• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Senateri Mukabalisa Donatille yitabye Imana azize Uburwayi   |   30 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’u Rwanda batrengeje imyaka 18 begukanye igikombe cya Zone V   |   29 Jul 2026

  • Bwa mbere mu mateka u Rwanda rwabonye umudali mu Mikino ya Commonwealth   |   29 Jul 2026

  • Abarwanyi ba FDLR na Wazalendo bavurirwa mu Burundi ku ngengo y’igisirikare cy’u Burundi   |   24 Jul 2026

  • Ikipe y’igihugu y’Umukino wa Volleyball mu Bagabo yatangiye imyiteguro y’igikombe cya Afurika cyaherukaga kuba muri 2023   |   23 Jul 2026

  • Igikombe kirajya mu bindi twibitseho, ubutumwa bwa Gen. MK Mubarakh yageneye abafana ba APR FC yitegura gukina CECAFA Kagame Cup 2026   |   22 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

Ubwanditsi 29 May 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ubwo Abarundi bajyaga muri CONGO bagiye, bagiye  gufatanya n’abandi banyamuryango ba EAC bari boherejwe muri CONGO ; icyo gihe M23 yabahaye zone nini bari barafashe. Abarundi icyo bakoze bahamagaye za FARDC, FDLR , Mai Mai, ba wazalendo n’abandi bafatanya mu nshingano TSHISEKEDI yifuzaga; bidatinze batangira kwica abatutsi  muri Kivu ; abaturage bahuruza M23 irabatabara irwanya izo ngabo zose .

Tshisekedi yasabye u Burundi kongera imbaraga zo kumutabara amwizeza kumuha byose ; u Burundi bamwoherereza battalion 17, zigeze muri CONGO; M23 irazishwanyaguza. Tshisekedi ntiyashirwa azana ingabo za SADEC ( South Africa, Malawi na Tanzania) barwana na M23; M23 irabatsinda.

Yashatse ingabo z’abanyekongo aziha intwaro nyinshi zihagije, aziha amahugurwa menshi ahagije azohereza kurwanya M23 ziratsindwa , yongeyeho FDLR abaha ibikoresho bihagije, abaha imyambaro myiza, abaha n’imishara abahoreza kurwanya M23 baratsindwa

Tshisekedi n’abandi bayobozi b’izi ngabo bati reka twifatanye twese hamwe na MONUSCO  dutere ka M23 ; barabikora maze M23 irabakubita ihita ifata Goma.

Igihe bahugiye muri ibyo Red Tabara itera u Burundi ; ubuyobozi bw’uburundi bushyira induru ku mu munwa Bati: u Rwanda nirwo rufasha Red Tabara.

Izi ngabo zose bariyandayanze bagerageza kurasa u Rwanda ariko barananirwa.

Muri Dipolomasi; Ububiligi bwasezeranije Tshisekedi ko buzakora ibishoboka byose u Rwanda rugahabwa ibihano mpuzamahanga ndetse rugakomatanyirizwa ku isi hose ; maze Tshisekedi na Muyaya bandika inyandiko zuzuyemo ibinyoma bisebya u Rwanda babiha minisitiri w’ububanyi n’amahanga bwa Ababiligi Prévot; ariko mu rugendo rwe aza guhura n’uruva gusenya.

Ubwo Prévot yageraga mu Burayi hose baramubwiraga bati : umuryango wa SADEC na East Africa bemeje imishyikirano hagati y’u Rwanda na CONGO hamwe na CONGO na M23 ndetse Union Africain bemeje abazahagarira iyo mishyikirano waretse tukaba dutegereje ikizavamo ? Prévot ati : Oya ndifuza ko u Rwanda rufatirwa ibihano. Abo mu bihugu by’I Burayi yabaga yagiye kureba bati: genda tuzabireba.

Maze Ububiligi bugira ibindi byago bikomeye ; mu gihe U bubiligi bukiri muri ayo; Doha hatangira imishyikirano ya leta y’u Rwanda na leta ya Congo ndetse Niya Leta ya Congo na M23 ; Imigambi yose Ububiligi bwari bufite yo gusenya no gusabira urwo gupfa u Rwanda icecekera aho.

TRUMP ari nawe uha amategeko ibihugu by’I Burayi aba ahamagaje imishyikirano ya Leta y’u Rwanda niya leta Congo ategeka ko na M23 iganira na Leta Congo; yemera kuzakurikiza imishyikirano yose y’abanyafurika.

 

Ariko umubiligi ntiyashirwa, abwira Tshisekedi ati ndagufasha kubona imbunda nyinshi ariko sinkuha abasirikare byadukoraho gusa nzagufasha gushishikariza abazagufasha ; akusanya interahamwe zose ziri mu bihugu by’amajyepfo y’afurika n’ahandi ku isi babazana Mu Burundi aho bitegura kwambuka muri DRC, yikoza I Burundi n’ibindi bihugu asabira Tshisekedi inkunga ngo baburizemo amasezerano y’amahoro ya DOHA.

Nubwo Leta y’u Burundi n’Ababiligi barajwe ishinga no gusenya u Rwanda ni ikibazo gikomeye bafite cyo kutigira ku mateka y’ahahise ku ngabo z’u Rwanda ; U Rwanda kuva rwabaho ntirutsindwa kandi n’abarurwanya uyu munsi barabizi kuko ingabo z’u Rwanda nizo zakuyeho ingoma y’igitugu ya Habyarimana yakoraga genocide yakorerwaga abatutsi mu 1994, nizo ngabo zakuyeho umunyagitugu Mobutu, banesha ku manywa y’ingabo z’ inyeshyamba zo muri centre Africa zari zarananiye Abafaransa n’abacancuro b’i Burayi

Nizo ngabo zirukanye inyeshyamba zo muri Mozambique zari zananiye ingabo za Mozambique, abacancuro b’i Burayi ni ingabo za SADEC, ni nazo ngabo zarinze umupaka w’u Rwanda I Rubavu ubwo ingabo za FARDC, FDLR, ABARUNDI , Abacancuro , Mai Mai, ba wazalendo n’abandi bari Goma bose barahiye gutera u Rwanda ndetse birageragezwa ariko nta na centimeter bateye ku butaka bw’u Rwanda; amaherezo y’u Burundi n’Ababiligi ni ugutsindwa uruhenu.

2025-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwo umwaka w’imikino wa 2021-2022 uzaba urangiye, abakinnyi 6 barimo Tuyisenge Jacques, Nizeyimana Djuma na Itangishaka Blaise bashobora gutandukana na APR FC

Ubwanditsi 09 Mar 2022
Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Ntabwo iyi ntambara ari iy’u Rwanda, ntabwo ari u Rwanda rwayitangiye, ahubwo icyo abayitangiye bashakaga ni cyo turwana nacyo

Ubwanditsi 16 Mar 2025
Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Amb. Rugira yagiranye ibiganiro n’Intumwa ya Papa Francis mu Bubiligi

Ubwanditsi 04 Jan 2018
FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

FDLR, umwe mu mitwe yagarutsweho na Loni ikwiye kurandurwa burundu

Ubwanditsi 01 Mar 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora
Mu Rwanda

Kicukiro: Perezida Kagame yemejwe nk’umukandida uzahagararira FPR Inkotanyi mu matora

Ubwanditsi 03 Jun 2017
RDF yatangiye kwandika abashaka kuba aba Ofisiye
HIRYA NO HINO

RDF yatangiye kwandika abashaka kuba aba Ofisiye

Ubwanditsi 20 Aug 2018
Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze
Mu Mahanga

Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Ubwanditsi 31 Oct 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru