Kuri uyu wa Gatanu, tariki ya 1 Kanama 2025, iyi kipe y’ubururu n’umweru yasuye Akarere ka Nyanza aho yavukiye mu 1964 , ibi byabaye mu rwego rwo kwishimana n’abafana bayo jo gutangiza igikorwa cya Rayon Week.
Byari ibirori bidasanzwe bihora biba buri mwaka, aha niho abakinnyi n’abatoza ba Rayon Sports ndetse na Gasogi United basuye Ingoro y’Umwami i Rukari, basobanurirwa amateka y’u Rwanda rwo hambere, berekwa inka z’inyambo n’umuco w’ubwami.
Nyuma y’uru ruzinduko, habaye umukino wa gicuti wateguwe mu rwego rwo kwegera abafana, Aha ninaho iyi kipe ya Rayon Sports yahatsindiye Gasogi United ibitego 2-0o.
Igitego cya mbere cyabonetse ku munota wa mbere w’inyongera ku gice cya mbere, gitsinzwe na Abedi Bigirimana, wakinaga umukino we wa mbere muri Rayon Sports.
Ni igitego yatsinze ku mupira yahawe na Nshimiyimana Emmanuel uzwi nka Kabange, ubwo yahinduye umupira ugana mu izamu Abedi atsinda igitego n’umutwe.
Igice cya mbere kikaba cyarangiye Rayon Sports itsinze igitego kimwe kubu, bavuye kuruhuka nibwo ikipe ya Rayon yatsinze igitego cya kabiri.
Ni igitego cyatsinzwe ku munota wa 70 na Mohamed Chelly, umukinnyi ukomoka muri Tunisia, wateye ishoti rikomeye rigora umunyezamu wa Gasogi United, bityo ugana mu rushundura.
Iyi ntsinzi ya Rayon Sports ije ifungura igikorwa cya Rayon Week kirimo ibikorwa bitandukanye birimo n’indi mikino ya gicuti.
Biteganyijwe ko mu cyumweru gitaha aribwo Rayon Sports izakomera mu karere ka Ngoma ku itariki ya 6 Kanama aho bazahura na Gorilla FC.
Rayon izakomereza i Rubavu ku itariki ya 9 Kanama aho izakina na Etincelles FC ikazasoza ibi byumweru bibiri ikina na Yanga SC yo muri Tanzania, tariki ya 15 Kanama 2025.




