• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Minisitiri w’Intebe wa Kongo yahawe isomo ry’uko ntawe ushobora kubeshya abantu bose, igihe cyose!

Editorial 19 Oct 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Kuri uyu wa gatanu tariki 18 Ukwakira 2024, ubwo yari mu nama” Rebranding Africa Forum” i Buruseli mu Bubiligi, Minisitiri w’Intebe wa Kongo, Judith Suminwa Tuluka, yabuze aho arigitira ubwo abari mu nama bamwerekaga ko ibyo yababwiye ku ngamba zo kugarura amahoro mu burasirazuba bw’igihugu cye ari ibinyoma bisa.

Iryo somo Madamu Suminwa yarihawe ubwo yari amaze kubeshya ko tariki 12 Ukwakira 2024 , i Luanda mu nama ya 5 y’abaminisitiri b’ububanyi n’amahanga b’u Rwanda, Kongo na Angola, ngo “uRwanda rwemeye kuvana abasirikari barwo 4.000 bari ku butaka bwa Kongo”.

Umwe mu bari muri iyo nama yahise azana inyandiko-mvugo y’imyanzuro ya Luanda yo kuwa 12 Ukwakira, maze asaba Madamu Suminwa kwerekana ahanditse ibyo avuga u Rwanda rwiyemeje.

Ministiri w’Intebe SuminwaTuluka yabaye nk’ibisusa bikubiswe n’umwuka w’inkono, maze mu kwikura mu isoni aratinyuka yemeza ko “hari igika kibura muri iyo nyandiko-mvugo”, abeshya abari aho ko mu gihe cya vuba azabagezaho “imyanzuro y’umwimerere”!

Abari mu nama aho i Buruseri barumiwe, icyakora banga kuripfana. Basabye abategetsi ba Kongo kureka” uburiganya”, niba koko bashaka ko intambara ihosha, amahoro agsagamba mu gihugu cyabo no mu karere kose muri rusange.

Abinyijije ku rubuga rwe rwa”X”, Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Amb. Olivier Nduhungirehe, nawe yanyomoje amagambo ya Madamu Judith Suminwa Tuluka, wahimbiye uRwanda” kwiyemeza kuvana abasirikari barwo muri Kongo”.

Mu kinyabupfira cyinshi, Minisitiri Nduhungirehe ati:” Mu cyubahiro gikomeye ngomba Minisitiri w’Intebe Judith Suminwa, abaminisitiri be bamuhaye amakuru atariyo. Mu nama y’iLuanda uRwanda ntirwigeze rwiyemeza “kuvaba asirikari barwo 4.000 muri Kongo”. Ibyo ni ikinyoma rero, n’ikimenyimenyi ntaho icyo cyemezo cyanditse mu nyandiko-mvugo y’inama yo kuwa 12 Ukwakira 2024″.

Nyuma yo kwinyuza hirya no hino Tshisekedi yanga kwemeza gahunda yo kurandura umutwe w’abajenosideri wa FDLR, ufatwa nk’ipfundo ry’umutekano muke muri Kongo no mu karere kose, muri iyo nama yo kuwa 12 Ukwakira intumwa za Kongo zarashyize zemera uwo mwanzuro, nubwo abasesenguzi bafite impungenge ko Kinshasa yemeye kubera igitutu cy’amahanga, ariko itazatinyuka kwikora mu nda, isenya FDLR umusangirangendo bamaranye imyaka 30.

Mu gushaka gukwepa ibyo yiyemeje rero, Leta ya Kongo yatangiye kugoreka imyanzuro ya Luanda, kugirango niryozwa kubangamira isenywa rya FDLR, izashinje uRwanda ko narwo rutubahirije ibyo rwemeye.

Iyi myitwarire ya Kinshasa rero irerekana ko amahoro muri icyo gihugu akiri kure nk’ukwezi, kuko imyanzuro ishingiye ku kinyoma ntaho yageza abantu.

2024-10-19
Editorial

IZINDI NKURU

Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Ku bufatanye bwa Giants of Africa, Minisiteri ya Siporo na FERWABA hatashywe ikibuga gishya cya ENDP Karubanda

Editorial 28 May 2024
Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Manchester City yiyongereye amahirwe yo kugera ku mukino wa nyumwa wa UEFA Champions League nyuma yo gutsinda PSG

Editorial 29 Apr 2021
Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Uganda: Igipolisi cyataye muri yombi abakekwaho kwica mwishywa wa Museveni

Editorial 01 Oct 2019
Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana

Amavubi yitegura gukina na Mali ndetse na Kenya yatangiye imyitozo adafite abakina hanze bazabimburirwa na Djihad Bizimana

Editorial 06 Nov 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda ikomeje kurenga ku masezerano ya Luanda mu buryo butari bushya mu migirire yayo
POLITIKI

Uganda ikomeje kurenga ku masezerano ya Luanda mu buryo butari bushya mu migirire yayo

Editorial 02 Dec 2019
Imikorere yacu banenga ni yo dukesha iterambere – Perezida Kagame
POLITIKI

Imikorere yacu banenga ni yo dukesha iterambere – Perezida Kagame

Editorial 15 Mar 2018
Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda
INKURU NYAMUKURU

Ikinyoma cya Polisi y’uBurundi ku mpunzi za Zebiya zabaga mu Rwanda

Editorial 02 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru