Mu gihe habura ibyumweru bike ngo CECAFA Kagame Cup 2026 itangire, amakipe azahagararira u Rwanda ari yo APR FC na Rayon Sports akomeje kwiyubaka, yongeramo abakinnyi ndetse n’abatoza mu rwego rwo kwitwara neza imbere y’amakipe akomeye azitabira iri rushanwa rizabera i Kigali.
CECAFA yamaze kwemeza amakipe 11 azitabira iri rushanwa rizakinwa kuva tariki ya 24 Nyakanga kugeza ku ya 8 Kanama 2026 kuri Stade Amahoro na Kigali Pelé Stadium.
APR FC na Rayon Sports ni zo zizahagararira u Rwanda, aho zizahura n’amakipe akomeye arimo Simba SC yo muri Tanzania, Vipers SC yo muri Uganda, Gor Mahia FC yo muri Kenya, Al Hilal SC na El Merrikh SC zo muri Sudani n’andi.
APR FC yaguze abakinnyi bashya
Nyuma yo kwegukana BK Pro League n’Igikombe cy’Amahoro mu mwaka w’imikino wa 2025/26, APR FC ntiyahwemye gushimangira ko intego yayo ari ukwitwara neza no mu marushanwa mpuzamahanga.
Mu bakinnyi bashya bamaze gutangazwa harimo Mamadou Traoré, Umunya-Mali wakiniraga Stade Malien ndetse wari kapiteni wayo. Uyu mukinnyi ukina hagati mu kibuga afite ubunararibonye mu mikino itandukanye itegurwa na CAF, aho yafashije ikipe ye kugera muri ¼ cya CAF Champions League muri uyu mwaka w’imikino.
Ikipe y’Ingabo z’Igihugu yanongereye imbaraga mu izamu isinyisha Ernan Siluane, umunyezamu mpuzamahanga wa Mozambique wari usanzwe akinira Black Bulls ndetse umaze guhamagarwa inshuro 24 mu Ikipe y’Igihugu y’iwabo.
Aba basanze abandi bakinnyi APR FC yamaze kwerekana barimo Amani Kouadiokan Michel Breygeneve, Uwiyaremye Fidali, Rubuguza Jean Pierre na Ishimwe Christian, mu gihe amakuru akomeje kuvuga ko myugariro Madou Zon na we ashobora kuyerekezamo.
Rayon Sports yongereye imbaraga mu gice cy’abatoza
Rayon Sports na yo yakoresheje neza isoko ry’igura n’igurisha, yibanda cyane ku kongeramo abanyamahanga bafite ubushobozi ndetse n’Abanyarwanda bashobora kuzamura urwego rw’ikipe.
Umukinnyi wavuzwe cyane ni Issa Djiguiba ukomoka muri Mali, wabaye umukinnyi mwiza wa Shampiyona y’icyiciro cya mbere muri iki gihugu mu mwaka ushize w’imikino wa 2025/26.
Uyu mukinnyi w’imyaka 22 ushobora gukina hagati afasha ba rutahizamu cyangwa ku mpande z’ubusatirizi, yiyongereye ku bandi banyamahanga bashya barimo Ibrahim Djingarey, Antonio Atisso Kodjo, Charles Tchouplaou na Matumona Wakonda Kanda.
Mu Banyarwanda, Rayon Sports yanasinyishije Ndayishimiye Didier, Nshuti Didier, Nisingizwe Christian, Nkundimana Fabio, Nizeyimana Mubarak na Muhoza Daniel.
Uretse ku bakinnyi, Gikundiro yanakoze impinduka ku ntebe y’abatoza, isubiza Habimana Sosthène nk’umutoza wungirije wa Haringingo Francis Christian nyuma yo gutandukana na Lomami Marcel.
Habimana agarukanye ubunararibonye yakuye mu makipe y’igihugu no mu yandi makipe yo mu Rwanda, aho azakorana na Dusange Sacha, Hugo Tricárico utoza abanyezamu na Serge Mwambali ushinzwe kongerera imbaraga abakinnyi.
CECAFA Kagame Cup izaba igeragezwa ry’ibyo aya makipe yubatse
APR FC na Rayon Sports zisanzwe ari amakipe ahora ahanganiye ibikombe mu Rwanda, ariko kuri iyi nshuro zigiye kwinjira muri CECAFA Kagame Cup zifite impinduka nyinshi kurusha uko byari bisanzwe.
Iri rushanwa rizaba ari umwanya mwiza wo kureba urwego rw’abakinnyi bashya ndetse n’uburyo amakipe yombi azaba yaramaze kumenyera gukinana mbere yo gutangira amarushanwa ya CAF n’aya shampiyona y’u Rwanda.
Kubera uburyo aya makipe yiyubatse, CECAFA Kagame Cup itegerejwe nk’irushanwa rizatanga ishusho y’uko azitwara mu mwaka w’imikino wa 2026/27, cyane ko azaba akinira imbere y’abafana bayo i Kigali.










