• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Abakinnyi 19 muri 28 bahamagawe n’umutoza Stephen Constantine witegura gukina na Liberia na Cap-Vert, bakina hanze y’u Rwanda   |   09 Sep 2026

  • Irabu: Ibigarahamwe mwitege iyi nkota ya menge ivuye muri Oman nimukoronge ariko nimurenga wa murongo izabarya   |   09 Sep 2026

  • Cricket: U Rwanda rwitwaye neza mu mukino ufungura irushanwa rya ILT20 Continent Cup 2026   |   08 Sep 2026

  • Byatsi Baker yongeye kwikirigita araseka, mu mugambi we wa mpemuke ndamuke akomeje wo kwambara urubwa rwo gusebya u Rwanda rwabyaye Nyina   |   08 Sep 2026

  • Cassa Mbungo yahamagaye ikipe y’igihugu y’u Rwanda U20, banatangira imyitozo yitegura imikino ya CECAFA izabera muri Tanzania   |   08 Sep 2026

  • Patrice Evra wakiniye Manchester United n’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa, uri mu Rwanda yashimye intambwe y’u Rwanda nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi   |   03 Sep 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Ubwanditsi 31 Oct 2019 Mu Mahanga, POLITIKI

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwa mbere cyasohoye amashusho agaragaza imigendekere y’igitero cyahitanye Umuyobozi mukuru w’Umutwe w’Iterabwoba wiyise Leta ya Kiyisilamu (ISIS).

Abu Bakr al Baghdadi yishwe n’Ingabo zidasanzwe za Amerika muri Syria, zimwicira aho yari amaze iminsi yihishe.

Amashusho yasohowe yerekana abasirikare ba Amerika bafata intwaro nto ubwo bari mu ndege zitegura kugwa hasi hafi y’aho uwo muyobozi yabaga.

Ni igitero cyamaze amasaha abiri. Mu gihe abasirikare ba Amerika bari bagose agace Baghdadi yari aherereyemo, niko indege z’intambara za Amerika zo mu bwoko bwa US F-15 zamishaga ibisasu ku gace umuyobozi wa ISIS yari arimo.

Umugaba w’Ingabo za Amerika zidasanzwe, Gen Frank MacKenzie, yatangaje ko ibizamini by’isanomuzi (ADN) byafashwe byemeza ko Baghdadi yapfuye.

Yavuze ko ibyo bizamini babifashe bakoresheje kubigereranya n’ibyo bakuye mu nkambi ya Bucca muri Iraq, aho Baghdadi yabaga.

Perezida Donald Trump aherutse kuvuga ko Baghdadi yapfuye ari kuboroga, ariko MacKenzie kuri uyu wa Kane yabwiye abanyamakuru ko atabizi neza niba koko yarapfuye arira.

MacKenzie yavuze ko babonye Baghdadi n’abana be babiri binjira mu mwobo bakambakamba, bagezemo barituritsa mu gihe abandi bambari be basigaye hanze y’umwobo barebera.

Yanavuze ko bishoboka ko Baghdadi yarashwe n’ingabo za Amerika ubwo yari muri uwo mwobo kuko ubwo yinjiraga bamurasagaho.

Nubwo mbere hari hatangajwe ko Baghdadi yapfanye n’abana be batatu, MacKenzie yavuze ko bari abana babiri bari munsi y’imyaka 12.

Baghdadi yishwe mu minsi mike Amerika ivanye ingabo zayo muri Syria. MacKenzie yavuze ko ingabo zishe umuyobozi wa ISIS zo zagumye muri icyo gihugu kandi ngo kuba barabanje kuvana ingabo zabo muri icyo gihugu mbere y’igitero, ntaho bihuriye kuko cyagabwe bamaze kubona amakuru yose afatika kuho Baghdadi yari aherereye.

Yavuze ko inyeshyamba z’Aba-Kurde zo muri Sryia zizwi nka Syrian Democratic Forces zabafashije muri icyo gitero kuko zabahaye amakuru y’ingenzi yabagejeje ku kwica Baghdadi.

MacKenzie yavuze ko ubwo bageraga aho Baghdadi yari aherereye, barashweho n’izindi nyeshyamba zibarizwa muri ako gace na bo bakazirasaho bakicamo iziri hagati ya 10 na 15. Izo nyeshyamba yavuze ko ntaho zihuriye na ISIS ahubwo ngo agace uwo muyobozi yiciwemo kabarizwamo inyeshyamba nyinshi.

Mbere yo guturitsa aho Baghdadi yabaga, Ingabo za Amerika zabanje gutwara inyandiko n’ibikoresho by’ikoranabuhanga zahasanze. MacKenzie yavuze ko baturikije aho hantu ngo hatazongera kuba ubwihisho bw’abagizi ba nabi nkuko CNN yabitangaje.

Urupfu rwa Baghdadi rwashyize iherezo ku myaka Amerika yari imaze imuhiga nk’umwe mu baterabwoba bakomeye ku Isi.

Ni we muntu ukomeye cyane ufatwa nk’umuterabwoba upfuye nyuma ya Osama Bin Laden wayoboraga Al Qaeda akaza kwicwa n’Ingabo za Amerika mu 2011.

Iyi shusho yafashwe ni imwe mu zerekana uburyo igitero cyahitanye Baghdadi cyagenze
Src: Igihe

2019-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Ubwanditsi 22 Sep 2025
Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ibyo inararibonye zisanga Umutwe w’Abadepite mushya waheraho

Ubwanditsi 05 Sep 2018
Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa

Rwanda irifuza yuko amasezerano ya Montreal yavugururwa

Ubwanditsi 16 Sep 2016
Perezida Zuma yanze kwegura

Perezida Zuma yanze kwegura

Ubwanditsi 14 Feb 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?
POLITIKI

Ese koko abari inyuma ya propaganda zirwanya u Rwanda muri Uganda nabo bafite inkomoko mu Rwanda?

Ubwanditsi 04 Feb 2019
Umukandida wa FPR, Paul Kagame aratangira kwiyamamaza ahereye mu karere ka Ruhango
Mu Rwanda

Umukandida wa FPR, Paul Kagame aratangira kwiyamamaza ahereye mu karere ka Ruhango

Ubwanditsi 13 Jul 2017
Rubavu: Abantu bikekwa ko ari FDLR barashe amasasu menshi ku muturage bica n’inka ze
INKURU NYAMUKURU

Rubavu: Abantu bikekwa ko ari FDLR barashe amasasu menshi ku muturage bica n’inka ze

Ubwanditsi 04 Apr 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

Eugène Ntambara yakatiwe burundu n’ubutabera bw’u Buholandi kubera uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi

31 Aug 2026
Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru