mwana rero. Buri wese mu muryango nyarwanda yikubite agashyi, dutabare umuco wacu utaraducika. Naho gufata buri kibazo tukagihindura icya politiki ngo tubone uwo dusiga icyasha, byaba ari ukwihunza inshingano zacu twese, zo kurerera igihugu.

2024-08-27
Editorial

IZINDI NKURU

Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo

Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo

Editorial 13 Oct 2018
Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Editorial 27 Mar 2020
Minisitiri Vincent Biruta yasimbuye Dr. Richard Sezibera ku Bubanyi n’Amahanga

Minisitiri Vincent Biruta yasimbuye Dr. Richard Sezibera ku Bubanyi n’Amahanga

Editorial 05 Nov 2019
Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma  y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika

Editorial 29 Sep 2022
Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo

Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo

Editorial 13 Oct 2018
Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Editorial 27 Mar 2020
Minisitiri Vincent Biruta yasimbuye Dr. Richard Sezibera ku Bubanyi n’Amahanga

Minisitiri Vincent Biruta yasimbuye Dr. Richard Sezibera ku Bubanyi n’Amahanga

Editorial 05 Nov 2019
Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma  y’igikombe cya Afurika

Ikipe y’igihugu y’abahungu U19 muri Cricket yerekeje muri Nigeria guhatanira itike yo kuzakina imikino ya nyuma y’igikombe cya Afurika

Editorial 29 Sep 2022
Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo

Twagiramungu Faustin yibasiwe ubwo yanengaga itorwa rya Louise Mushikiwabo

Editorial 13 Oct 2018
Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Uyu munsi hagaragaye abandi bantu icyenda barwaye Coronavirus

Editorial 27 Mar 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

INKURU ZAKUNZWE CYANE

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

AFC/M23 yasabye Perezida Tshisekedi ko yerura akavuga ko ashaka imishyikirano

14 Mar 2025
Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

Perezida Paul Kagame yakurikiye umukino u Rwanda rwatsinzemo Djibouti 3-0 hashakwa itike ya CHAN 2025

31 Oct 2024
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

“Agafanta” Perezida wa Tchad yasigiye abasirikari b’u Burundi kabakozeho!

15 Jul 2024
Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

Mu rwego rwo guhangana n’inzara yugarije Abarundi, Perezida Ndayishimiye yageneye ikilo cy’inyama buri mukozi wo mu biro bye.

18 Jun 2024

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023
SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

SADC byashoboka ko yahuza Intego na FARDC Yahisemo Kwifatanya n’Abajenosideri ba FDLR, M23 mu Mambo za Goma biraherera hehe?

06 Nov 2023

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru