• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR bari muri Congo, barica abantu, bateza umutekano muke, Gusenya uwo mutwe bireba Congo n’ u Rwanda natwe bikatureba   |   29 Jan 2026

  • ICYO WAMENYA KUBIYAMAMARIZA KUYOBORA FDU-INKINGI: UMUTWE W’INTERAHAMWE ZIHEBEYE KUBUNZA INGENGABITEKEREZO YA JENOSIDE   |   29 Jan 2026

  • Interahamwe mu burayi zishyize hamwe ngo zishyigikire Victoire Ingabire   |   15 Jan 2026

  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije

Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba basabwe kubungabunga ibidukikije

Editorial 14 Jun 2016 Mu Mahanga

Abafite ibirombe by’amabuye y’agaciro mu Ntara y’Iburasirazuba n’abashinzwe gukurikirana ibikorwa by’ubucukuzi bwayo basabwe kutangiza ibidukikije igihe bakora iyo mirimo no kwita ku mutekano w’abayikora.

Ibi babisabwe n’umuyobozi w’agashami gashinzwe kurwanya iyangizwa ry’ibidukikije n’ibyaha bibikomokaho muri Polisi y’u Rwanda, Superintendent of Police (SP) Modeste Mbabazi.

Yabibasabiye mu kiganiro yagiranye na bo mu cyumweru gishize mu karere ka Rwamagana aho bahuguriwe mu gihe cy’iminsi itanu ku buryo barengera ibidukikije mu bikorwa byabo byo gucukura amabuye y’agaciro.

Ayo mahugurwa yateguwe na Minisiteri y’umutungo kamere; Polisi y’u Rwanda ikaba yaratumiwe kugira ngo ihugure abo ba nyiri ibirombe n’ababafasha muri iyo mirimo ku ruhare rwabo mu kurengera ibidukikije.

SP Mbabazi yabaganirije ku ruhare rwa Polisi y’u Rwanda mu kubungabunga ibidukikije, akamaro ko kubibungabunga, ingaruka zo kubyangiza, uruhare rwabo mu kubirengera, n’ibihano bihabwa umuntu ubyangije.

Yababwiye ko mu ngamba Polisi y’u Rwanda yafashe mu rwego rwo gufatanya n’izindi nzego kurengera ibidukikije harimo ishyirwaho ry’aka gashami gashinzwe kurwanya iyangizwa ry’ibidukikije n’ibyaha bibikomokaho, gukangurira abaturarwanda kutabyangiza, no gukora imikwabo yo gufata ababyangije.

Yakomeje abwira abo ba nyiri ibirombe n’ababafasha muri iyo mirimo ko mu bikorwa byayo byo kurengera ibidukikije Polisi y’u Rwanda ifatanya n’abafatanyabikorwa bayo barimo Minisiteri y’umutungo kamere, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze, n’Ikigo cy’igihugu gishinzwe kurengera ibidukikije.

Ingingo ya 414 yo mu gitabo cy’amategeko ahana ibyaha mu Rwanda ivuga ko ibidukikije ari urusobe rw’ibintu bigizwe n’ibidukikije kamere n’ibiva ku bikorwa bya muntu. Birimo imiti y’ubutabire, urusobe rw’ibinyabuzima ndetse n’ibikorwa by’ubukungu n’imibereho y’abantu, ibirebana n’umuco, ubwiza, ndetse n’ubumenyi bishobora kugira ingaruka ziziguye cyangwa zitaziguye z’ako kanya cyangwa zitinda, ku majyambere y’ahantu, ku binyabuzima no ku bikorwa by’umuntu.

SP Mbabazi yababwiye ati,”Ibikorwa by’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro binyuranije n’amategeko byangiza ibidukikije, bigira ingaruka mbi ku buzima bw’abantu n’urusobe rw’ibinyabuzima, kandi bitera ibiza nk’inkangu, imyuzure, itemba ry’ubutaka, n’isuri.

Ingingo ya 415 ivuga ko umuntu wese cyangwa ishyirahamwe rifite ubuzima gatozi ridakora inyigo ku ngaruka ku bidukikije ibanziriza umushinga ushobora kugira ingaruka mbi ku bidukikije, ahanishwa guhagarikirwa ibikorwa no gufungirwa ikigo kandi bitabujije gutegekwa gusubiranya ibyangijwe.

Iyi ngingo ikomeza ivuga ko umuntu wese uhimba cyangwa uhindura inyandiko z’inyigo ku ngaruka ku bidukikije ahanwa kimwe n’uwakoze ibyaha bivugwa mu gika cya mbere cy’iyi ngingo.

Ingingo ya 416 yo muri icyo gitabo ivuga ko umuntu wese, mu buryo butubahiriza amategeko abigenga, utwika, utema cyangwa utemesha ibiti n’uwica inyamaswa mu mashyamba arinzwe, mu byanya birinzwe no muri Pariki z’Igihugu, ahanishwa igifungo kuva ku mezi atandatu (6) kugeza ku myaka ibiri (2) n’ihazabu y’amafaranga y’u Rwanda kuva ku bihumbi magana atatu (300.000) kugeza kuri miliyoni ebyiri (2.000.000) cyangwa kimwe gusa muri ibyo bihano.

SP Mbabazi yababwiye kandi ati,”Ntimugomba kwirara ngo mufite ibyangombwa byo gucukura amabuye y’agaciro, mukwiye guhora musuzuma ko ibikoresho mukoresha ari bizima, kandi mugafata izindi ngamba zo gukumira impanuka aho mukorera iyo mirimo.”

-2956.jpg
Polisi y’u Rwanda ikaba imaze gutera ibiti kuri hegitari zisaga 400 mu bice bitandukanye by’igihugu.

RNP

2016-06-14
Editorial

IZINDI NKURU

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Inzego z’Ubutabazi zo muri Indoneziya zakuye ibice by’imibiri, imyenda ndetse n’ibisigazwa by’ibyuma mu nyanja ya Java, nyuma y’umunsi umwe Boeing 737 ikoze impanuka muri iki gihugu

Editorial 10 Jan 2021
Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Abapolisi barahugurwa kurwanya icuruzwa ry’ibiyobyabwenge bivanwa mu bihugu bimwe bijyanwa ahandi

Editorial 11 Oct 2016
Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Ese gusenyera MINEAC muri MINICOM bifite ishingiro?

Editorial 06 Oct 2016
Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Iyo ubujenosideri n’ubujura bihuriye mu muntu aba Inyangabirama

Editorial 06 Oct 2022

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.
Amakuru

Amaherezo y’inzira ni mu nzu: Umujenosideri Col. Cyprien Kayumba agiye gushyikirizwa inkiko mu Bufaransa.

Editorial 05 Sep 2024
Uko Uganda yayoboye batayo idasanzwe yasubije Perezida Nkurunzi i Burundi yakorewe coup d’etat.
INKURU NYAMUKURU

Uko Uganda yayoboye batayo idasanzwe yasubije Perezida Nkurunzi i Burundi yakorewe coup d’etat.

Editorial 21 Aug 2018
Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika  [ Yavuguruwe ]
UBUKUNGU

Dubai: Perezida Kagame yitabiriye inama yiga ku ishoramari muri Afurika [ Yavuguruwe ]

Editorial 03 Nov 2017

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru