• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

  • Perezida Kagame yashimiye amakipe afitanye ubufatanye na Visit Rwanda kubwo kugera muri 1/2 cya Champions League   |   16 Apr 2026

  • Diamond aritegura gutaramira i Kigali mu mpeshyi, mu gitaramo yise ‘Retro Tour’   |   15 Apr 2026

  • Amaherezo y’urubanza rwa Agathe Kanziga azaba ayahe? Azapfa adashyikirijwe ubutabera nk’umugabo we?   |   15 Apr 2026

  • Umutindi ku mutima aba arogoye ijambo rya Perezida Kagame mu Kwibuka, ati “Muribuka ibiki harya?”   |   11 Apr 2026

  • Valens Pappy na DC Clement babere Urugero abandi biyita abanyamakuru babaho ubuzima bw’ikinyoma   |   09 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Kenya yambuye Abakongomani amahirwe yo kwinjira muri icyo gihugu badasabye visa.

Ubwanditsi 29 Aug 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Nubwo Kongo-Kinshasa ari kimwe mu bihugu bigize Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba, kandi umuturage wo muri ibi bihugu akaba yemerewe kujya mu kindi kigize uyu muryango atabanje gusaba uruhushya rwo kukinjiramo, Perezida William Ruto wa Kenya yafashe icyemezo cyo kwambura abaturage ba Kongo ubwo burenganzira, bwo kwinjira muri Kenya badasabye visa.

Mu gufata icyemezo ariko,Perezida Ruto ntiyagendeye ku kuba Kongo itubahiriza inshingano n’imwe kuva yaba umunyamuryango, kuko Kenya atariyo ifatira ibihano umunyamuryango witwara nabi.

Icyerekana ko Perezida Ruto atashingiye ku myitwarire igayitse ya Kongo, ni uko iyo biza kuba ibyo yari gufatira ibihano n’u Burundi kuko, kimwe na Kongo basangiye amafuti, byombi nta musanzu bitanga, hakiyongeraho kubangamira ibyemezo by’umuryango, birimo n’ibyo kugarura amahoro muri Kongo.

Abasesenguzi ahubwo baremeza ko Perezida Ruto yabaye nk’uwihimura ku butegetsi bwa Tshisekedi bwakomeje gushotora Kenya, doreko Kinshasa ishinja Kenya gushyigikira u Rwanda mu kuyivogera.

Muribuka uburyo Perezida wa Kongo, Félix Tshissekedi, yazonze Gen. Jeff Nyagah wari uyoboye ingabo z’uyu muryango zoherejwe guhosha ubushyamirane mu burasirazuba bwa Kongo, amushinja mu ruhame kuba icyitso cya M23, ndetse binatuma Gen Nyagah asezera kuri uwo mwanya, ku mpamvu z’umutekano we. Hari abibeshye ko birangiriye aho, nyamara ababikurikiraniye hafi bahamya ko byasize inzika hagati y’ibihugu byombi.

Twese turakibuka induru Kongo yavugije mu Kuboza umwaka ushize, ubwo Corneille Nangaa yatangizaga umutwe wa AFC i Nairobi. Tshisekedi yashinje mugenzi we kwemera ko abamurwanya batangiriza ibikorwa byabo mu gihugu cye, ndetse Kongo ihita ivana muri Kenya ambasaderi John Nyakeru wari uyihahagarariye i Nairobi.

Ubushotoranyi ntibwahagarariye aho. Mu mpera za Mata uyu mwaka, urwego rw’iperereza mu gisirikari cya Kongo, DEMIAP, rwafunze abayobozi 2 ba kompanyi y’indege, Kenya Airways, bakoreraga i Kinshasa, bashinjwa ubutasi. Byasabye ko Kenya Airways yigaragambya ihagarika ingendo zayo i Kinshasa, abo bakozi baza gufungurwa nyuma y’ibyumweru hafi 3, nta n’urubanza rubaye! Iryo hohoterwa naryo ryongereye urwikekwe rwari rusanzwe hagati y’ibihugu byombi.

