• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Urukiko rwanzuye ko Nyuma y’imyaka 18, iperereza kuri Agathe Kanziga rigiye gukomeza   |   06 May 2026

  • Umukinnyi mwiza wa w’umwaka wa BK PRO LEAGUE azegukana imodoka ya miliyoni 15 Frw, Uko ibihembo bizatangwa   |   06 May 2026

  • Perezida Kagame yashimye Arsenal FC yageze ku mukino wa nyuma wa UEFA Champions League   |   05 May 2026

  • Al Ahly SC yegukanye CAVB Men’s Club Championship 2026, Police VC na REG zegukana imidali yo ku rwego rwa Afurika i Kigali   |   03 May 2026

  • POLICE VC yanditse amateka, ihurira na Al Ahly SC ku mukino wa nyuma wa CAVB Men’s Club Championship 2026   |   02 May 2026

  • Amakipe ya Police, APR, REG na Kepler VC ahagaririye u Rwanda muri shampiyona Nyafurika iri kubera I Kigali yageze muri 1/8 cy’iri rushanwa   |   28 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Perezida Ndayishimiye Yahisemo Gushyira imbere ubushyamirane mu baturanyi aho gukemura ibibazo by’imbere mu gihugu

Ubwanditsi 30 Jul 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe ibiganiro hagati y’u Rwanda n’u Burundi byari bitangiye gutanga icyizere mu gukemura umubano mubi umaze igihe hagati y’ibihugu byombi, Perezida w’u Burundi, Evariste Ndayishimiye, yongeye kudobya uwo murongo w’ubwumvikane, asubira mu mvugo z’ubushotoranyi n’ibirego bidafite ishingiro. Ibi byabaye mu gihe igihugu cye gikomeje kurwana n’ibibazo bikomeye by’ubukungu, imiyoborere igayitse ndetse n’umutekano.

Mu kwezi kwa Werurwe 2025, intumwa z’u Rwanda n’iz’u Burundi zikorera mu nzego z’umutekano n’ubutasi zahuye inshuro ebyiri ziganira ku bufatanye mu kurwanya ibishobora guhungabanya umutekano. U Rwanda rwari rwagaragaje ubushake bwo gukomeza urugendo rw’ubwiyunge n’umuturanyi warwo ari we u Burundi.

Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga w’u Rwanda, Ambasaderi Olivier Nduhungirehe, yavuze ko ibiganiro byatangaga icyizere ko ibihugu byombi byakongera kubana neza mu mahoro no mu buhahirane.

Gusa icyizere cyaje guhungabana ubwo Perezida Ndayishimiye yongeye gutangaza amagambo akakaye yibasira u Rwanda, ashinja u Rwanda gushaka kugaba igitero ku Burundi binyuze muri RDC, ndetse yongera kwibutsa ikibazo cy’abantu bahunze ubutegetsi bwa Nkurunziza muri za 2015 avuga ko badatanzwe imipaka idashobora gufungurwa.

Kugaruka mu mvugo z’ubushotoranyi na gahunda z’intambara bishobora kuba bifitanye isano no guhisha ibibazo bikomeye u Burundi buhanganye na byo imbere mu gihugu nk’Ifaranga ry’u Burundi (Fbu) ryataye agaciro mu buryo bukabije

Mu bice byinshi by’igihugu, lisansi yabaye zahabu. Hari ahagaragara imirongo y’imodoka zitegereje lisansi amasaha menshi, ndetse ikaba icuruzwa ku isoko nka Magendu (black market) ku giciro kiri hejuru y’amafaranga yemewe na Leta.

U Burundi bwamaze kwimariya (married) n’imitwe yitwaje intwaro irimo Wazalendo na FDLR mu bikorwa byo kurwanya AFC/M23 muri Kivu y’Amajyepfo. Ibi byatumye u Burundi bushyira ingabo nyinshi muri RDC aho abaturage bavuga ko zibangamira abaturage b’abanyamulenge, ndetse bamwe bakabahunga.

Ubutegetsi bwa Ndayishimiye bukomeje kunengwa n’amahanga n’imiryango mpuzamahanga ku gucecekesha abatavuga rumwe n’ubutegetsi no kubangamira itangazamakuru. Ibi byose byatumye igihugu cyikubita hasi mu bijyanye n’ubwisanzure bwa politiki n’uburenganzira bwa muntu.

Mu gihe abaturage b’u Burundi bahangayikishijwe n’ubuzima bukakaye bukomeje kugenda buba bubi, ubuyobozi bwabo buri gushyira imbaraga mu gushaka umwanzi hanze aho gushaka ibisubizo mu gihugu. Gutunga agatoki u Rwanda kenshi nk’intandaro y’ibibazo byose si igisubizo, ahubwo bishobora kurushaho gusubiza inyuma intambwe y’amahoro n’iterambere akarere k’u Burasirazuba bwa Afurika kageragezaga gutera, aho kugira u Rwanda urwitwazo.

Amahoro n’ubufatanye byagaragaye nk’inzira rukumbi yateza imbere ibihugu byombi. Guverinoma y’u Rwanda yakomeje kugaragaza ko yiteguye gufatanya n’u Burundi igihe cyose hashyizwe imbere ukuri n’inyungu z’abaturage b’ibi bihugu byombi.

2025-07-30
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Bitewe n’umuganda rusange uteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, Kiyovu Sports yasubitse inteko rusange iyishyira mu ntangiriro z’Ukwakira 2022

Bitewe n’umuganda rusange uteganyijwe mu mpera z’iki cyumweru, Kiyovu Sports yasubitse inteko rusange iyishyira mu ntangiriro z’Ukwakira 2022

Ubwanditsi 20 Sep 2022
Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.

Perezida Kagame yayoboye Inteko rusange ya 32 yahuje abakuru b’ibihugu bigize AU ari nayo agomba guhererekanyamo ububasha n’umusimbuye.

Ubwanditsi 10 Feb 2019
Menya bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside bafite imitekerereze icuramye

Menya bamwe mu bacitse ku icumu rya Jenoside bafite imitekerereze icuramye

Ubwanditsi 16 Aug 2019
Hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi hagabwe igitero gihitana batatu

Hafi y’umupaka w’u Rwanda n’u Burundi hagabwe igitero gihitana batatu

Ubwanditsi 08 Oct 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda Airlines na politiki zishaje za Museveni
INKURU NYAMUKURU

Uganda Airlines na politiki zishaje za Museveni

Ubwanditsi 28 Apr 2019
CNLG yagize icyo ivuga kubihano byahawe Ngenzi Octavien na Barahira Tito
Mu Mahanga

CNLG yagize icyo ivuga kubihano byahawe Ngenzi Octavien na Barahira Tito

Ubwanditsi 07 Jul 2016
Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be
ITOHOZA

Uganda: Bobi Wine yabajije Museveni uko yiyumva iyo yica urubozo ‘abuzukuru’ be

Ubwanditsi 25 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru