Hari abantu batinyutse amasasu, bahara ubuzima bwabo kugira ngo u Rwanda rubohoke. Hari n’ibigwari nka Major Michel Mupende babivuga, batabashije kwihanganira ubushyuhe bw’urugamba, ariko nyuma y’intsinzi bakigaragaza nk’abari bafite uruhare rukomeye kurusha abarurwaniye.
Ku mbuga nkoranyambaga, Major Michel Mupende akunze kwiyerekana nk’umuntu ufite ubumenyi bwihariye ku rugamba rwo kubohora u Rwanda. Akunda kuvuga ko azi byinshi, ko afite amabanga akomeye, kandi ko igihe nikigera azayashyira ahagaragara. Ariko ikibazo kimaze imyaka myinshi irenga 20 kibazwa kiracyari cya kindi: ayo mabanga ari he?
Hashize imyaka irenga makumyabiri humvikana amagambo amwe. Buri gihe haba hari isezerano rishya ko “igihe kirageze” cyangwa ko “ukuri kuzashyirwa ahagaragara.” Ariko igihe kiragenda, imyaka irahita, ayo mabanga akomeza kuba amabanga azwi na Mupende gusa.
Abamunenga bavuga ko umuntu wahunze urugamba cyangwa utabashije kurukomeza kubera impamvu zitandukanye aba afite uburenganzira bwo gusobanura uruhare rwe. Icyo atagombye gukora, bavuga, ni ukwiyubakira isura y’intwari nyuma y’intsinzi, mu gihe abo barwanye kugeza ku ndunduro ari bo amateka asanzwe azi.
Urugamba ntirutsindirwa kuri telefoni cyangwa kuri mudasobwa. Ntirutsindirwa kuri YouTube cyangwa kuri X. Rutsindirwa aho amasasu avugira, aho abantu bafata ibyemezo bikomeye, kandi aho bamwe bahasiga ubuzima kugira ngo abandi bazabone amahoro.
Mu mateka y’isi hose, habaho abantu bavuga cyane iyo intambara yarangiye. Iyo intsinzi imaze kuboneka, nibwo bumva bafite ubutwari bwo kuvuga ibyo batigeze bavuga igihe byasabaga ubutwari nyabwo. Icyo gihe amagambo aba menshi kurusha ibikorwa.
Niba umuntu avuga ko afite amabanga ashobora guhindura uko amateka yumvikana, igikwiye si ugukomeza kuyasezeranya. Igikwiye ni ukuyashyira ahagaragara akaganirwaho, agasesengurwa, kandi akagenzurwa. Amateka ntabwo yubakwa ku mayobera ahora asubirwamo imyaka n’imyaka.
Abarwanye urugamba rwo kubohora u Rwanda bavuga ko Mupende yirwaje mu minsi yambere avuga ko umwanzi yamurashe ubugabo. Ubu niwe uvuga ko azi ibyo abandi bose batazi, ariko imyaka igashira nta na kimwe agaragaje gifatika.
Ubutwari ntibwipimirwa ku mubare w’inkuru umuntu ashyira ku mbuga nkoranyambaga cyangwa ku burebure bw’ibiganiro atanga. Bupimirwa ku byo yakoze igihe igihugu cyari mu kaga. Uvuga amateka agomba kwemera ko amateka amupima mbere y’uko na we ayapima.
Niba koko ayo mabanga ahari, igihe cyo kuyatangaza cyararangiye. Niba adahari, gukomeza kuyakoresha nk’intwaro yo gukurura abantu ni ugutesha agaciro amateka y’urugamba n’igitambo cy’abarurwaniye.
Amateka ntabwo akenera intyoza z’amagambo. Akenera ukuri, ibimenyetso ubunyangamugayo n’ubutwari. Ibisigaye amagambo menshi ari urusaku, aho kuba ubuhamya.