Hari amakuru yizewe avuga ko urubyiruko rumaze iminsi mu myigaragambyo muri Kenya, rwaba rwarashowemo amafaranga menshi na ANR, arirwo rwego rw’iperereza rwa Kongo-Kinshasa, hagamijwe kubuza amahwemo ubutegetsi bwa Perezida William Ruto.

Rushyashya yashoboye kumenya ko hari amafaranga menshi yafatiwe ku makonti y’abari ku isonga mu myigaragambyo, bigaragara ko yavaga muri Kongo, no mu Banyekongo baba mu mahanga. Hari kandi Abakongomani benshi bafatiwe muri izo mvururu bigize abaturage ba Kenya.

Mu gihe ibihugu byose byamaze gutangaza ko bishyigikiye Raila Odinga, Umunyakenya uhatanira kuba Perezida wa Komisiyo y’Umuryango w’Afrika Yunze Ubumwe, Kongo yo yabiteye uumugongo. N’ikimenyimenyi yanze kohereza intumwa mu nama y’Abakuru b’Ibihugu by’Umuryango w’Afrika y’Uburasirazuba yabereye i Nairobi kuri uyu wa kabiri, ari nayo yemeje ku mugaragaro ko uyu muryango ushyigikiye umukandida Odinga.

Abahezanguni n’ibitangazamakuru bikorera mu kwaha kwa Leta ya Kongo-Kinshasa, nka YouTube Channel yitwa”Congo est à nous”, ntibatinya kuvuga ko Perezida William Ruto na Raila Odinga ari”Abatutsi”, ko rero ari “abagambanyi nka Kagame na Museveni”. Ngaho aho ubutegetsi bwa Tshisekedi bugeze!

Ariko se koko, nyuma yo gushakisha urwango ku baturanyi barimo uRwanda, Uganda, Zambia, Congo-Brazzaville, ndetse na Kenya bahuriye mu Muryango w’Afrika y’Uburasirazuba, Kongo yizeye ko uBurundi n’ ibihugu bya SADEC (nabyo bitifashije), byihagije mu kuyifasha gusohoka mu bibazo by’ingutu yishoyemo?

Iyo Tshisekedi aza kuba yumva ikinyarwanda, mba muciriye umugani ugira uti” umuturanyi ni umuzimyamuriro”. Ntacyo ariko, FDLR ye iramusemurira.

2024-08-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Kigali-Nyarutarama : Nyuma yo guhangana bikomeye Polisi y’u Rwanda yishe umugabo ukekwaho iterabwoba

Ubwanditsi 18 Aug 2016
Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Bomboribombori: ADEPR ishami rya Uganda ryigumuye ku iry’u Rwanda kubera igitutu cya RNC na CMI

Ubwanditsi 16 May 2019
Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi

Abatwara ibinyabiziga barakangurirwa kutagerageza guha ruswa abapolisi

Ubwanditsi 15 Feb 2016
Perezida Mnangagwa yashinje inkoramutima za Grace Mugabe gutera igisasu aho yiyamamarizaga

Perezida Mnangagwa yashinje inkoramutima za Grace Mugabe gutera igisasu aho yiyamamarizaga

Ubwanditsi 27 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga
UBUKERARUGENDO

U Rwanda rwemeranyije na Alibaba kumenyekanisha ubukerarugendo no gucururiza kuri uru rubuga

Ubwanditsi 01 Nov 2018
RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’
Mu Rwanda

RDB yaburiye abantu kwitondera gukorana n’ikigo cyitwa ‘World Ventures’

Ubwanditsi 12 Sep 2018
Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka
POLITIKI

Ibyemezo bya Trump ku kubungabunga ibidukikije bizahombya Amerika miliyari $500 ku mwaka

Ubwanditsi 26 Nov 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru