• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Mu Mahanga»Abagenerwabikorwa ba Imbuto Foundation bakanguriwe kurangwa n’ikinyabupfura

Abagenerwabikorwa ba Imbuto Foundation bakanguriwe kurangwa n’ikinyabupfura

Editorial 29 Nov 2016 Mu Mahanga

Abana bafashwa n’ Umuryango Imbuto Foundation basabwe kurangwa n’imyitwarire myiza, ari yo nkingi izabafasha kugera ku byo igihugu kibifuzaho.

Babisabwe na Munyakazi Isac umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye muri Mineduc, kuwa mbere tariki 28 Ugushyingo 2016.

Hari mu muhango wo gutangiza ihuriro rya munani ry’abana 458 riri kubera mu Karere ka Huye, mu Rwunge rw’amashuri rwa Butare.

Muri uyu muhango Munyakazi yashimiye Madame Jeannette Kagame washinze umuryango Imbuto Foundation akaba anawubereye umuyobozi w’ikirenga.

-4871.jpg

Madame Jeannette Kagame

Yibukije uru rubyiruko ko Madame Jeannette Kagame yafashije abana b’abahanga mu ishuri kubona uko biga mu mashuri meza, mu gihe imiryango yabo itari ibishoboye.
Yaboneyeho kurusaba kubyaza umusaruro aya mahirwe bagize bakiga bashyizeho umwete, kandi bakibuka ko ikinyabupfura ariwo musingi wo kugera ku byo igihugu kibifuzaho.

Ati” Umunyeshuri n’aho yatsinda ariko adafite uburere bwiza, usanga n’ibyo igihugu cyamushoyeho bipfuye ubusa”.

Bamwe mu bana bari muri iri huriro bavuga ko bahigira byinshi bitandukanye n’ibyo baba bize mu mashuri, kandi bakemeza ko bibafasha mu mibereho yabo ya buri munsi.

Diane Mujawayezu avuga ko kuva aho atangiriye kwitabira aya mahuriro, yigiyemo kwitinyuka yumva ko ashoboye, ndetse ngo yanahamenyeye uburyo ashobora kuzigama mu bushobozi buke ababyeyi baba bamuboneye.

Ati” Mbere nabonaga amafaranga nkayapfusha ubusa, agashira ntacyo amariye. Ariko batwigishije kuzigama ntangira ubwo none ubu nifungurije konti yanjye kandi nyibitsaho amafaranga make make bitewe n’ayo nabonye”.

-4868.jpg

Umuyobozi mukuru w’agateganyo wa Imbuto Foundation Umutoni Sandrine

Umuyobozi mukuru w’agateganyo wa Imbuto Foundation Umutoni Sandrine avuga ko aya mahuriro afasha abana bafashwa na Imbuto Foundation guhurira hamwe bakamenyana.

Ati” Aya mahuriro afasha abana guhurira hamwe bakaganira, bakaniga amwe mu masomo baba batize mu mashuri bigamo”.

Mu myaka 10 umuryango Imbuto Foundation umaze ufasha abana mu mashuri yisumbuye, umaze gufasha abana barenga 6000,uyu mwaka wa 2016 gusa ukaba warafashije abana 800.

-4870.jpg

-4867.jpg

-4866.jpg

Bamwe mu bana bari muri ihuriro rya munani bari kumwe n’abayobozi banyuranye

2016-11-29
Editorial

IZINDI NKURU

Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe

Abapolisikazi baguye mu butumwa bw’amahoro muri Haiti barashyinguwe

Editorial 03 Feb 2016
Dosiye ya Nyiragasazi  yamubyariye amazi nk’ibisusa

Dosiye ya Nyiragasazi yamubyariye amazi nk’ibisusa

Editorial 15 Apr 2016
Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Imyumvire ipfuye : Lantos Foundation yibwira ko umubano hagati y’ u Rwanda, Ubwongereza na Amerika ushingiye ku ifungwa cyangwa ifungurwa rya Paul Rusesabagina

Editorial 13 Sep 2021
CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

CNLG iramagana Leta y’u Burundi ikomeje gupfobya Jenoside

Editorial 26 Aug 2016

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Uganda : Imvuru zadukiriye  Umujyi  wa Kasese
ITOHOZA

Uganda : Imvuru zadukiriye Umujyi wa Kasese

Editorial 28 Nov 2016
Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu   bagicibwa imitwe
Mu Mahanga

Minisiteri y’umutekano ikwiye gusobanura ukuntu Abacitse ku icumu bagicibwa imitwe

Editorial 18 Jun 2016
Bruno Mars na Kendrick Lamar_bongeye kwegukana ibihembo byinshi kurusha abandi muri Grammy Award 2018
SHOWBIZ

Bruno Mars na Kendrick Lamar_bongeye kwegukana ibihembo byinshi kurusha abandi muri Grammy Award 2018

Editorial 30 Jan 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru