• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Rwanda Premier League yasinyanye na Banki ya Kigali amasezerano yo kwitirirwa shampiyona y’u Rwanda mu gihe cy’imyaka 5 n’igice, afite agaciro k’arenga miliyari Eshatu z’amafaranga y’u Rwanda   |   24 Apr 2026

  • FERWAFA yafatiye ibihano abagaragayeho match-fixing’mu ikipe y’Amagaju FC n’uwa Gorilla wasutse ibitamenyekanye mu kibuga   |   24 Apr 2026

  • Perezida Paul Kagame yitabiriye itangizwa rya Shampiyona Nyafurika yʼAmakipe yʼAbagabo muri Volleyball, yatangiye APR VC yitwara neza   |   22 Apr 2026

  • APR VC irakina na Black Rhinos VC mu mukino wo gufungura ku mugaragaro Shampiyona Nyafurika, CAVB Men’s Club Championship 2026   |   22 Apr 2026

  • U Rwanda rwatsinze Reta Zunze Ubumwe za Amerika ku kinyuranyo k’inota rimwe muri ICC Women’s Challenge   |   21 Apr 2026

  • Prudence Nsengumukiza akomeje kuba umuyoboro w’interahamwe mu gushaka amaronko   |   20 Apr 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

Amaherezo ashaririye ya bamwe mubasize bahekuye u Rwanda

RUSHYASHYA 11 Nov 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, ITOHOZA, Mu Rwanda, POLITIKI

Mu mateka y’Isi, Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ni kimwe mu byaha bikomeye ndengakamere kurusha ibindi mu byagwiriye u Rwanda. Yateguwe, ishyirwa mu bikorwa, inashyigikirwa n’abantu bari bafite ububasha n’amapeti aremereye mu gihugu. Ariko imyaka yakurikiye, yagaragajeko nta gukomera kubaho kwahangara ingaruka zúbugome.
Bamwe mubateguye bakanayobora umugambi wa Jenoside, barimo abasirikare, abayobozi n’abacuruzi bakomeye, bose bagize amaherezo ashaririye kugera nubwo bamwe mubapfuye ubutaka bwo kuri ino si bwambanze bagatwikwa ivu rikajugunywa munyanja zo mubihugu bya kure. Muri iyi nkuru tugiye kugaruka kuri bamwe mubari bakomeye, bagize iherezo ribi bagwa ishyanga kubwo guhemukira no guhekura u Rwanda.

Théoneste Bagosora

Habyarimana amaze gufata ubutegetsi, yashinze agatsiko kiswe ‘Akazu’ kari kagizwe n’abo mu muryango we ndetse n’abandi bahezanguni b’Abahutu bo mu bice by’Amajyaruguru bafatwaga nk’inkoramutima z’ibukuru. Niko kafatirwagamo ibyemezo bikomeye birebana na politiki y’igihugu, ubukungu, umutekano, uwo kwikiza n’ibindi. Bagosora ni we wamenyekanye nkuwateguye akanagena uko jenoside yagombaga gukorwa, kubera uruhare rukomeye yagize mu kuyitegura no kuyishyira mu bikorwa. Yakatiwe n’Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) igifungo cy’imyaka 35. Yaguye muri gereza yo muri Mali mu 2021. Yashyinguwe rwihiswa ndetse nimva ye ntawamenya aho iherereye, kubera ubuhemu bwe.

Protais Zigiranyirazo

Zigiranyirazo yabaye Perefe wa Ruhengeri kuva mu 1974 kugeza mu 1989. Mu gihe yayoboraga iyi Perefegitura, yari yarayigize nk’akarima ke kuko yavugwaga mu bikorwa bitemewe n’amategeko byakorerwaga muri Pariki y’Ibirunga. Kugeza ubwo yanivuganye Diana Fossey bitaga Nyiramacibiri, wari warihebeye kubungabunga urusobe rw’ibinyabuzima harimo no kwita kubana b’ingagi. Zigiranyirazo rero bitaga Mr Z, yamwivuganye amuziza ko amubungamira mubikorwa byo gucuruza abana b’ingagi muburyo bwa magendu.

Zigiranyirazo, muramu wa Habyarimana, yabaye umwe mu bakomeye cyane mu Rwanda mbere no mu gihe cya Jenoside. Uyu musaza w’Agathe Kanziga, yakoranye ubugome bukabije mugutegura genocide no kuyishyira mubikorwa. Yapfiriye mu mujyi wa Niamey tariki ya 3 Kanama 2025. Icyo gihe yabaga mu icumbi ry’Umuryango w’Abibumbye muri Niger, Zigiranyirazo yabuze igihugu kimwakira bitewe n’ibyaha bikomeye yakurikiranyweho n’urukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwa Arusha, yewe n’umugi wa Orleans wo mu Bufaransa umuryango we washakaga kumushyinguramo ubutaka bwaho bwaramwanze maze baramutwika bajugunya ivu munyanja y’Atlantika.

Protais Mpiranya

Mpiranya wari umwe mu bari bayoboye Abasirikare barindaga umukuru w’igihugu (Presidential Guard), yashakishwaga cyane n’Urukiko mpuzamahanga mpanabyaha (ICTR) kubera uruhare rwe muri Jenoside. Yapfiriye muri Zimbabwe mu 2006, ahahambwa rwihishwa ku mazina ya Ndume Sambao. Urupfu rwe rwemejwe n’amatohoza ya Loni mu 2022, nyuma y’imyaka myinshi ahigwa.

Charles Sikubwabo na Charles Ryandikayo

Aba bombi bari abayobozi mu cyahoze ari Komini Gishyita muri Kibuye. Bayoboye ubwicanyi ndengakamere ku musozi wa Bisesero no mu nsengero. amakuru avuga ko bombi bapfiriye mu mashyamba ya Kongo mu 1998. Amazina yabo yibukwa mu mateka nk’ibigwari byahemukiye abaturanyi n’abavandimwe bakabica abatabarwanije ariko bagwa ishyanga mu rubungero.

Phénéas Munyarugarama

Uyu yari mu ngabo za kera za FAR, akaba yarateguye ndetse akanokora ubwicanyi mu Bugesera. Nawe yapfiriye i Kankwala muri Katanga muri 2002, akaba ari naho yashyinguwe nk’uko Loni yabyemeje. Yaguye mu buhungiro, adasize ikintu na kimwe cyiza usibye ikimwaro no komongana.

Augustin Bizimana

Bizimana yari Minisitiri w’Ingabo muri guverinoma ya Jenoside. Yahunze igihugu, akomeza kwihisha imyaka myinshi. Mu 2020, Loni yatangaje ko yapfuye mu 2000 i Pointe-Noire muri Congo-Brazzaville akaza no kuhashyingurwa nk’ikigwari cyarimbuye abo yarashinzwe kurinda.
Iyo urebye uko abo bayobozi bakomeye mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi ; ubuzima bwabo bwarangije urugendo rwabo hano ku isi mu kimwaro , ndetse ubutaka bw’u Rwanda bahekuye ntibwigeze basamira imibiri yizo nkoramaraso.

2025-11-11
RUSHYASHYA

IZINDI NKURU

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Amaraso arasama : Kayumba yataye umutwe asigaye arara kumva ya Karegeya

Ubwanditsi 26 Feb 2017
Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Igisilikare cy’u Rwanda ‘RDF ‘ cyasobanuye iby’Umurundi bivugwa ko yarasiwe muri Rweru

Ubwanditsi 31 Oct 2016
APR FC yashoje imikino yayo ya gicuti yitegura isubukurwa rya shampiyona itsinda Mukura VS ibitego bine ku busa.

APR FC yashoje imikino yayo ya gicuti yitegura isubukurwa rya shampiyona itsinda Mukura VS ibitego bine ku busa.

Ubwanditsi 29 Apr 2021
Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa

Volleybal : Urukiko rwafunguye abayobozi batawe muri yombi bakekwaho ruswa

Ubwanditsi 02 Mar 2017

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo
Amakuru

“Aho bagejeje batwangisha Inkotanyi niho ngeze nigisha ibyiza byazo” Rachel Mugorewase wakuwe mu mashyamba ya Kongo

Ubwanditsi 03 Oct 2022
Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura
POLITIKI

Jammeh wayoboye Gambia yarezwe mu rukiko n’abarwayi ba Sida yabeshyaga ko ayibavura

Ubwanditsi 02 Jun 2018
Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?
Amakuru

Masudi Djuma yagarutse muri Rayon Sports yaherukagamo mu myaka 4 ishize ayihesha ibikombe 2, Ese niwe mutoza wari ukenewe muri Gikundiro?

Ubwanditsi 16 Jul 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026
Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

Ibihano bifatiwe uruhande rumwe ntibizagarura amahoro mu karere

03 Mar 2026
Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

Isi ikomeje gukangarana kubera Intambara ya Iran ihanganyemo na Israel ndetse na Amerika, Ingaruka ni agahishyi

02 Mar 2026
Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru