• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Police FC yasinyishije abakinnyi batanu bashya icyarimwe, inatangaza Rutsindura Antoine nk’umuyobozi mushya wa Tekiniki   |   03 Jul 2026

  • AMAFOTO – Rwanda Premier League yasinyanye amasezerano y’imyaka itatu na Skol afite agaciro ka miliyari 1 Frw ku mwaka   |   01 Jul 2026

  • Mupende wihishe urugamba yitwaza ko yarashwe ubugabo niwe wigize umuvuzi w’amacumu ku mbuga nkoranyambaga   |   30 Jun 2026

  • Ibimenyetso by’uko umubano w’umuhanzi Bruce Melodie na Coach Gael umufasha udahagaze neza   |   29 Jun 2026

  • PAC: Ikibazo cy’ibitabo bitagezwa mu mashuri cyabaye ingorabahizi   |   29 Jun 2026

  • Gen Ibingira yatanze ubuhamya bw’ibyabaye umunsi wa mbere ahura na Perezida Kagame ku rugamba   |   28 Jun 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ibitangaza byijejwe na Perezida Ndayishimiye bisize ahubwo u Burundi mu kangaratete

Ubwanditsi 21 May 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, INKURU ZAKUNZWE CYANE, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe u Burundi bwinjiye mu bihe by’amatora y’abadepite biteganyijwe tariki 5 Kamena 2025, abiyamamariza mu ishyaka CNDD-FDD batangiye kwirirwa batangaza imigambi n’amasezerano, amenshi muri yo asa n’aho ari inzozi zidashoboka.

Igitangaje ni uko ibi bikorwa bikomeje n’ubwo Perezida Evariste Ndayishimiye yari aherutse kuburira abiyamamaza kwirinda gutanga amasezerano atagerwaho. Ariko se, ni nde wa mbere uca kuri iyo nama? Ni we ubwe Ndayishimiye, Perezida w’igihugu!

Perezida Ndayishimiye si ubwa mbere avuze amagambo meza ariko adatuma habaho impinduka zifatika. Twibuke ko yatangiye manda ye avuga amagambo akomeye nka: “Kurwanya ruswa ni inshingano yanjye. Nzayihashya nta gutinza.”

“Ndashaka ko Umurundi wese abona icyo kurya kandi agira amafaranga mu mufuka.”

“Nzahindura u Burundi igihugu kiri mu nzira y’amajyambere mu 2040 kandi gikize mu 2060.”

Ayo magambo yose asa neza ku rupapuro, ariko imyaka ishize yerekanye ko ari inzozi zidasubira mu kuri. Kuri iyi nshuro, mu rwego rwo gushyigikira abakandida be babuze icyo bereka abaturage, Ndayishimiye yazanye andi magambo mashya yuzuyemo amasezerano y’ikirenga:

“One Million Project”: Ngo mu gihe kitarenze imyaka ibiri, buri Murundi azaba afite miliyoni imwe y’amafaranga y’amarundi. Ngo uzaba atarayibona, bazamushaka bamutekerezeho icyamubayeho!

Ngo vuba aha bazatangira kubaka umuhanda wa gari ya moshi uhuza u Burundi na Tanzaniya, n’ubwo amafaranga gusa afatika ari ay’igenamigambi ry’iyo mishinga.

Ngo i Bujumbura, abaturage bazajya batembera muri tramway. Ese amahanga ni yo azabiyishyurira?

Ibyo byose biri kuvugwa mu gihe n’abandi bakandida b’iri shyaka, cyane cyane abari mu Nteko Ishinga Amategeko kuva 2020 kugeza 2025, batangiye kwivuga imyato no gusezeranya ibidafite ishingiro: “Mu myaka itanu, ubukene n’inzara bizacika mu Burundi.”

“Buri muryango uzahabwa imbuto n’ifumbire ku buntu.”

“Ifaranga ry’amarundi rizahabwa agaciro, ku buryo 1$ uzaba uhagije 1000 FBU.”

“Abaturage 60% bazaba bafite amazi meza n’amashanyarazi.”

Ariko se, ayo magambo yombi atandukanye ate n’ibihe u Burundi burimo ubu?

Imyaka itanu yateje imbere cyangwa yacuritse igihugu?

Mu myaka itanu ishize, ibintu byarushijeho kugenda nabi:

U Burundi ni igihugu gikennye kurusha ibindi byose ku isi, ndetse kirimo inzara kurusha ahandi hose.

Kiri mu bihugu 10 bya mbere ku isi bifite ruswa nyinshi.

Ifaranga ry’u Burundi ryataye agaciro, inflasiyo iri hejuru ya 40%.

Abaturage barenga 85% ntibagira amashanyarazi, n’abafite internet ni 11% gusa.

Ibigo by’ubucuruzi bya Leta byose birimo ibihombo n’imyenda.

Nta bashoramari bashya bemera kuhagana.

Igihugu gihora gifite ibura rya lisansi, isukari, n’ibindi bicuruzwa by’ibanze.

Imyenda ya Leta igeze kuri 70% by’umusaruro mbumbe w’igihugu (PIB).

Imiyoborere irimo ubuyobozi bw’igitsina kimwe, irondakarere, n’irondamoko bikabije.

Ibi byose byerekana ko gouvernance y’ubukungu, iy’abaturage, n’imibereho rusange y’abanyagihugu yageze ku rwego rwo guhembera ubukene aho kururwanya.

Nk’uko bamwe mu basesenguzi babivuga: “U Burundi si igihugu cyapfuye burundu, ariko ni igihugu cyambuwe umwuka.” Cyangwa bati: “U Burundi burimo gupfa, kandi isi irabyihorera.”

Mu by’ukuri, nta muturage ugifite icyizere cyo kumva amasezerano mashya atangwa n’abantu babaye mu butegetsi imyaka itanu ishize kandi ntacyo bagezeho. Hatabayeho impinduka nyakuri mu buyobozi, igihugu kizakomeza gusubira inyuma.

Nk’uko bivugwa: “Amasezerano y’amatora ni aya bantu bayemera.” Ariko abaturage baramenye, kandi si imbwa ngo babeshywe kabiri n’iyo nteruro. Igihe kirageze ngo Abanyarwanda n’Abanyafurika bose bamenye ko kubura ubuyobozi bufite icyerekezo, busukuye kandi budaheza, ari ryo shyano riri kurimbura u Burundi.

Ndayishimiye na CNDD-FDD bagaragarije isi yose ko batari abategetsi, ahubwo ari abanyamatsiko y’imyanya n’imitungo, binyuze mu ruswa, irondamoko n’imvugo itagira ibikorwa.

2025-05-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abongereza barinubira leta yabo isesagura amafaranga menshi ku ba jenosideri batanu bahaburanishirizwa

Abongereza barinubira leta yabo isesagura amafaranga menshi ku ba jenosideri batanu bahaburanishirizwa

Ubwanditsi 10 Sep 2019
U Burundi buragana he ?  Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye

U Burundi buragana he ? Urutonde rw’abantu 17 bashakishwa n’ubutabera kubera iyicwa rya Ndadaye

Ubwanditsi 01 Dec 2018
Guverinoma ya Uganda irateganya kwirukana impunzi z’Abanyarwanda

Guverinoma ya Uganda irateganya kwirukana impunzi z’Abanyarwanda

Ubwanditsi 15 Nov 2018
Martin Ngoga yatorewe kuyobora EALA, Abatanzania n’Abarundi ntibatoye

Martin Ngoga yatorewe kuyobora EALA, Abatanzania n’Abarundi ntibatoye

Ubwanditsi 20 Dec 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

FERWACY yashimiye abakinnyi batwaye imidali muri shampiyona Nyafurika y’Amagare
Amakuru

FERWACY yashimiye abakinnyi batwaye imidali muri shampiyona Nyafurika y’Amagare

Ubwanditsi 15 Oct 2024
APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo
Amakuru

APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye kwitegura gukina imikino Nyafurika ihuza amakipe yabaye aya mbere iwayo

Ubwanditsi 05 May 2023
Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Omar Guelleh wa Djibout
Mu Mahanga

Perezida Kagame yitabiriye irahira rya Perezida Omar Guelleh wa Djibout

Ubwanditsi 08 May 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru