• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Harimo n’abazandikwa bishyuye Miliyoni Ebyiri, FERWAFA yashyizeho amabwiriza mashya yo kwandikisha abakinnyi n’abatoza muri BK Pro League 2026/2027   |   09 Jul 2026

  • AMAFOTO – Umutoza mukuru wa APR FC, Abderrahim Taleb, yongereye amasezerano y’umwaka umwe   |   07 Jul 2026

  • Kwigira Nyoninyinshi kwa Habyarimana yavuze ko bashakira amahoro abantu bose naho yahe yo kajya   |   07 Jul 2026

  • Kuvanaho Ingamba z’Ubwirinzi byaba ari Ubwiyahuzi   |   07 Jul 2026

  • Raporo ivuga ko FDLR yigabyemo ibice bitatu by’ingenzi ari byo FDLR-FOCA, FDLR-RUD na FDLR-FPP   |   06 Jul 2026

  • Ububabare bwa RPA/F bwashibutsemo icyizere n’agaciro; Mufulukye Fred   |   05 Jul 2026

 
You are at :Home»Amakuru»AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

AMAHEREZO Y’ABABILIGI N’ABARUNDI MU BIBAZO BYA DRC NI AYAHE ? 

Ubwanditsi 29 May 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Ubwo Abarundi bajyaga muri CONGO bagiye, bagiye  gufatanya n’abandi banyamuryango ba EAC bari boherejwe muri CONGO ; icyo gihe M23 yabahaye zone nini bari barafashe. Abarundi icyo bakoze bahamagaye za FARDC, FDLR , Mai Mai, ba wazalendo n’abandi bafatanya mu nshingano TSHISEKEDI yifuzaga; bidatinze batangira kwica abatutsi  muri Kivu ; abaturage bahuruza M23 irabatabara irwanya izo ngabo zose .

Tshisekedi yasabye u Burundi kongera imbaraga zo kumutabara amwizeza kumuha byose ; u Burundi bamwoherereza battalion 17, zigeze muri CONGO; M23 irazishwanyaguza. Tshisekedi ntiyashirwa azana ingabo za SADEC ( South Africa, Malawi na Tanzania) barwana na M23; M23 irabatsinda.

Yashatse ingabo z’abanyekongo aziha intwaro nyinshi zihagije, aziha amahugurwa menshi ahagije azohereza kurwanya M23 ziratsindwa , yongeyeho FDLR abaha ibikoresho bihagije, abaha imyambaro myiza, abaha n’imishara abahoreza kurwanya M23 baratsindwa

Tshisekedi n’abandi bayobozi b’izi ngabo bati reka twifatanye twese hamwe na MONUSCO  dutere ka M23 ; barabikora maze M23 irabakubita ihita ifata Goma.

Igihe bahugiye muri ibyo Red Tabara itera u Burundi ; ubuyobozi bw’uburundi bushyira induru ku mu munwa Bati: u Rwanda nirwo rufasha Red Tabara.

Izi ngabo zose bariyandayanze bagerageza kurasa u Rwanda ariko barananirwa.

Muri Dipolomasi; Ububiligi bwasezeranije Tshisekedi ko buzakora ibishoboka byose u Rwanda rugahabwa ibihano mpuzamahanga ndetse rugakomatanyirizwa ku isi hose ; maze Tshisekedi na Muyaya bandika inyandiko zuzuyemo ibinyoma bisebya u Rwanda babiha minisitiri w’ububanyi n’amahanga bwa Ababiligi Prévot; ariko mu rugendo rwe aza guhura n’uruva gusenya.

Ubwo Prévot yageraga mu Burayi hose baramubwiraga bati : umuryango wa SADEC na East Africa bemeje imishyikirano hagati y’u Rwanda na CONGO hamwe na CONGO na M23 ndetse Union Africain bemeje abazahagarira iyo mishyikirano waretse tukaba dutegereje ikizavamo ? Prévot ati : Oya ndifuza ko u Rwanda rufatirwa ibihano. Abo mu bihugu by’I Burayi yabaga yagiye kureba bati: genda tuzabireba.

Maze Ububiligi bugira ibindi byago bikomeye ; mu gihe U bubiligi bukiri muri ayo; Doha hatangira imishyikirano ya leta y’u Rwanda na leta ya Congo ndetse Niya Leta ya Congo na M23 ; Imigambi yose Ububiligi bwari bufite yo gusenya no gusabira urwo gupfa u Rwanda icecekera aho.

