• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • AMAFOTO – Mu mukino wakurikiwe na Perezida Kagame, RSSB Tigers BBC yageze ku mukino wa nyuma wa BAL 2026 itsinze AL Ahyly yo mu Misiri   |   28 May 2026

  • Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania   |   27 May 2026

  • Ambassadeur Thérence Ntahiraja yemeje ko u Rwanda rugomba guterwa   |   27 May 2026

  • Rayon Sports yatsinze Bugesera FC yiyongerera amahirwe yo kuzahagararira u Rwanda mu mikino Nyafurika   |   26 May 2026

  • Nyuma y’imyaka irindwi, APR VC yegukanye Igikombe cya Memorial Rutsindura itsinze REG VC ku mukino wa nyuma   |   26 May 2026

  • RSSB Tigers BBC yasezereye FUS Rabat BBC yo muri Morocco, izahura na AL Ahly muri ½ cy’imikino ya nyuma ya BAL 2026 iri kubera I Kigali   |   24 May 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Ubwanditsi 21 Jul 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ikomeje guhura n’ibibazo bikomeye by’umutekano muke, ruswa n’ubukene bukabije, indi ngorane ikomeje kugaragara ni uko bamwe mu bayobozi b’inzego za leta, by’umwihariko abadipolomate ba Perezida Félix Tshisekedi, bakomeje gufatirwa mu bikorwa by’ubucuruzi bwa magendu y’ibiyobyabwenge.

Mu cyumweru gishize, ku mupaka wa Bulugariya na Turukiya, hafatiwe imodoka yanditseho plaque y’i Bubiligi, irimo ibiro 206 bya kokayine ifite agaciro ka miliyoni 20 z’amayero. Mu bayirimo harimo umudipolomate w’Umunya-Kongo, bivugwa ko afite ubudahangarwa mu butumwa yahawe na leta ya Tshisekedi. Ibi byatumye hibazwa ku ruhare rw’abategetsi bo hejuru mu micungire mibi y’inzego za dipolomasi, ndetse no mu bikorwa bihabanye n’amategeko.

Si ubwa mbere abakozi ba leta ya Kongo bashinjwa kwivanga muri magendu y’ibiyobyabwenge. Muri 2022, hari umudepite wo mu ishyaka rya UDPS riri ku butegetsi wavuzweho gucisha heroïne muri Repubulika ya Centrafrique akoresheje indege ya gisirikare.

Ibikorwa nk’ibi byagaragaje ukuntu ubudahangarwa butangwa ku bayobozi b’igihugu cya Kongo n’abadipolomate bacyo bikoreshwa nabi, bigatuma baba igikoresho cyoroshye mu kwinjiza no gusohora ibiyobyabwenge. Abasesenguzi bavuga ko ubu buryo bw’imikorere bufasha amatsinda y’abacuruza ibiyobyabwenge ku rwego mpuzamahanga kwifashisha RDC nk’inzira yizewe yo kugera i Burayi cyangwa mu bindi bihugu byateye imbere.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa bakomeje kunenga Perezida Tshisekedi ku buryo yirengagiza ibikorwa nk’ibi, aho aho kwirukana cyangwa gukurikirana abakekwaho ruswa n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, ahubwo ahora abazamura mu myanya y’ubuyobozi. Ibi binagaragaza imikorere y’ubutegetsi idahwitse kandi inatuma igihugu gikomeza gutakaza icyizere mu ruhando mpuzamahanga.

Uretse guteza isura mbi igihugu cya Kongo isanzwe izwi nabi, ibikorwa bya magendu y’ibiyobyabwenge binagira ingaruka ku mutekano w’akarere. Inzira zikoreshwa muri ibyo bikorwa zinyura mu bihugu by’abaturanyi bikaba byongera ibibazo by’umutekano n’ubucuruzi butemewe. Hari bamwe mu bayobozi b’imitwe yitwaje intwaro bahabwa amafaranga na Leta ya Tshisekedi avuye muri ubwo bucuruzi mu rwego rwo gukomeza intambara.

Mu gihe Perezida Tshisekedi yitegura kwiyamamariza indi manda, icyizere cy’abaturage ku buyobozi bwe gikomeje kuyoyoka bitewe n’ukuntu adafata ingamba zikomeye ku bayobozi be bivanga mu bikorwa by’ubucuruzi bwa magendu, cyane cyane ibiyobyabwenge. Ibimenyetso ni byinshi, ariko ibikorwa ni bike. Abaturage n’amahanga bategereje kureba niba iyi myitwarire izahinduka, cyangwa niba RDC izakomeza kuba isooko y’ubucuruzi butemewe.

2025-07-21
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Transparency International irashima ingamba Polisi yafashe mu guhashya ruswa

Transparency International irashima ingamba Polisi yafashe mu guhashya ruswa

Ubwanditsi 25 Feb 2016
Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Gutsindwa kwa RNC bishobora kongera iyicarubozo ry’inzirakarengane z’Abanyarwanda muri Uganda, bikaba n’ umuvuno kuri Dianne Rwigara

Ubwanditsi 18 Jul 2019
Abapolisi 20 barerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika mu mpera z’iki cyumweru

Abapolisi 20 barerekeza mu butumwa bw’amahoro muri Centrafrika mu mpera z’iki cyumweru

Ubwanditsi 20 Feb 2016
CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

CNLG yashimiye u Budage ku ifungwa rya Rwabukombe

Ubwanditsi 02 Jan 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ethan Venon wambaye umwenda w’umuhondo muri Tour du Rwanda23 ayoboye aberekeje i Musanze bavuye i Huye

Ubwanditsi 21 Feb 2023
Amakipe ane agomba gukina imikino ya 1/2 cy’irangiza hashakwa amakipe azakina ikiciro cyambere 2021-2022 ararara amenyekanye
Amakuru

Amakipe ane agomba gukina imikino ya 1/2 cy’irangiza hashakwa amakipe azakina ikiciro cyambere 2021-2022 ararara amenyekanye

Ubwanditsi 06 Oct 2021
Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020
INKURU NYAMUKURU

Menya ibyo Kayumba Nyamwasa n’agatsiko ke k’iterabwoba ka RNC bakumiriwe gukora muri Afurika y’Epfo guhera Mutarama 2020

Ubwanditsi 09 Jan 2020

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru