• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ndi gupfa ndeba- Luvumbu yashinje Leta ya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo kumutererana nyuma yo kuva mu Rwanda   |   21 Aug 2026

  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ipfundo ry’urwango rutera abanyaburayi gusebya u Rwanda mu bitangazamakuru

Ubwanditsi 11 Jun 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ubusanzwe Abanyaburayi nabo mu bihugu byo mu burengerazuba bw’isi muri ba mpatsibihugu, baziko abanyafurika tukiri abacakara babo byagera ku banyaburayi bo baziko tugikoronijwe nabo. Abanyaburayi kugeza n’uyu munsi baracyatekereza ko Afurika ikinyunyuzwa na Mpatsibihugu usibye ko ho ntakwibeshya bafite uretse ko bisanze bibeshye k’u Rwanda. Nyuma yo gusanga u Rwanda, igihugu cyo muri Afurika, kitumva iyi myumvire yabo kikagerageza kubirwanya bagiteraniraho bakoresheje NGOs zabo, itangazamakuru n’imiryango mpuzamahanga, niyo mpamvu ibinyamakuru agahishyi ubyuka mu gitondo ukabona babyutse bandika ku Rwanda.

Abanyaburayi baziko Afurika igomba guhora iri inyuma idashobora gutera imbere. Abanyaburayi nabo mu bihugu byo mu burengerazuba bw’isi baziko Afurika ntacyo ishoboye gukora, nicyo ikoze ikeneye uruhushya rwabo.

U Rwanda ntirwemera ibi bitekerezo. Kuri ba Mpatsibihugu n’abanyaburayi bumva ko u Rwanda rutanga urugero ku bindi bihugu by’Afurika rwo kwigira no gukora ibirubereye.

Urugero nk’Ububirigi, nyuma yo gusanga ko ibyo bwikora muri Kongo Kinshasa bitakunda mu Rwanda, bucumbikiye kandi bukorana nabashaka guhunganaya umutekano w’u Rwanda. Si ibanga kuko yaba Jambo asbl ndetse na FDU Inkingi bikorera m’Ububirigi bisanzuye mu mugambi wabo wo gukora ibikorwa by’iterabwoba mu Rwanda bafatanyije na FDLR, dore ko n’umuyobozi wabo Kayumba Placide yavuye m’Ububirigi akajya kugirana ikiganiro n’abayobozi ba FDLR muri Wlikale muri Kamena 2024.

Usibye kandi gukorana na FDLR, banabakusanyiriza amafaranga yo kuyifasha kandi byose bigakorerwa k’ubutaka bw’Ububirigi. Ntitwibagiwe kandi nabahakana bakanapfobya jenoside, bose bahawe ikaze kandi bakanafashwa n’uBubirigi.

Anyaburayi kandi bashyizeho uburyo bwo kwigisha abana bato kuva bavutse kugeza babaye abasaza aho bumva ko nta cyiza kiba muri Afurika babereka amafoto y’abana bishwe na bwaki, abana bishwe n’inzara basa nabi n’abana bambaye ubusa, Abarimu bati nimuteranye ya myenda yanyu ishaje tuyoherereze abana ba Afurika kandi n’icikaguritse ntimuyitinye.

U Rwanda, rwahagaritse kwinjiza caguwa mu Rwanda, mu rwego rwo guteza imbere ibikorerwa mu gihugu ndetse no kuba u Rwanda rudakwiye kuba indiri ijugunywamo ibyakoreshejwe ahandi nkuko perezida w’u Rwanda Paul Kagame yabivuze mu 2017. Ibintu byababaje abo mu burengerazuba bw’isi, kugeza u Rwanda rukuwe mu masezerano ya AGOA bitewe nicyo cyemezo.

Inkuru zirimo Rwanda Classified na Hidden Invasion usanga akenshi abazikora batubahiriza ya mahame bigisha mu mashuri kuko kenshi bavugisha uruhande rumwe nabo barimo aho usanga ari abahamwe n’ibyaha bya Jenoside cyangwa ababakomokaho, abazobereye mukuyipfobya, abasize bibye u Rwanda cyangwa ikindi cyaha. Ntabwo umutima wabo ushobora kubakomakonga ko bakwiye kubaza n’abandi banyarwanda.

Itangazamakuru ryo mu Burengerazuba bw’Isi rikwiye kumva ko gushyira imbaraga mu gusiga icyasha u Rwanda no kuruharabika bavuga ibinyoma bidashobora gutuma rutakarizwa icyizere mu ruhando mpuzamahanga kuko itangazamakuru ryo mu myaka 10 ishize atariryo tangazamakuru dufite uyu munsi, aho uyu munsi kumenya amakuru no kuyagenzura bitakiri ibya bamwe gusa ahubwo buri wese ufite internet ashobora kugenzura niba ibivugwa mu nkuru ari ukuri ashingiye ku bimenyetso.

Ntabwo abo mu Burayi no mu burengerazuba bw’isi bariyumvisha ko Imbaraga bari basanganywe zo kugena ibyo abantu bagomba kumva no kumenya biva mu itangazamakuru byabo nkuko byahoze, ubu imbaraga zabyo zayoyotse kubera imbugankoranyamba zisigaye zitanga amakuru mu buryo bworoshye.

Impuguke muby’itumanaho na dipolomasi basobanura ko imbaraga ibihugu bya mpatsibihugu bashyiraga mu itangazamakuru bahonyora ibihugu bya Afurika nta musaruro bigitanga, ari nka bimwe by’ ikirondwe cyasigaye ku ruhu inka yarariwe kera.

2025-06-11
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta

Shyaka Gilbert akomeje kwambika ubusa abamushukaga ngo arwanye Leta

Ubwanditsi 15 Feb 2022
Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Mvura nkuvure yarafashije cyane mu cyumweru cyo kwibuka

Ubwanditsi 15 Apr 2016
RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali

RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali

RUSHYASHYA 24 May 2026
Ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya yahanishijwe kutagura abakinnyi mu myaka ibiri kubera kutishyura Habamahoro Vincent ukinira Kiyovu SC

Ikipe ya AFC Leopards yo muri Kenya yahanishijwe kutagura abakinnyi mu myaka ibiri kubera kutishyura Habamahoro Vincent ukinira Kiyovu SC

Ubwanditsi 24 Mar 2021

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda
Mu Mahanga

Airbus 330-300, Indege nshya yiswe ‘Umurage’, iraye mu Rwanda

Ubwanditsi 01 Dec 2016
Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi
ITOHOZA

Haburijwemo umugambi wo kugera ku nyandiko za Mitterand zivuga kuri Jenoside yakorewe Abatutsi

Ubwanditsi 15 Sep 2017
Rayon Sports inganyije na Yanga African, Gor Mahia yihagararaho mu rugo
IMIKINO

Rayon Sports inganyije na Yanga African, Gor Mahia yihagararaho mu rugo

Ubwanditsi 17 May 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru