• Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
  • Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Shema Ngoga Fabrice uyobora FERWAFA, yashyizwe mu kanama ka FIFA gashinzwe kurwanya irondaruhu n’ivangura   |   08 Oct 2025

  • Nyuma y’imyaka 8 akinira APR WVC, Dusabe Flavia yerekeje muri Police Women Volleyball Club   |   05 Oct 2025

  • Imanishimwe Emmanuel “Mangwende” ukinira AEL Limasol muri Cyprus yongewe mu bakinnyi b’Amavubi bitegura Benin na SouthAfrica   |   04 Oct 2025

  • Police FC yatsinze Rayon Sports mu mukino w’ikirarane, Gikundiro yuzuza imikino 3 idatsinda   |   02 Oct 2025

  • REG BBC na Tigers BBC zageze ku mukino wa nyuma wa Rwanda Cup zisezereye APR BBC na Kepler BBC   |   02 Oct 2025

  • FERWAFA yatangaje urutonde rw’abaninnyi b’Amavubi bitegura gukina na Benin na Afurika y’Epfo hashakwa itike y’igikombe cy’Isi 2026   |   01 Oct 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Abahakanyi ba Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda bakomeje kugororerwa I Burundi

Editorial 07 Aug 2020 INKURU NYAMUKURU

Tariki ya 24 Kanama 2016, Umujyanama wihariye w’Umuryango w’Abibumbye mu gukumira ibyaha bya Jenoside, Adama Dieng, yasohoye itangazo ryamagana amagambo y’abayobozi b’u Burundi ndetse na CNDD FDD yagaragazaga guhakana Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda. Ni nyuma y’amatangazo yacicikanaga umunsi ku munsi ashyizweho umukono na Nyabenda Pascal wari umukuru wa CNDD FDD akaba n’Umukuru w’inteko y’abadepite mu Burundi, cyane cyane mu itangazo ryasohotse tariki ya 16 Kanama 2016 ko Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda ari ibihimbano byakozwe n’Umuryango Mpuzamahanga kugirango bukureho ubutegetsi bwa MRND.

Tariki ya 28 Ukwakira 2017, Uwari uhagarariye u Burundi muri LONI ubu akaba ari Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Burundi yasubiyemo ayo magambo avugako Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda itabayeho “Presume Genocide”. Ikigaragara nuko abahakana Jenoside mu Burundi bagororerwa. Pascal Nyabenda we yari ku rwego rwo kuba umukuru w’igihugu, naho Shingiro agororerwa kuba Minisitiri w’ububanyi n’amahanga none na Gélase Ndabirabe uzwiho amagambo ahakana Jenoside yakorewe Abatutsi niwe watorewe kuyobora Inteko ishinga amategeko.

Tubibutse ko u Burundi bucumbikiye bamwe mu bayobozi ba FDLR basize bahekuye u Rwanda ndetse bakaba barinjijwe mu nzego z’umutekano wicyo gihugu. Ikindi mu gihe cya Jenoside yakorewe Abatutsi u Rwanda rwari rucumbikiye impunzi nyinshi z’Abarundi zageze mu Rwanda muri 1972 ndetse na 1993 zikaba zarakoreshejwe mu kwica Abatutsi ku buryo bw’ubugome bw’indengakamere. Aha twavuga nko mu Mayaga ya Ntongwe, U Bugesera ndetse na Ngoma. By’umwihariko impunzi z’Abarundi zari mu Mutara muri Ngarama zafatanyije n’interahamwe gutsemba Abatutsi ubwo zahungaga kuva Kiziguro, Karubamba. Mukarange, Kabarondo zisozereza umugambi wazo Nyarubuye mbere yo guhungira muri Tanzaniya none zikaba zaratashye I Burundi nta nkomyi.

Leta ya CNDD FDD yirirwa ivuga ko itabangamira abaturanyi, nyamara baha inzira abaza guteza umutekano muke mu Rwanda mu turere twa Nyamagabe na Nyaruguru duhana imbibi n’iki gihugu. Mu ruzinduko amaze iminsi agirira mu ntara zitandukanye zo mu gihugu cy’u Burundi, Perezida mushya wicyo gihugu General Evariste Ndayishimiye yagaragaje ko hakiri urugendo rurerure mu kuzahura umubano n’u Rwanda mu mvugo ye yuzuyemo gushinja ibinyoma u Rwanda ko rwafashe bugwate impunzi z’abarundi zimaze imyaka isaga itandatu mu Rwanda.

Mu ntara ya Kirundo iri mu majyaruguru y’igihugu cy’uburundi niho Jenerali Ndayishimiye yavugiye amagambo aca amarenga ko ntacyahindutse ku mubano w’ibihugu byombi utifashe neza kuva hatangira indyane za politiki mu gihugu cy’u Burundi aho uwari Perezida Petero Nkurunziza witabye Imana mu minsi ishize yafashe umwanzuro wo kwiyamamariza manda ya gatatu ibintu byateje imvururu mu gihugu, Abarundi bagahungira mu Rwanda.

Mu gihe gisaga ukwezi amaze ku butegetsi benshi bari biteze impinduka mu mibanire y’ibihugu byombi mu bisanzwe byakagombye kubana neza kuko hari byinshi bisangiye, mu mbwirwaruhame yagejeje ku baturage bo mu Kirundo yavuze amagambo ashotora u Rwanda aho yarugeraranije n’indyarya avuga ko rwafashe bugwate impunzi ziri mu nkambi zitandukanye mu Rwanda nko muri Mahama kandi bizwi ko u Rwanda nta mpunzi rubuza gutahuka iwabo mu gihe zizejwe umutekano cyangwa se niba icyo bahunze cyararangiye nkuko amasezerano ya Geneve abivuga, bityo rero igihugu kigendera ku mategeko nk’u Rwanda nticyapfa guhubuka kugeza igihe icyo abo bantu bahunze kizakemuka burundu aho kugirango bizabazwe u Rwanda nyuma. Tuributsa Ndayishimiye ko umubare munini w’impunzi z’Abarundi zitari mu Rwanda ahubwo ziri muri Tanzaniya nizindi nyinshi ziri muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Kongo.

Hari kandi n’ibindi bimenyetso byagaragajwe mu nkiko mu Rwanda bya bamwe mu bafatiwe mu mashyamba ya Kongo bari mu mutwe wa P5 wa Kayumba Nyamwasa ukuriye umutwe w’iterabwoba wa RNC bavuze ubufasha bahawe na leta y’u Burundi kugirango bahungabanye umutekano w’u Rwanda, aho twavuga nka Maj (Rtd) Mudathiru ndetse n’abandi bari mu itsinda rye bafatiwe muri Kongo! Ibi kandi byagarutsweho na raporo ry’itsinda ry’impuguke za LONI ko umutwe wa P5/RNC ufite ibikorwa bya gisirikari mu burasirazuba bwa Kongo unyuza abarwanyi n’intwaro mu Burundi ndetse hakaba hari izo bahawe nicyo gihugu.
U Burundi bureke kuba nka wa mwana murizi udatorwa urutozi, aho buteza umutekano muke mu Rwanda hanyuma bukavuga ko aribwo bubangamiwe n’u Rwanda.

2020-08-07
Editorial

IZINDI NKURU

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Editorial 09 Sep 2025
Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza

Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza

Editorial 23 Jul 2020
Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Editorial 30 Dec 2019
Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera,  Kandiho wa CMI ntarimo !

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera, Kandiho wa CMI ntarimo !

Editorial 08 Feb 2019
Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Editorial 09 Sep 2025
Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza

Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza

Editorial 23 Jul 2020
Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Menya Angelina Mukandutiye, Interahamwe yagendanaga imbunda mu gihe cya Jenoside, akaba yarasigaye ari ingabo ya Twagiramungu na Rusesabagina

Editorial 30 Dec 2019
Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera,  Kandiho wa CMI ntarimo !

Mu basilikare 65, Museveni yazamuye mu ntera, Kandiho wa CMI ntarimo !

Editorial 08 Feb 2019
Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Gatebuke Claude n’Ibinyoma ku Mateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi agamije kuyihakana

Editorial 09 Sep 2025
Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza

Maj (Rtd) Habib Mudathiru aracyatakambira ubutabera asaba imbabazi agasobanura uko yashutswe na Kayumba Nyamwasa amwizeza ibitangaza

Editorial 23 Jul 2020
prev
next

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kuki hari ibigo bya Leta bikorera ahantu hatorohereza Abafite Ubumunga
Mu Rwanda

Kuki hari ibigo bya Leta bikorera ahantu hatorohereza Abafite Ubumunga

Editorial 27 Jun 2018
Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba
Mu Mahanga

Minisitiri Busingye yatashye ku mugaragaro icyicaro cya Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba

Editorial 14 Oct 2016
Umuhanzi Danny Vumbi yakebuye abanyamashyari ndetse n’ababiba urwango muri bagenzi babo.
Amakuru

Umuhanzi Danny Vumbi yakebuye abanyamashyari ndetse n’ababiba urwango muri bagenzi babo.

Editorial 31 May 2021

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru