• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Abadiplomate ba Tshisekedi bakomeje gufatirwa muri magendu y’ibiyobyabwenge

Editorial 21 Jul 2025 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga, POLITIKI

Mu gihe Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (RDC) ikomeje guhura n’ibibazo bikomeye by’umutekano muke, ruswa n’ubukene bukabije, indi ngorane ikomeje kugaragara ni uko bamwe mu bayobozi b’inzego za leta, by’umwihariko abadipolomate ba Perezida Félix Tshisekedi, bakomeje gufatirwa mu bikorwa by’ubucuruzi bwa magendu y’ibiyobyabwenge.

Mu cyumweru gishize, ku mupaka wa Bulugariya na Turukiya, hafatiwe imodoka yanditseho plaque y’i Bubiligi, irimo ibiro 206 bya kokayine ifite agaciro ka miliyoni 20 z’amayero. Mu bayirimo harimo umudipolomate w’Umunya-Kongo, bivugwa ko afite ubudahangarwa mu butumwa yahawe na leta ya Tshisekedi. Ibi byatumye hibazwa ku ruhare rw’abategetsi bo hejuru mu micungire mibi y’inzego za dipolomasi, ndetse no mu bikorwa bihabanye n’amategeko.

Si ubwa mbere abakozi ba leta ya Kongo bashinjwa kwivanga muri magendu y’ibiyobyabwenge. Muri 2022, hari umudepite wo mu ishyaka rya UDPS riri ku butegetsi wavuzweho gucisha heroïne muri Repubulika ya Centrafrique akoresheje indege ya gisirikare.

Ibikorwa nk’ibi byagaragaje ukuntu ubudahangarwa butangwa ku bayobozi b’igihugu cya Kongo n’abadipolomate bacyo bikoreshwa nabi, bigatuma baba igikoresho cyoroshye mu kwinjiza no gusohora ibiyobyabwenge. Abasesenguzi bavuga ko ubu buryo bw’imikorere bufasha amatsinda y’abacuruza ibiyobyabwenge ku rwego mpuzamahanga kwifashisha RDC nk’inzira yizewe yo kugera i Burayi cyangwa mu bindi bihugu byateye imbere.

Abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwa Kinshasa bakomeje kunenga Perezida Tshisekedi ku buryo yirengagiza ibikorwa nk’ibi, aho aho kwirukana cyangwa gukurikirana abakekwaho ruswa n’ubucuruzi bw’ibiyobyabwenge, ahubwo ahora abazamura mu myanya y’ubuyobozi. Ibi binagaragaza imikorere y’ubutegetsi idahwitse kandi inatuma igihugu gikomeza gutakaza icyizere mu ruhando mpuzamahanga.

Uretse guteza isura mbi igihugu cya Kongo isanzwe izwi nabi, ibikorwa bya magendu y’ibiyobyabwenge binagira ingaruka ku mutekano w’akarere. Inzira zikoreshwa muri ibyo bikorwa zinyura mu bihugu by’abaturanyi bikaba byongera ibibazo by’umutekano n’ubucuruzi butemewe. Hari bamwe mu bayobozi b’imitwe yitwaje intwaro bahabwa amafaranga na Leta ya Tshisekedi avuye muri ubwo bucuruzi mu rwego rwo gukomeza intambara.

Mu gihe Perezida Tshisekedi yitegura kwiyamamariza indi manda, icyizere cy’abaturage ku buyobozi bwe gikomeje kuyoyoka bitewe n’ukuntu adafata ingamba zikomeye ku bayobozi be bivanga mu bikorwa by’ubucuruzi bwa magendu, cyane cyane ibiyobyabwenge. Ibimenyetso ni byinshi, ariko ibikorwa ni bike. Abaturage n’amahanga bategereje kureba niba iyi myitwarire izahinduka, cyangwa niba RDC izakomeza kuba isooko y’ubucuruzi butemewe.

2025-07-21
Editorial

IZINDI NKURU

Impamvu zigera kuri 5 zitumye Dr. Binagwaho  Agnes  yirukanwa igitaraganya muri Guverinoma

Impamvu zigera kuri 5 zitumye Dr. Binagwaho Agnes yirukanwa igitaraganya muri Guverinoma

Editorial 15 Jul 2016
INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

INTUMWA DR. PAUL GITWAZA ITI: “ABANYAFURIKA DUKENEYE GUHUMUKA TUKAVA MU GUSABIRIZA”

Editorial 26 Jul 2016
Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Ku bufatanye bwa FERWACY n’urwego rushinzwe intwari z’igihugu, imidali n’impeta by’ishimwe hateguwe isiganwa ryo kwizihiza umunsi w’intwali

Editorial 28 Jan 2022
Perezida Kagame yakiriwe na Putin w’u Burusiya (Amafoto)

Perezida Kagame yakiriwe na Putin w’u Burusiya (Amafoto)

Editorial 14 Jun 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore
POLITIKI

Inama y’amateka hagati ya Trump na Kim igiye kubera muri Singapore

Editorial 11 May 2018
Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara
Mu Mahanga

Imbogamizi ku kuvana muri Libya abimukira bakomeje gucuruzwa nk’abacakara

Editorial 04 Dec 2017
Faustin Twagiramungu arisabira kuba umuyobozi w’abajenosideri ba FDLR.
Amakuru

Faustin Twagiramungu arisabira kuba umuyobozi w’abajenosideri ba FDLR.

Editorial 26 Jan 2023

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru