• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Dr. Bahati Bernard yavuze ko mu mwaka w’amashuri wa 2025/26 abanyeshuri bakoze ikizamini cya Leta gisoza amashuri abanza batsinze ku rugero rwa 88,21%   |   20 Aug 2026

  • Ikibazo cy’Ubuzima n’Umutekano muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, iki gihugu cyambuwe kwakira Shampiyona Nyafurika ya Volleyball y’Abagabo 2026   |   20 Aug 2026

  • Etienne Gatanazi akura gakiza ki mu kuba umuzindaro w’interahamwe?   |   20 Aug 2026

  • Rimwe mu makosa Leta ya Ndayishimiye izicuza ni ukuba yaragennye Edouard Bizimana nka Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga; Nininahazwe Pacifique   |   18 Aug 2026

  • FERWAFA yemeje ko Super Cup 2026 izakinwa n’amakipe ane atarimo APR FC yasimbujwe Mukura VS   |   18 Aug 2026

  • Rayon Sports izabanza kwakira APR FC muri shampiyona y’u Rwanda, Ingengabihe ya BK Pro League 2026/27   |   17 Aug 2026

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Amerika yasobanuye byimbitse uko igitero cyahitanye umuyobozi wa ISIS cyagenze

Ubwanditsi 31 Oct 2019 Mu Mahanga, POLITIKI

Igisirikare cya Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwa mbere cyasohoye amashusho agaragaza imigendekere y’igitero cyahitanye Umuyobozi mukuru w’Umutwe w’Iterabwoba wiyise Leta ya Kiyisilamu (ISIS).

Abu Bakr al Baghdadi yishwe n’Ingabo zidasanzwe za Amerika muri Syria, zimwicira aho yari amaze iminsi yihishe.

Amashusho yasohowe yerekana abasirikare ba Amerika bafata intwaro nto ubwo bari mu ndege zitegura kugwa hasi hafi y’aho uwo muyobozi yabaga.

Ni igitero cyamaze amasaha abiri. Mu gihe abasirikare ba Amerika bari bagose agace Baghdadi yari aherereyemo, niko indege z’intambara za Amerika zo mu bwoko bwa US F-15 zamishaga ibisasu ku gace umuyobozi wa ISIS yari arimo.

Umugaba w’Ingabo za Amerika zidasanzwe, Gen Frank MacKenzie, yatangaje ko ibizamini by’isanomuzi (ADN) byafashwe byemeza ko Baghdadi yapfuye.

Yavuze ko ibyo bizamini babifashe bakoresheje kubigereranya n’ibyo bakuye mu nkambi ya Bucca muri Iraq, aho Baghdadi yabaga.

Perezida Donald Trump aherutse kuvuga ko Baghdadi yapfuye ari kuboroga, ariko MacKenzie kuri uyu wa Kane yabwiye abanyamakuru ko atabizi neza niba koko yarapfuye arira.

MacKenzie yavuze ko babonye Baghdadi n’abana be babiri binjira mu mwobo bakambakamba, bagezemo barituritsa mu gihe abandi bambari be basigaye hanze y’umwobo barebera.

Yanavuze ko bishoboka ko Baghdadi yarashwe n’ingabo za Amerika ubwo yari muri uwo mwobo kuko ubwo yinjiraga bamurasagaho.

Nubwo mbere hari hatangajwe ko Baghdadi yapfanye n’abana be batatu, MacKenzie yavuze ko bari abana babiri bari munsi y’imyaka 12.

Baghdadi yishwe mu minsi mike Amerika ivanye ingabo zayo muri Syria. MacKenzie yavuze ko ingabo zishe umuyobozi wa ISIS zo zagumye muri icyo gihugu kandi ngo kuba barabanje kuvana ingabo zabo muri icyo gihugu mbere y’igitero, ntaho bihuriye kuko cyagabwe bamaze kubona amakuru yose afatika kuho Baghdadi yari aherereye.

Yavuze ko inyeshyamba z’Aba-Kurde zo muri Sryia zizwi nka Syrian Democratic Forces zabafashije muri icyo gitero kuko zabahaye amakuru y’ingenzi yabagejeje ku kwica Baghdadi.

MacKenzie yavuze ko ubwo bageraga aho Baghdadi yari aherereye, barashweho n’izindi nyeshyamba zibarizwa muri ako gace na bo bakazirasaho bakicamo iziri hagati ya 10 na 15. Izo nyeshyamba yavuze ko ntaho zihuriye na ISIS ahubwo ngo agace uwo muyobozi yiciwemo kabarizwamo inyeshyamba nyinshi.

Mbere yo guturitsa aho Baghdadi yabaga, Ingabo za Amerika zabanje gutwara inyandiko n’ibikoresho by’ikoranabuhanga zahasanze. MacKenzie yavuze ko baturikije aho hantu ngo hatazongera kuba ubwihisho bw’abagizi ba nabi nkuko CNN yabitangaje.

Urupfu rwa Baghdadi rwashyize iherezo ku myaka Amerika yari imaze imuhiga nk’umwe mu baterabwoba bakomeye ku Isi.

Ni we muntu ukomeye cyane ufatwa nk’umuterabwoba upfuye nyuma ya Osama Bin Laden wayoboraga Al Qaeda akaza kwicwa n’Ingabo za Amerika mu 2011.

Iyi shusho yafashwe ni imwe mu zerekana uburyo igitero cyahitanye Baghdadi cyagenze
Src: Igihe

2019-10-31
Ubwanditsi

IZINDI NKURU

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Meya w’umujyi wa Paris wo mu Bufaransa, Anne Hidalgo yasabye Polisi gukumira igitaramo cya Maître Gims

Ubwanditsi 26 Mar 2025
Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Uganda: Buri mudepite watoye yego ku ikurwaho ry’ingingo ya 102 mu Itegekonshinga yahawe umurinzi ufite imbunda

Ubwanditsi 04 Jan 2018
Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Ikipe ya Cameroon na Cape Verde zatangiye neza mu mikino y’igikombe cya Afurika kiri kuba ku ncuro ya 33

Ubwanditsi 10 Jan 2022
Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa

Nyagatare: Umugabo w’imyaka 33 yatawe muri yombi azira gutanga ruswa

Ubwanditsi 23 Feb 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba
ITOHOZA

Abanyamerika barenga 12.000 bohereje ubutumwa kuri Twitter basaba ko Perezida Trump yakwicwa muburyo bwa vuba

Ubwanditsi 09 Feb 2017
Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu
INKURU NYAMUKURU

Uko Uburundi bwinjije abarwanyi ba FDLR mu gisirikare kirinda umukuru w’igihugu

Ubwanditsi 26 Apr 2019
Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye
Mu Rwanda

Muri DRC hashyizweho undi Minisitiri w’Intebe utemewe na Opozisiyo yakabaye ahagarariye

Ubwanditsi 14 Apr 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

Polisi y’u Rwanda Irakangurira Abanyatubari kongera gusubira ku muco wo gufunga bakurikije amasaha yagenwe

05 Aug 2026
Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

Icukumbura ku bari inyuma yo guhuza Tshisekedi n’umuryango wa Juvenal Habyarimana

01 Aug 2026
Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

Ba Minisitiri u Rwanda rwahaye amahirwe bavuye mu nkambi za Tingi Tingi na Ngara

27 Jun 2026
AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

AMAFOTO- Abarimo Minisitiri wa Siporo, Nelly Mukazayire, uw’Ubuzima, Dr Sabin bari mu bantu barenga 4000 bitabiriye Kigali International Peace Marathon

13 Jun 2026
Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

Dusesengure CV ya Baker Byatsi uvugako yize Kaminuza igihe yari afunze

03 Jun 2026

Perezida Kagame yashimye PSG yegukanye UEFA Champions League ya 2025/26

31 May 2026
Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

Ibyaranze tariki ya 7 Mata 1994: Ubwicanyi bwakwiriye hirya no hino mu Rwanda, Abatutsi babarirwa mu bihumbi baricwa barimo n’Umugore wa Amb. Bazivamo

07 Apr 2026

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru