• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rayon Sports ifite imyenda ya miliyoni 260 Frw, ikeneye miliyoni 200 Frw yo kugura abakinnyi   |   05 Dec 2025

  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Ukuri kutigeze kuvugwa muri Kongo: Umukuru w’Inteko Nshingamategeko ashinje Perezida Tshisekedi gusahura umutungo kamere w’igihugu

Editorial 05 Dec 2024 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Amagambo akarishye Perezida w’Inteko Nshingamategeko ya Kongo, Vital Kamerhe yavugiye mu nteko rusange y’abadepite, aje kuvuguruza ibirego ubutegetsi bw’icyo gihugu bwakomeje kugereka ku Rwanda, burushinja gucuruza amabuye y’agaciro rucukura rwihishwa muri Kongo.

Denise Nyakeru umugore wa Perezida TshisekediChristian Tshisekedi, murumuna wa Perezida Tshisekedi naho Anthony Tshisekedi, umuhungu wa Perezida Tshisekedi

Ibyo birego benshi mu Bakongomani babimize bunguri, ndetse na bimwe mu bihugu byemera bidasesenguye ko koko ubukungu bw’u Rwanda buzamuka kubera ibisahurano byo muri Kongo.

Ni bake cyane bibajije impamvu abo Bakongomani bo batagira n’urwara rwo kwishima, kandi bavuga ko Imana yabahundagajeho umutungo kamere abandi batagira!

Burya rero ikinyoma kirihuta, ariko ukuri kuratinda nyamara amaherezo kugatsinda. Biba ari ikibazo cy’igihe gusa.

Isaha y’ukuri rero yageze, maze Perezida w’Inteko Ishinga Amategeko atanga mu ruhame ibimenetso byerekana ko ibilombe by’amabuye y’agaciro bitabarika, mu bice binyuranye bya Kongo, bicukurwa na Perezida Félix Tshisekedi, n’ikimenyimenyi bikaba bicungirwa umutekano n’ingabo zishinzwe kurinda Umukuru w’Igihugu.

Vital Kamerhe yatanze ingero, aho agira ati:” Iyo ufashe umuhanda Bunia-Kisangani ugenda ubona ibilombe byitirirwa Abashinwa n’ abanya Somalia, nyamara ni ukujijisha kuko birindwa n’abashinzwe umutekano wa Perezida wa Repubulika. Iyo urebye ibibera muri Haut Katanga na Lualaba byo ukubitwa n’inkuba…kugeza n’ubwo abajenerali [ inkoramitima za Tshisekedi] batanga impushya zo gucukura amabuye y’agaciro”.

Ibivugwa na Vital Kamerhe birashimangira ubuhamya bwasohotse mu kinyamakuru” La Libre Belgique” cyo kuwa 08/11/2024, aho amashyirahamwe atatu ashinja umugore wa Tshisekedi, Madamu Nyakeru Denise, kwigarurira ibilombe byahoze ari ibya sosiyete “GECAMINES” muri Katanga na Lualaba, afatanyije na sosiyete ya baringa y’Abashinwa. Ibyo bilombe ngo bifite agaciro k’ amamiliyoni atabarika y’amadolari.

Umutaripfana akaba n’umunyamakuru uzwiho ubucukumbuzi bwibitse kuri politiki ya Kongo, Claude Pero Luwara, abinyujije ku murongo we wa YouTube, CPL TV, na we yahishuye ko umuhungu wa Perezida Tshisekedi witwa Anthony Tshisekedi, ndetse n’umuvandimwe wa Perezida, Christian Tshisekedi, ubu aribo bacukura ibilombe hafi ya byose byo mu ntara ya Katanga na Lualaba.

Ubwo buhamya kandi buvuga ko umuryango wa Tshisekedi ariwo wari warabohoje ibilombe bya Lubaya bikungahaye kuri zahabu na coltan, ubwo ubutegetsi bwari bumaze kubyambura umushoramari Edouard Mwangacucu, bumubeshyera ko akorana n’umutwe wa M23. Mu mezi make ashize uwo mutwe waje kwirukana Tshisekedi aho i Lubaya, ubu ukaba ari wo ugenzura ibilombe byaho.

Abakurikiranira hafi ibya Kongo rero barahamya ko ukuri Kamerhe ahishuye kugiye kwatsa undi muriro hagati ye na Tshiseke, n’ubundi basanzwe babana bacengana. Murabyibuka, ubwo Tshisekedi yagirwaga Perezida wa Kongo muw’2018, yari yasezeranyije Kamerhe ko azamureka nawe akaba Perezida wa Repubulika muri manda ya 2. Aho kubahiriza isezerano, Tshisekedi yihutiye gufunga Kamerhe, amurega kunyereza amamiliyari ya Leta yari agenewe imishinga yihutirwa, yo mu minsi 100 ya mbere y’ubutegetsi bwa Tshisekedi.

Nubwo Vital Kamerhe yaje kugirwa umwere, inzika ntiyashize. Abamuba hafi bemeza ko, mu rwego rwo kwihimura, nawe ibyo azi byose byakwerekana ubujura bwa Tshisekedi atabihisha.

Icyiza ni uko uko kuri kuzatuma Abakongomani bahumuka, bakamenya umwanzi nyawe w’igihugu cyabo, aho guhora bashakisha uko begereka ibibazo byabo bwite ku Rwanda.

2024-12-05
Editorial

IZINDI NKURU

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Kuva Perezida Tshisekedi yaburirwa irengero, ubutegetsi muri kongo bwandaraye mu mayirabiri.

Editorial 12 Apr 2024
Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye

Kimwe mu bihatse ubucuti bwa Perezida Museveni na Bebe Cool cyagaragaye

Editorial 21 Oct 2018
u Burundi bwemeye kwakira  imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

u Burundi bwemeye kwakira imirambo y’Abarundi biciwe i Rusizi

Editorial 03 Sep 2016
Umunyakenya Kiptum utozwa na Sgt Hakizimana Gervais ahinduye amateka y’Isi mu Mikino yo gusiganwa i Chicago

Umunyakenya Kiptum utozwa na Sgt Hakizimana Gervais ahinduye amateka y’Isi mu Mikino yo gusiganwa i Chicago

Editorial 08 Oct 2023

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Hon Makuza Bernard,  yasobanuye uko urupfu rwa Mucyo Jean De Dieu rwagenze
Mu Mahanga

Hon Makuza Bernard, yasobanuye uko urupfu rwa Mucyo Jean De Dieu rwagenze

Editorial 06 Oct 2016
U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]
IMIKINO

U Rwanda rwatsinzwe na Libya ku munota wa nyuma rurasezererwa[ uko byagenze mukibuga ]

Editorial 24 Jan 2018
Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane
IMIKINO

Rayon Sports itsinze Sunrise FC ibitego 3-2 mu mukino w’ikirarane

Editorial 27 Mar 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru