• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • FDLR n’Indi Mitwe ishyigikiwe na Kongo bakomeje Kwica no kumenesha Abakongomani mu mirwano yongeye kubura   |   04 Dec 2025

  • Mukunzi Yannick yasezeye ku ikipe ya Sandvikens IF you muri Sweden yari amaze imyaka itandatu ayikinira   |   03 Dec 2025

  • AMAFOTO: Twagirayezu Thadée wayoboraga Rayon Sports yakoze ihererekanyabubasha na Murenzi Abdallah   |   02 Dec 2025

  • Dr. Usta Kayitesi yasimbuye Gen (Rtd) Kabarebe muri Minaffet, Imyanzuro y’inama y’Abaminisitiri   |   01 Dec 2025

  • Abakinnyi 80 baturutse mu bihugu 16 byo hirya no hino ku Isi nibo bitabira isiganwa ry’Amagare yo mu rizwi nka Rwandan Epic   |   30 Nov 2025

  • APR FC yakiriye abakinnyi bayo 3 batari bahari barimo Mamadou Sy wari i Doha   |   28 Nov 2025

 
You are at :Home»Amakuru»Abajenosideri bo muri FDLR bari mu basahuye bakanatwika ibikoresho bya MONUSCO i Goma muri Kongo

Abajenosideri bo muri FDLR bari mu basahuye bakanatwika ibikoresho bya MONUSCO i Goma muri Kongo

Editorial 26 Jul 2022 Amakuru, INKURU NYAMUKURU, Mu Mahanga

Kuri uyu wa mbere, tariki 25 Nyakanga 2022, abaturage b’ i Goma muri Kivu y’Amajyaruguru, biroshye mu biro n’ububiko by’ingabo za Loni ziri muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo, MONUSCO, basahura ibikoresho byinshi, ibindi barabitwika.

Imiryango itari iya Leta ikorera aho i Goma,iravuga ko imodoka nyinshi kandi zihenze zahawe inkongi y’umuriro, icumbi ry’umwe mu bayobozi ba Monusco riratwikwa, n’ibindi bifite agaciro katarashyirwa ahagaragara. Mu bikoresho byasahuwe ngo harimo ibiribwa, ibikoresho byo mu biro nk’intebe n’ameza, mudasobwa, televiziyo n’ibindi binshi.

Abo bagizi ba nabi bahimbye imyigaragambyo ngo yo gusaba ko Monusco ibavira mu gihugu, nyamara ari amayeri yo kubona uko bisahurira.

Amakuru atangwa n’abiboneye ibyabaye aravuga ko muri ibyo bikorwa by’urugomo hanagaragayemo Abanyarwanda bo muri wa mutwe w’iterabwoba wa FDLR, dore ko abaturage b’ i Goma no mu nkengero zaho basanzwe babazi neza, ku buryo batabibeshyaho.

Igitangaje ni uko ubwo bugizi bwa nabi bwabaga abashinzwe umutekano barebera, bigaragara ko Leta ishyigikiye ibikorwa byo kwibasira Monusco, dore ko na Perezida wa Sena ya Kongo, Bahati Lukwebo, yari aherutse gushishikariza abaturage kwamagana Monusco, ngo kuko yananiwe kurangiza inshingano zo kubahiriza amahoro muri icyo gihugu.

Uyu mwuka mubi hagati ya Monusco, Leta ya Kongo na FDLR ariko urasa n’utunguranye, dore ko ubusanzwe ari incuti z’akadasohoka. Urugero ni uko Monusco na FDLR biri kumwe ku rugamba n’igisirikari cya Kongo, FARDC, mu kurwanya umutwe wa M23.

Ikindi kigaragaza ubucuti izo mpande uko ari eshatu zari zifitanye, ni uko yaba Monusco, yaba na Leta ya Kongo, nta gihe bitasabwe kwambura intwaro abo bajenoside ba FDLR bakoherezwa mu Rwanda, aho guhashya abo bicanyi bagakomeza gukingirwa ikibaba, ndetse bikanavugwa ko Monusco na FARDC bigurisha intwaro muri FDLR.

Abasesenguzi basanga kwikoma Monusco byaba biterwa n’uko yanze gushyigikira ubutegetsi bwa Perezida Félix Tshisekedi mu binyoma bishinja uRwanda gufasha uwo mutwe wa M23. Umuyobozi wa Monusco Bintou Kéita yabwiye kenshi itangazamakuru ko nta kimenyetso na kimwe cyerekana ubufasha uRwanda rwaba rugenera M23.

Nyuma y’ibyabaye ejo i Goma, bishobora no kuzakomeza, abakurikiranira hafi ibyo muri Kongo bateye urwenya ku mbuga nkoranyambaga, bati: ”Buriya umuvugizi wa Guverinoma ya Kongo Patrck Muyaya, umunyapolitiki Martin Fayulu, ba Dr Denis Mukwege, n’abandi badaterwa isoni no gusuka ibigambo bitagira epfo na ruguru, barahita bashinja u Rwanda kuba ruri inyuma y’ amarorerwa yakorewe Monusco.”

Ariko se koko, Abanyekongo ni injiji kugeza aho bumva se ibyo bakora bitabonwa n’isi yose? Bumva se kwegeka amafuti yabo ku bandi bizamara igihe kingana iki?

Amahirwe rukumbi bafite ni uko igisebo kitica nyine!

2022-07-26
Editorial

IZINDI NKURU

Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Nyuma y’imyaka 28 idatwara Copa America, ikipe y’igihugu ya Argentine yegukanye iki gikombe itsinze Brazil ku mukino wa nyuma

Editorial 11 Jul 2021
Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Andi makuru twamenye ku iyegura rya Jean Paul Turayishimye, urukundo rw’ibanga na Tabita Gwiza mushiki wa Rutabana

Editorial 28 Oct 2019
France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

France: Ubushinjacyaha Bwasabiye Umunyarwanda Claude Muhayimana Igifungo Cy’imyaka 15

Editorial 15 Dec 2021
Angola:  Inama hagati ya Museveni na Perezida Kagame yanzuye ko inama itaha izabera kumupaka wa Gatuna

Angola: Inama hagati ya Museveni na Perezida Kagame yanzuye ko inama itaha izabera kumupaka wa Gatuna

Editorial 02 Feb 2020

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu
Mu Mahanga

Icyumweru cyahariwe ibikorwa bya Polisi cyakomeje hibandwa ku icuruzwa ry’abantu

Editorial 14 Jun 2016
Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda
Mu Mahanga

Himbara yanenzwe bikomeye nyuma yo kwibasira abadepite b’abagore mu Rwanda

Editorial 03 Oct 2017
U Rwanda na RD-Congo basinyanye amasezerano yo gutwara abantu n’ibintu mu kirere hagati y’ibihugu byombi
INKURU NYAMUKURU

U Rwanda na RD-Congo basinyanye amasezerano yo gutwara abantu n’ibintu mu kirere hagati y’ibihugu byombi

Editorial 21 Mar 2019

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru