Umutoza mukuru w’Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda, Amavubi, Stephen Constantine yatangaje urutonde rw’abakinnyi 24 bazifashishwa mu mikino ibiri ya gicuti mpuzamahanga izahuza u Rwanda na Comoros ndetse na Tanzania izabera i Marrakech muri Maroc tariki ya 6 n’iya 9 Kamena 2026.
Muri uru rutonde hagaragaramo amasura mashya arimo Noam Fritz Emeran ukinira FC Groningen ndetse na Fidali Uwiyaremye wa Kiyovu Sports winjiye bwa mbere mu Amavubi nyuma yo kwitwara neza muri shampiyona aho yatsinze ibitego 11.
Gusa Amavubi azakina iyi mikino adafite bamwe mu bakinnyi b’ingenzi kubera imvune. Thierry Manzi, Joy Lance Mickels ndetse na Leroy Jacques Mickels ntibashyizwe muri iyi kipe kubera ibibazo by’imvune, mu gihe Hakim Sahabo atahamagawe kubera kutabona iminota ihagije mu ikipe ye.
Ikipe ya APR FC ni yo ifitemo abakinnyi benshi bahamagawe, ibintu bikomeje kugaragaza ubukaka bwayo muri ruhago y’u Rwanda.
Urutonde rw’abakinnyi bahamagawe:
Abanyezamu:
* Patience Niyongira (Police FC)
* Adolphe Hakizimana (APR FC)
* Olivier Kwizera (Rayon Sports)
Ba myugariro:
* Ange Mutsinzi (Zira FK)
* Yves Niyigena (APR FC)
* Phanuel Kavita Mabaya (Birmingham Legion)
* Yunusu Nshimiyimana (APR FC)
* Jean Gilbert Byiringiro (APR FC)
* Emmanuel Imanishimwe (AEL Limassol)
* Claude Niyomugabo (APR FC)
Abakina hagati:
* Noam Fritz Emeran (FC Groningen)
* Jojea Kwizera (Rhode Island)
* Johan Marvin Kury (AC Bellinzona)
* Bonheur Mugisha (Al Masry)
* Djihad Bizimana (CS Constantine)
* Samuel Gueulette (RAAL La Louvière)
* Jean Bosco Ruboneka (APR FC)
* Kevin Muhire (Jamus SC)
Ba rutahizamu:
* Innocent Nshuti (Al Wafaq)
* Rene Uwineza (Kiyovu Sports)
* Abeddy Biramahire (Assabah)
* Joy Slayd Mickels (Karvan FK)
* Fidali Uwiyaremye (Kiyovu SC)
* Taiba Mbonyumwami (Marine FC)
Iyi mikino ya gicuti izafasha Stephen Constantine kureba urwego rw’abakinnyi be no gukomeza gutegura Amavubi ku mikino mpuzamahanga iri imbere.









