APR FC yageze ku mukino wa nyuma w’Igikombe cy’Amahoro 2026 nyuma yo gusezerera ikipe ya Etincelles FC ku tsinzi y’ibitego 3-1 mu mukino wo kwishyura wa 1/2, iyisezerera ku giteranyo cy’ibitego 6-2 mu mikino yombi.
Ni umukino wabereye kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatatu, watangiye ikipe y’ingabo z’igihugu yitwara neza, aho ku munota wa 21 rutahizamu wayo Mugisha Gilbert yafunguye amazamu ku mupira mwiza yari ahawe na Byiringiro Jean Gilbert.
APR FC yakomeje gusatira izamu rya Etincelles FC, maze ku munota wa 38 Memel Raouf Dao atsinda igitego cya kabiri bityo amakipe yombi ajya kuruhuka ikipe yari mu rugo iyoboye ku bitego bibiri ku busa by’ikipe yo mu Burengerazuba bw’u Rwanda, mu karere ka Rubavu.
Mu gice cya kabiri, ikipe ya APR FC yatangiye neza ubwo rutahizamu wayo Djibril Ouattara yatsinze igitego cyashimangiye intsizi y’ingabo z’igihugu inagera ku mukino wa nyuma w’igikombe cy’Amahoro 2026.
Umukino urimo kugana ku musozo, ubwo hari ku munota wa 81, Ciza Hussein yaboneye Etincelles FC igitego cy’impozamarira cyatumye umukino urangira ari ibitego bitatu bya APR FC ku gitego kimwe cya Etincelles FC.
Gutsinda uyu mukino kwa APR FC byatumye igera ku mukino wa nyuma isanzeyo ikipe ya Rayon Sports yahageze isezereye Gorilla FC.
Biteganyijwe ko umukino wa nyuma uzakinwa tariki ya 23 Gicurasi 2026, uyu ukazabanzirizwa n’uzahuza ikipe ya Gorilla FC na Etincelles FC bahatanira umwanya wa Gatatu.
APR FC na Rayon Sports zikazaba zihatanira igikombe n’imidali ndetse na Miliyoni 12 z’Amafaranga y’u Rwanda azahabwa ikipe izegukana igikombe, ikipe izaba iya kabiri yo izegukana miliyoni Eshanu mu gihe iya Gatatu yo izahabwa Miliyoni 3.













