• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baridegembya muri Uganda

Abagize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi baridegembya muri Uganda

Editorial 19 Nov 2018 INKURU NYAMUKURU

Amakuru yizewe aragaragaza amazina y’Abanyarwanda bakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ariko bakaba bacyidegembya mu turere dutandukanye two mu gihugu cya Uganda nta nkomyi.

Muri aba Banyarwanda nk’uko ikinyamakuru Watchman kibitangaza harimo  Jean Baptiste Bizimungu na  Augustin Rwiririza, bombi bahoze ari abayobozi mu nzego  z’ibanze mu Rwanda mu gihe jenoside yabaga. Bivugwako bagize uruhare mu gukangurira abaturage gukora ubwicanyi.

Uyu Bizimungu yari Konsiye wa Segiteri Rwankuba muri Komini Murambi ndetse akaba yarakoranaga bya hafi na Burugumesitiri w’iyi Komini , Jean Baptiste Gatete kuri ubu wakatiwe n’urukiko rwa Arusha nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya jenoside.

Mugenzi we Rwiririza  yari konsiye muri Segiteri Ndatemwa muri Komini Murambi na we akaba yarakanguriye abaturage kwijandika mu bwicanyi. Aba bombi batuye mu Karere ka Isingiro baratunze baratunganirwa.

Mu bandi bivugwa ko batuye muri Uganda harimo  Bizimana Bernard, wari Burugumesitiri wa Komini Musange mu Ntara ya Gikongoro ( Nyamagabe). Uyu yigeze gutabwa muri yombi mu minsi ishize nyuma aza kurekurwa.

Undi ni Matemane Faustin wahoze ayobora Komini Kidaho (Burera) kuri ubu utuye Kisoro hafi n’u Rwanda.

Polisi ya Uganda kandi mu minsi ishize yataye muri yombi Kanamugire Callixte  uzwi nka  Supa nyuma iza kumurekura. Uyu atuye mu Mujyi wa Kampala  ahitwa Nsambya.

Undi ni Hakizimana Bonaventure ukomoka mu Karere ka Rwamagana. Yatorotse Gereza ya Nsinda nyuma y’aho yari yarakatiwe gufungwa burundu kubera ibyaha bya jenoside byamuhamye. Ubu yibera  Sangano-Nyakivara  aho akorera ubucuruzi.

Mu bandi bakekwaho kugira uruhare muri jenoside yakorewe Abatutsi baba muri Uganda harimo  Epimaque Twahirwa uzwi nka John Musana wahoze ari umuyobozi mu nzego z’ibanze muri Komini Murambi. Kuri ubu ni Umuyobozi mu nzego z’ibanze muri Uganda muri Nakivale.

N’ubwo aba bose bakekwa bataratabwa muri yombi na Uganda, u Rwanda   kuwa  18 Kamena 2016, rwashyikirije Uganda urutonde rw’abantu 137 ruriho n’ibyo bashinjwa.

Mu kugira icyo ikora, Uganda yataye muri yombi abantu batatu ndetse nyuma bararekurwa. Amategeko mpuzamahanga avuga ko abantu bakekwaho ibyaha boherezwa aho babikoreye bakaburanishwa cyangwa se bakaburanishirizwa mu bihugu barimo.

Ni nyuma y’aho ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda butangaje ko abantu benshi bakekwaho jenoside yakorewe Abatutsi bagera ku 1000 baba mu bihugu byo muri Afurika y’Iburasirazuba.

2018-11-19
Editorial

IZINDI NKURU

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Wazalendo yarahiye ko nta mututsi ukwiye gutura muri Uvira

Editorial 22 Sep 2025
Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Uganda ikomeje ibikorwa byo gutera inkunga RNC mu mugambi wayo wo gutera u Rwanda

Editorial 04 Mar 2021
Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda

Leta y’UBurundi iravugwaho kugira gereza zitazwi hafi y’umupaka w’URwanda

Editorial 28 Jun 2019
Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara :  Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.

Itorero Agape ryo mu Karere ka Mbarara : Rishakirwamo abantu bo kwinjiza mu mutwe wa gisirikare wa RNC ari nako hakorerwa za poropaganda.

Editorial 10 Jan 2018

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.
Mu Rwanda

Wari Uzi Ihuriro mpuzamahanga ry’Igiswahili -CHAUKIDU.

Editorial 22 Dec 2016
Amafoto: Musanze FC yakoze imyitozo ya mbere yibanze yo kongerera abakinnyi imbaraga, Seninga uyitoza avuga ko bafite akazi gakomeye we n’abasore be.
Amakuru

Amafoto: Musanze FC yakoze imyitozo ya mbere yibanze yo kongerera abakinnyi imbaraga, Seninga uyitoza avuga ko bafite akazi gakomeye we n’abasore be.

Editorial 20 Apr 2021
Umubiri wa Koffi Annan wakiranywe icyubahiro kigenerwa intwari muri Ghana
HIRYA NO HINO

Umubiri wa Koffi Annan wakiranywe icyubahiro kigenerwa intwari muri Ghana

Editorial 11 Sep 2018

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru