• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Urubanza rw’amateka mu Bufaransa: Umugome Charles Onana wamamaye mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ashyikirijwe ubutabera.

Urubanza rw’amateka mu Bufaransa: Umugome Charles Onana wamamaye mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi ashyikirijwe ubutabera.

Ubwanditsi 13 Sep 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu makuru y’ubutabera mu Bufaransa, ubu ikivugwa cyane ni urubanza rwa Charles Onana, Umufaransa ufite inkomoko muri Kameruni, akaba umunyamakuru n’umwanditsi w’ibitabo wamamaye cyane mu guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi.

Tariki 07/10/2024 rero nibwo uyu mugome azatangira kuburana mu rukiko rw’i Paris mu Bufaransa, ku byaha aregwa byo “guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi n’ibyaha byibasiye inyoko-muntu”.

Ni ibirego byatanzwe n’imiryango iharanira uburenganzira bwa muntu ikorera mu Bufaransa, nka LDH, FIDH na Survie/France, hakiyongeraho abaregera indishyi, barimo Ibuka/ Ishami ryo mu Bufaransa n’Umuryango w’Abanyarwanda baba mu Bufaransa.

Kimwe mu bimenyetso bishingirwaho ikirego, ni igitabo ” Rwanda, la vérite sur l’Opération Turquoise”, Charles Onana yasohoye muw’2019, aho asiribanga ku mugaragaro ibimenyetso simusiga, byerekana Jenoside yakorewe Abatutsi. Urugero ni nk’aho avuga ashize amanga ko” ari “ubushukanyi bukabije kuvuga ko Abahutu bateguye umugambi wa Jenoside yakorewe Abatutsi, no kwemeza ko iyo Jenoside yahagaritswe na FPR”.

Nk’aho ubwo bushinyaguzi budahagije, Charles Onana arongera ati:”Ibyabaye mu Rwanda ni ubushyamirane hagati y’abaturage, ku buryo ntawe ukwiye kubigereranya na Jenoside nk’iyakorewe Abayahudi”.

Muri icyo gitabo cyuzuyemo kugoreka amateka, Charles Onana agaruka ku burozi yatamitswe n’abajenosideri barimo Col Anatole Nsengiyumva na André Ntagerura, nabo ubwabo badakozwa ibyemejwe n’isi yose, ko mu Rwanda habaye Jenoside yakorewe Abatutsi. Twibutse ko aba bicanyi bombi, muw’1996, basohoye inyandiko ivuga ko” nta Jenoside yabaye mu Rwanda, ko ahubwo ari ikinyoma cyahimbwe na FPR igamije kwifatira ubutegetsi”.

Charles Onana yifitiye indwara yo kwanga urunuka Abatutsi. Mu gitabo ” Holocauste au Congo” aherutse gushyira ahagaragara, asubiramo imvugo z’urwango zibasira Abatutsi bo muri Kongo, kugeza n’ubwo abita” abanyamahanga bakwiye kwamburwa ubwenegihugu bwa Kongo”. Uru rwango rwamugize umutoni ukomeye kwa Perezida Tshisekedi, doreko muri Kongo yakiranwa icyubahiro nk’igihabwa umukuru w’igihugu.

Abatanze ikirego bavuga ko bizeye ko uru rubanza rwa Charles Onana ruzasiga hamenyekanye impamvu nyayo ituma mu Bufaransa ari hamwe mu higanje abahakana Jenoside yakorewe Abatutsi. Ngo bizeye kandi ko ruzerekana imbago ntarengwa abavuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi bagomba kuzirikana, kuko hari abayihakana n’abayipfobya bitwaje “ubwisanzure mu gutanga ibitekerezo”.

Ku rutonde rw’abatangabuhamya bamushinjura Charles Onana yashyikirije urukiko, hariho ibikomerezwa muri politiki y’uBufaransa, nka Hubert Védrine wabaye Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga, Gen Christian Quesnot wabaye Umugaba Mukuru w’ingabo ku ngoma ya François Mitterrant, na Gen Jean-Claude Lafourcade wayoboye “Opération Turquoise” mu Rwanda.

2024-09-13
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Mu gihe habura amasaha make ngo Amavubi akine na Mozambique, CAF yavuze ko umunyezamu Olivier Kwizera atemerewe gukina uyu mukino

Ubwanditsi 24 Mar 2021
Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Ngororero kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside

Polisi y’u Rwanda yasabye abatuye muri Ngororero kwirinda ingengabitekerezo ya Jenoside

Ubwanditsi 12 Apr 2016
Ibihugu 17 mu bagabo bigiye kwitabira irushanwa Nyafurika mu mukino wa Volleyball rizabera muri Kigali Arena

Ibihugu 17 mu bagabo bigiye kwitabira irushanwa Nyafurika mu mukino wa Volleyball rizabera muri Kigali Arena

Ubwanditsi 04 Sep 2021
Amahanga arifuza ikoranabuhanga ryahimbwe n’Abanyarwanda mu gukurikirana abanyeshuri

Amahanga arifuza ikoranabuhanga ryahimbwe n’Abanyarwanda mu gukurikirana abanyeshuri

Ubwanditsi 29 Nov 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ikipe y’igihugu ya Zimbabwe “The Warriors” yashinje amarozi n’ubupfumu ikipe ya Cameroon yakiriye amarushanwa
Amakuru

Ikipe y’igihugu ya Zimbabwe “The Warriors” yashinje amarozi n’ubupfumu ikipe ya Cameroon yakiriye amarushanwa

Ubwanditsi 17 Jan 2021
Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe
UBUKERARUGENDO

Rwandair yari isanganywe gahunda yo kwigarurira isoko rya Afurika yasubijwe

Ubwanditsi 29 Jan 2018
Arsenal ntiyabashije kwigahagararaho imbere ya bakunzi bayo
IMIKINO

Arsenal ntiyabashije kwigahagararaho imbere ya bakunzi bayo

Ubwanditsi 24 Feb 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru