• Ahabanza
  • Abo Turibo
  • Twandikire

RUSHYASHYA

Kandaho
  • Home
  • AMAKURU
    • Mu Rwanda
    • Mu Mahanga
  • POLITIKI
  • ITOHOZA
  • UBUKUNGU
  • IKORANABUHANGA
  • IMIKINO
  • SHOWBIZ
  • HIRYA NO HINO
  • MULTIMEDIA
    • Videwo
Inkuru zigezweho
  • Ekenge si we kibazo nyamukuru, ikibazo ni urwango rwigishwa abakongomani rwo kwanga Abatutsi rukorwa n’ubutegetsi bwa Tshisekedi   |   29 Dec 2025

  • U Burundi: Jenerali Alain Guillaume Bunyoni akomeje kuremba, yimurirwa mu bitaro bya Kira i Bujumbura mu ibanga rikomeye   |   28 Dec 2025

  • Perezida Kagame yashimye Perezida wa FIFA, Gianni Infantino, wahisemo kwizihiriza Noheli mu Rwanda, mu buryo budasanzwe   |   26 Dec 2025

  • FERWACY yatangaje inzira za Tour du Rwanda 2026, Rubavu yakira isiganwa iminsi itatu, Nyamirambo iragaruka   |   22 Dec 2025

  • ABASIRIKARE B’ABARUNDI BAKOMEREKERA MURI KONGO, IGISHORO N’UBUTUNZI KURI PRIME NIYONGABO   |   16 Dec 2025

  • FDLR ikomeje kwica abaturage muri Walikale mu gihe Leta ya Congo ivuga ko itakiri ikibazo   |   16 Dec 2025

 
You are at :Home»INKURU NYAMUKURU»Abakandida 500 bazahatanira imyanya 80 y’inteko ishinga amategeko bemejwe

Abakandida 500 bazahatanira imyanya 80 y’inteko ishinga amategeko bemejwe

Editorial 31 Jul 2018 INKURU NYAMUKURU

Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yatangaje urutonde rw’agateganyo rw’abakandida 500 bahagarariye imitwe ya politiki n’abigenga, bazahatanira imyanya mu Nteko ishinga amategeko.

60% by’abagize uru rutonde ni abagore ariko abakandida bigenga barugaragaraho bemerewe kuziyamamaza ni babiri gusa.

Kalisa Mbanda umuyobozi mukuru wa NEC yavuze ko urutonde bari bafite rwari ruriho abakandida 537 ariko 37 baza kunanirwa kuzuza ibisabwa n’iyi komisiyo.

NEC yari yakiriye abakandida bigenga batanu ariko babiri ari bo Phillip Mpayimana wigeze kwiyamamariza ku mwanya wa Perezida na Elissam Salim Ntibanyendera nibo bemerewe gusa.

Abandi batatu ari bo Theodore Ntakaburimvano, Ally Husseine Sebagenzi na Janvier Nsengiyumva bashyizwe ku rutonde rw’agateganyo mu gihe bacyuzuza ibisabwa.

Amashyaka atanu ni yo yatanze abakandida muri Komisiyo y’Amatora, muri yo harimo atavuga rumwe na Leta ari yo Democratic Green Party of Rwanda (DGPR) na PS Imberakuri. Aya mashyaka kandi ni bwo bwa mbere yari atanze abakandida mu matora y’abadepite.

Andi mashyaka atatu ni Liberal Party (PL) na Rwanda Patriotic Front (RPF), hakiyongeraho itsinda ry’amashyaka yiyunze kuri FPR.

PNG - 915 kb
Depte Rusiha Gaston azongera yiyamamaze mu guhagararira abafite ubumuga

Mu bakandida 80 ba PL, 79 ni bo bemerewe na komisiyo naho muri 80 batanzwe na FPR 78 muri bo ni bo bemerewe kuziyamamaza.

PSD yatanze abakandida 65 ariko 64 ni bo bonyine bemerewe. PS Imberakuri yari yatanze 54 ariko hemererwa 31 naho Green Party yemererwa 30 muri 34 yari yashyikirije komisiyo, nk’uko Mbanda yabitangaje.

Yagize ati “Abatarashyizwe ku rutonde rw’agateganyo rw’amashyaka ya politiki bazamenyeshwa ibyo batujuje n’impamvu bangiwe. Muri rusange ntitwabashyize ku rutonde kuko ubusabe bwabo hari ibyo butari bwujuje ariko mu minsi itanu mbere y’uko dutangaza urutonde ntakuka tuzaba tucyakira ibyo byaburagamo.”

Ku myanya idasanzwe y’urubyiruko, abakandida 27 nibo bemerewe muri 32 bari basabye, ababana n’ubumuga 10 bari basabwe bose bemerewe kuziyamamaza mu gihe abakandida 177 muri 179 bahagarariye abagore ari bo bemerewe kuziyamamaza.

Urutonde ntakuka ruzatangazwa tariki 6 Kanama 2018, amatora akazaba tariki 2 na tariki 3 Nzeri 2018.

2018-07-31
Editorial

IZINDI NKURU

Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Intsinzi: Areruya Joseph yegukanye Tour du Rwanda ya 2017 [ yavuguruwe ]

Editorial 19 Nov 2017
Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka

Ebola: Uganda yivuguruje ku bihuha yari yatangaje ku Rwanda, nubundi yabikoze nkana ibizi kandi ibishaka

Editorial 20 Jul 2019
Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro

Abasirikare 270 b’u Rwanda berekeje muri Sudani y’Amajyepfo kubungabunga amahoro

Editorial 11 Feb 2018
Menya Amazina y’Abanyapolitike icyenda barwanyije Jenoside yongewe mu rwibutso rwa Rebero

Menya Amazina y’Abanyapolitike icyenda barwanyije Jenoside yongewe mu rwibutso rwa Rebero

Editorial 14 Apr 2024

Leave a Reply Cancel reply

Your email address will not be published. Required fields are marked *

IZO TWAGUHITIYEMO

Kayumba Rugema wakunze kumvikana atuka abayobozi b’u Rwanda, asanga icyitwa “opozisiyo” ari ubuhungiro bw’abicanyi n’abandi banyabyaha.
Amakuru

Kayumba Rugema wakunze kumvikana atuka abayobozi b’u Rwanda, asanga icyitwa “opozisiyo” ari ubuhungiro bw’abicanyi n’abandi banyabyaha.

Editorial 14 Nov 2020
BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw
UBUKUNGU

BK yatangiye urugendo ruyiganisha ku isoko rya Kenya igiye kugurisha imigabane ya miliyari 60Frw

Editorial 20 Oct 2018
Muhanga: Afungiwe kwiyita umupolisi akambura abantu
Mu Mahanga

Muhanga: Afungiwe kwiyita umupolisi akambura abantu

Editorial 27 Jun 2016

AKA RUSHYASHYA

KWAMAMAZA

HIRYA NO HINO

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

Mu marira avanze n’ibyishimo, Umufaransa Ousmane Dembele ukinira PSG yatwaye Ballon D’Or 2025

22 Sep 2025
Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

Tariki ya 1 Ukwakira: Umunsi wahinduye amateka y’Abanyarwanda “Beatrice Uwera”

01 Oct 2024
Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

Harya ngo “Abanyarwanda bishimye ku gahato”? Igikundiro nticyingingwa Mureke kuba Indashima

28 Jun 2024
Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

Kapiteni w’Amavubi Bizimana Djihad n’ikipe ye ya Kryvbas Kryvi Rih FC yo muri Ukraine babonye itike yo gukina Europa League

16 May 2024
Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

Ni iki cyiza cyava kuri Jean Paul Turayishimye wanywanye na bene Bagosora? 

11 Apr 2024
Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

Amafoto – Ivory Coast yatsinze Nigeria 2-1 yegukana igikombe cy’Afurika 2023

12 Feb 2024
Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

Ibiganiro Leta ya Kongo-Kinshasa nikomeza kubigarama izota umuriro wa M 23 kandi uduce twa Kivu twihaze k’umutekano

20 Nov 2023

KWAMAMAZA

Kandaho

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

KWAMAMAZA

Rushyashya
Rushyashya ni Ikinyamakuru cya Sosiyete Ebenezer Media Group ltd, cyatangiye gukora mu mwaka w'2000. Kugeza ubu dukorera ku imigabane yose y'isi.

CONTACTS


P.O Box: 4305 Kigali-Rwanda
Call: +250 788 429 205
Whatsapp:+250 781 632 040
Emails: info@rushyashya.net , rushyashyanewsofficial@gmail.com

- Abo Turibo
- Twandikire
- Kwamamaza

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

DUKURIKIRE

© Copyright 2019, All Rights Reserved
Rushyashya - Amakuru