TRUMP ari nawe uha amategeko ibihugu by’I Burayi aba ahamagaje imishyikirano ya Leta y’u Rwanda niya leta Congo ategeka ko na M23 iganira na Leta Congo; yemera kuzakurikiza imishyikirano yose y’abanyafurika.

 

Ariko umubiligi ntiyashirwa, abwira Tshisekedi ati ndagufasha kubona imbunda nyinshi ariko sinkuha abasirikare byadukoraho gusa nzagufasha gushishikariza abazagufasha ; akusanya interahamwe zose ziri mu bihugu by’amajyepfo y’afurika n’ahandi ku isi babazana Mu Burundi aho bitegura kwambuka muri DRC, yikoza I Burundi n’ibindi bihugu asabira Tshisekedi inkunga ngo baburizemo amasezerano y’amahoro ya DOHA.

Nubwo Leta y’u Burundi n’Ababiligi barajwe ishinga no gusenya u Rwanda ni ikibazo gikomeye bafite cyo kutigira ku mateka y’ahahise ku ngabo z’u Rwanda ; U Rwanda kuva rwabaho ntirutsindwa kandi n’abarurwanya uyu munsi barabizi kuko ingabo z’u Rwanda nizo zakuyeho ingoma y’igitugu ya Habyarimana yakoraga genocide yakorerwaga abatutsi mu 1994, nizo ngabo zakuyeho umunyagitugu Mobutu, banesha ku manywa y’ingabo z’ inyeshyamba zo muri centre Africa zari zarananiye Abafaransa n’abacancuro b’i Burayi

Nizo ngabo zirukanye inyeshyamba zo muri Mozambique zari zananiye ingabo za Mozambique, abacancuro b’i Burayi ni ingabo za SADEC, ni nazo ngabo zarinze umupaka w’u Rwanda I Rubavu ubwo ingabo za FARDC, FDLR, ABARUNDI , Abacancuro , Mai Mai, ba wazalendo n’abandi bari Goma bose barahiye gutera u Rwanda ndetse birageragezwa ariko nta na centimeter bateye ku butaka bw’u Rwanda; amaherezo y’u Burundi n’Ababiligi ni ugutsindwa uruhenu.

2025-05-29
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Abapolisi bakuru biga iby’ubuyobozi basoje urugendoshuri bakoreraga muri Etiyopiya

Abapolisi bakuru biga iby’ubuyobozi basoje urugendoshuri bakoreraga muri Etiyopiya

Ubwanditsi 19 Jun 2016
Dr Dusabe wari umuganga mu bitaro by’ Umwami Faisal  yiciwe mu nzu yabagamo mu Mujyi wa Cape Town

Dr Dusabe wari umuganga mu bitaro by’ Umwami Faisal yiciwe mu nzu yabagamo mu Mujyi wa Cape Town

Ubwanditsi 09 Jan 2018
Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ibi byo ni agasuzuguro gakabije, Umuhungu w’ umujenosideri ruharwa, Kabuga Felisiyani , ageze aho gusaba kutongera gukoresha ijambo”Jenoside”!!

Ubwanditsi 29 Jun 2021
Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Nyuma ya Sankara hari n’abandi bari mu nzira

Ubwanditsi 01 May 2019

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO
Amakuru

Ibikorwa bya M23 byo gukaza umutekano w’abaturage muri Goma bikomeje kwambika ubusa MONUSCO

Ubwanditsi 07 Mar 2025
Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera
POLITIKI

Perezida Kagame yasabye abacamanza kutavugirwamo no kwihutisha ubutabera

Ubwanditsi 01 Aug 2018
Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana
Amakuru

Amerika yikuye mu ndorerezi zizakurikirana amatora ya Perezida muri Uganda nyuma yaho indorerezi zayo ku kigero cya 75% zimwe uburenganzira bwo kuyakurikirana

Ubwanditsi 13 Jan 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026
Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

Minisitiri Amb. Nduhungirehe yavuze ku bikarito FARDC-FDLR irimo gukinga mu maso y’amahanga

01 Apr 2026
Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

Iyo tugira aho Ubwenge bugurwa twakwipeshereza Nadine Kasinge wita Inamanyunguranabitekerezo;Ikinamico

24 Mar 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru